Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
4
Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mastercard Foundation urishimira ko gahunda yawo yo gutanga buruse imaze imyaka 10, yafashije ururyiruko rukabakaba ibihumbi 40 byumwihariko rwo ku Mugabane wa Afurika, ukaba ufite intego yo gukuba kabiri uyu mubare ku buryo muri 2030 bazaba bamaze kugera mu bihumbi 100.

Kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022, gahunda yo gutanga buruse ya Mastercard Foundation izwi nka ‘Mastercard Foundation Scholars Program’, yujuje imyaka 10.

Ubwo watangizwaga muri 2012, uyu mushinga watangiranye Miliyoni 500$ ufite intego yo gutegura abakiri bato kuzavamo abayobozi beza bashobora gufasha Ibihugu byabo kugera ku iterambera ry’ubukungu bwabyo.

Iyi gahunda yagize uruhare rukomeye mu kugaragaza impano z’urubyiruko zari zarapfukiranywe kubera amikoro macye y’imiryango rukomokamo byumwihariko rwo muri Afurika.

Ku ikubitiro iyi gahunda yari ifite intego yo gufasha urubyiruko ibihumbi 15. Mu myaka 10 ishize Umuryango Mastercard Foundation washyizemo Miliyari 1.7$ yatumye urubyiruko rukabakaba ibihumbi 40 rufashwa aho 72% yabo ari abakobwa.

Mastercard Foundation itangaza ko kugeza uyu munsi abanyeshuri 18 544 basoje mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye ndetse no mu cy’amashuri makuru na kaminuza.

Reeta Roy, Perezida wa Mastercard Foundation akaba n’Umuyobozi Mukuru wayo, yavuze ko “binyuze mu bufatanye n’abaterankunga b’ingirakamaro, Mastercard Foundation Scholars Program iri gutuma ibihumbi n’ibihumbi by’urubyiruko rubasha kwitabira uburezi bufite ireme ndetse no gutegura abayobozi basubira mu miryango migari yabo bagafasha mu kuzamura imibereho.”

Igenzura ry’umwaka wa 2020/2021, rigaragaza ko abanyeshuri 87% barangije amashuri yisumbuye bafashijwe n’iyi gahunda, babonye akazi mu gihe abakabonye barangije Kaminuza bafashijwe n’iyi gahunda ari 71%. Iyi gahunda kandi yatumye hahangwa imirimo mishya ibihumbi 16.

Bamwe mu bafashwa na Mastercard Foundation bifatanyije mu kwizihiza iyi myaka 10

RADIOTV10

Comments 4

  1. Ni Jean Hategekimana says:
    3 years ago

    Ubwose umuntu yabona ate aba baterankunga kugira ngo bafashe umuntu ,muturangiye umuntu yakwiyandikisha mwaba mukoze

    Reply
  2. Hagenimana Eric says:
    3 years ago

    Woooow uyumushinga ndawemera cyaneeee!!!!! Njyewe ndifuza kuba joining peeeeee nabigenza gute mumbwire

    Reply
  3. MWUMVANEZA Etienne says:
    3 years ago

    Yego nibyiza rwose bakora igikorwa cyubutwari kuko hari abanyeshuri benshi barihirirwa na master card foundation ukabona rwose iyo atiga igihugu cyari kuba gihombye umuntu wagaciro mugihe kizaza

    Ikibazo ese nigute na kwa applying kuri master card foundation
    Murakoze

    Reply
  4. www.radio tv10.com says:
    3 years ago

    Ibyo tubyumva gutyo mu itangaza makuru ariko abafashwa kubona izo bursay nituzi abo aribyo,ntituzi n’igihe bibera
    NZAYIRAMBAHO OSEE

    Nzayirambaho Osee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 19 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

Next Post

Mastercard Foundation Scholars Program Celebrates A Decade of Developing Young Leaders

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

Mastercard Foundation Scholars Program Celebrates A Decade of Developing Young Leaders

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.