Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije urubyiruko uruhare rugomba kugira mu bikomeje gututumba hagati y’Igihugu cyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irubwira ko Congo yatangije urugamba rw’umunwa n’itumanaho kandi ko ari rwo ruzi gukoresha intwaro zifashishwa mu kurwana uru rugamba.

I Mutobo mu Karere ka Musanze, habereye ibiganiro byagarutse ku rugendo rw’ubumwe n’Ubwiyunge by’Abanyarwanda ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’ibiyaga bigari.

Ibi biganiro byateguwe na Minisiteri y’Inshingano Mboneragihugu n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, byitabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse, ntetse n’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu batanze ibiganiro muri iyi nama, barimo Minisitiri w’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe ndetse n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’Ibiyaga Bigari, yavuze ko Igihugu cy’Igituranyi cy’u Rwanda, gikomoje kugishotora kugira ngo kirushore mu ntambara.

Mukuralinda wakunze kuvuga ko nubwo u Rwanda rutifuza intambara n’ikindi Gihugu ariko ko rwiteguye kuba rwarwana iyo rwashorwaho kandi ko imbaraga zose zikenewe zirufite.

Muri iki kiganiro, yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, avuga ko “Hari intambara y’umunwa, intambara y’itumanaho, abantu ba mbere bagomba kuyirwana ni urubyiruko kuko n’aho ibera n’intwaro zikoreshwa, nimwe ba mbere muzi kuzikoresha.”

Yavuze ko iyi ntambara yise iy’umunwa na yo yashowe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo gushinja u Rwanda ibinyoma birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23, rutera Congo ngo runiba imitungo y’iki Gihugu.

Avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kubivuga kenshi, “bigera aho bikajya mu mitwe y’abantu bakavuga bati ‘ariko kariya gahugu uwagafatira ibihano’. Si byo bari gusaba se? [ibyo Congo isaba].”

Yakomeje avuga ko iyi ntambara y’amagambo ishobora kugira ingaruka zikomeye mu gihe abantu bazicyerensa, ntibazirwane ngo na bo bagaragaze ukuri.

Ati “Bamara kudufatira ibihano ugasanga na za ngabo zacu zari ziturinze kubera n’ubushobozi zari zifite na zo zitangiye kugira ibibazo biturutse ku ntambara y’itumanaho ku ntambara y’umunwa twihoreye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yasabye urubyiruko kwinjirana imbaraga muri iyi ntambara y’itumanaho bakoresheje imbuga nkoranyambaga, bakanyomoza amakuru y’ibinyoma atangazwa na Congo, cyangwa rukagaragariza amahanga aho bakura amakuru y’impamo abeshyuza ibyo binyoma.

Ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi banyuranye
Urubyiruko rwitabiriye iyi nama rwagaragarijwe uruhare rugomba kugira
Rurimo kandi n’abavuye mu mitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 15 =

Previous Post

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Next Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.