Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
4
Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mastercard Foundation urishimira ko gahunda yawo yo gutanga buruse imaze imyaka 10, yafashije ururyiruko rukabakaba ibihumbi 40 byumwihariko rwo ku Mugabane wa Afurika, ukaba ufite intego yo gukuba kabiri uyu mubare ku buryo muri 2030 bazaba bamaze kugera mu bihumbi 100.

Kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022, gahunda yo gutanga buruse ya Mastercard Foundation izwi nka ‘Mastercard Foundation Scholars Program’, yujuje imyaka 10.

Ubwo watangizwaga muri 2012, uyu mushinga watangiranye Miliyoni 500$ ufite intego yo gutegura abakiri bato kuzavamo abayobozi beza bashobora gufasha Ibihugu byabo kugera ku iterambera ry’ubukungu bwabyo.

Iyi gahunda yagize uruhare rukomeye mu kugaragaza impano z’urubyiruko zari zarapfukiranywe kubera amikoro macye y’imiryango rukomokamo byumwihariko rwo muri Afurika.

Ku ikubitiro iyi gahunda yari ifite intego yo gufasha urubyiruko ibihumbi 15. Mu myaka 10 ishize Umuryango Mastercard Foundation washyizemo Miliyari 1.7$ yatumye urubyiruko rukabakaba ibihumbi 40 rufashwa aho 72% yabo ari abakobwa.

Mastercard Foundation itangaza ko kugeza uyu munsi abanyeshuri 18 544 basoje mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye ndetse no mu cy’amashuri makuru na kaminuza.

Reeta Roy, Perezida wa Mastercard Foundation akaba n’Umuyobozi Mukuru wayo, yavuze ko “binyuze mu bufatanye n’abaterankunga b’ingirakamaro, Mastercard Foundation Scholars Program iri gutuma ibihumbi n’ibihumbi by’urubyiruko rubasha kwitabira uburezi bufite ireme ndetse no gutegura abayobozi basubira mu miryango migari yabo bagafasha mu kuzamura imibereho.”

Igenzura ry’umwaka wa 2020/2021, rigaragaza ko abanyeshuri 87% barangije amashuri yisumbuye bafashijwe n’iyi gahunda, babonye akazi mu gihe abakabonye barangije Kaminuza bafashijwe n’iyi gahunda ari 71%. Iyi gahunda kandi yatumye hahangwa imirimo mishya ibihumbi 16.

Bamwe mu bafashwa na Mastercard Foundation bifatanyije mu kwizihiza iyi myaka 10

RADIOTV10

Comments 4

  1. Ni Jean Hategekimana says:
    3 years ago

    Ubwose umuntu yabona ate aba baterankunga kugira ngo bafashe umuntu ,muturangiye umuntu yakwiyandikisha mwaba mukoze

    Reply
  2. Hagenimana Eric says:
    3 years ago

    Woooow uyumushinga ndawemera cyaneeee!!!!! Njyewe ndifuza kuba joining peeeeee nabigenza gute mumbwire

    Reply
  3. MWUMVANEZA Etienne says:
    3 years ago

    Yego nibyiza rwose bakora igikorwa cyubutwari kuko hari abanyeshuri benshi barihirirwa na master card foundation ukabona rwose iyo atiga igihugu cyari kuba gihombye umuntu wagaciro mugihe kizaza

    Ikibazo ese nigute na kwa applying kuri master card foundation
    Murakoze

    Reply
  4. www.radio tv10.com says:
    3 years ago

    Ibyo tubyumva gutyo mu itangaza makuru ariko abafashwa kubona izo bursay nituzi abo aribyo,ntituzi n’igihe bibera
    NZAYIRAMBAHO OSEE

    Nzayirambaho Osee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 10 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

Next Post

Mastercard Foundation Scholars Program Celebrates A Decade of Developing Young Leaders

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

Mastercard Foundation Scholars Program Celebrates A Decade of Developing Young Leaders

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.