Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije urubyiruko uruhare rugomba kugira mu bikomeje gututumba hagati y’Igihugu cyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irubwira ko Congo yatangije urugamba rw’umunwa n’itumanaho kandi ko ari rwo ruzi gukoresha intwaro zifashishwa mu kurwana uru rugamba.

I Mutobo mu Karere ka Musanze, habereye ibiganiro byagarutse ku rugendo rw’ubumwe n’Ubwiyunge by’Abanyarwanda ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’ibiyaga bigari.

Ibi biganiro byateguwe na Minisiteri y’Inshingano Mboneragihugu n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, byitabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse, ntetse n’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu batanze ibiganiro muri iyi nama, barimo Minisitiri w’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe ndetse n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’Ibiyaga Bigari, yavuze ko Igihugu cy’Igituranyi cy’u Rwanda, gikomoje kugishotora kugira ngo kirushore mu ntambara.

Mukuralinda wakunze kuvuga ko nubwo u Rwanda rutifuza intambara n’ikindi Gihugu ariko ko rwiteguye kuba rwarwana iyo rwashorwaho kandi ko imbaraga zose zikenewe zirufite.

Muri iki kiganiro, yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, avuga ko “Hari intambara y’umunwa, intambara y’itumanaho, abantu ba mbere bagomba kuyirwana ni urubyiruko kuko n’aho ibera n’intwaro zikoreshwa, nimwe ba mbere muzi kuzikoresha.”

Yavuze ko iyi ntambara yise iy’umunwa na yo yashowe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo gushinja u Rwanda ibinyoma birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23, rutera Congo ngo runiba imitungo y’iki Gihugu.

Avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kubivuga kenshi, “bigera aho bikajya mu mitwe y’abantu bakavuga bati ‘ariko kariya gahugu uwagafatira ibihano’. Si byo bari gusaba se? [ibyo Congo isaba].”

Yakomeje avuga ko iyi ntambara y’amagambo ishobora kugira ingaruka zikomeye mu gihe abantu bazicyerensa, ntibazirwane ngo na bo bagaragaze ukuri.

Ati “Bamara kudufatira ibihano ugasanga na za ngabo zacu zari ziturinze kubera n’ubushobozi zari zifite na zo zitangiye kugira ibibazo biturutse ku ntambara y’itumanaho ku ntambara y’umunwa twihoreye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yasabye urubyiruko kwinjirana imbaraga muri iyi ntambara y’itumanaho bakoresheje imbuga nkoranyambaga, bakanyomoza amakuru y’ibinyoma atangazwa na Congo, cyangwa rukagaragariza amahanga aho bakura amakuru y’impamo abeshyuza ibyo binyoma.

Ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi banyuranye
Urubyiruko rwitabiriye iyi nama rwagaragarijwe uruhare rugomba kugira
Rurimo kandi n’abavuye mu mitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Next Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.