Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Urubyiruko rwahishuriwe urugamba rugomba kurwana mu by’u Rwanda na Congo n’intwaro ruzifashisha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije urubyiruko uruhare rugomba kugira mu bikomeje gututumba hagati y’Igihugu cyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irubwira ko Congo yatangije urugamba rw’umunwa n’itumanaho kandi ko ari rwo ruzi gukoresha intwaro zifashishwa mu kurwana uru rugamba.

I Mutobo mu Karere ka Musanze, habereye ibiganiro byagarutse ku rugendo rw’ubumwe n’Ubwiyunge by’Abanyarwanda ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’ibiyaga bigari.

Ibi biganiro byateguwe na Minisiteri y’Inshingano Mboneragihugu n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, byitabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse, ntetse n’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu batanze ibiganiro muri iyi nama, barimo Minisitiri w’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe ndetse n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere k’Ibiyaga Bigari, yavuze ko Igihugu cy’Igituranyi cy’u Rwanda, gikomoje kugishotora kugira ngo kirushore mu ntambara.

Mukuralinda wakunze kuvuga ko nubwo u Rwanda rutifuza intambara n’ikindi Gihugu ariko ko rwiteguye kuba rwarwana iyo rwashorwaho kandi ko imbaraga zose zikenewe zirufite.

Muri iki kiganiro, yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, avuga ko “Hari intambara y’umunwa, intambara y’itumanaho, abantu ba mbere bagomba kuyirwana ni urubyiruko kuko n’aho ibera n’intwaro zikoreshwa, nimwe ba mbere muzi kuzikoresha.”

Yavuze ko iyi ntambara yise iy’umunwa na yo yashowe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo gushinja u Rwanda ibinyoma birimo kuvuga ko rufasha umutwe wa M23, rutera Congo ngo runiba imitungo y’iki Gihugu.

Avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kubivuga kenshi, “bigera aho bikajya mu mitwe y’abantu bakavuga bati ‘ariko kariya gahugu uwagafatira ibihano’. Si byo bari gusaba se? [ibyo Congo isaba].”

Yakomeje avuga ko iyi ntambara y’amagambo ishobora kugira ingaruka zikomeye mu gihe abantu bazicyerensa, ntibazirwane ngo na bo bagaragaze ukuri.

Ati “Bamara kudufatira ibihano ugasanga na za ngabo zacu zari ziturinze kubera n’ubushobozi zari zifite na zo zitangiye kugira ibibazo biturutse ku ntambara y’itumanaho ku ntambara y’umunwa twihoreye.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yasabye urubyiruko kwinjirana imbaraga muri iyi ntambara y’itumanaho bakoresheje imbuga nkoranyambaga, bakanyomoza amakuru y’ibinyoma atangazwa na Congo, cyangwa rukagaragariza amahanga aho bakura amakuru y’impamo abeshyuza ibyo binyoma.

Ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi banyuranye
Urubyiruko rwitabiriye iyi nama rwagaragarijwe uruhare rugomba kugira
Rurimo kandi n’abavuye mu mitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 18 =

Previous Post

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Next Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.