Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA
0
Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku bantu 22 bari hagati y’imyaka 13 na 17 basanze bapfiriye mu kabyiniro ko mu mujyi wa East London.

Imibiri y’aba basore n’inkumi, yabonetse mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 26 Kamena 2022, yahise ijyanwa mu buruhukiro kugira ngo ikorerwe ibizamini, hamenyekanane intandaro y’uru rupfu.

Kugeza ubu urujijo ni rwose ku cyaba cyahitanye izi ngimbi n’abangavu bari bagiye mu kirori cyo kwishimira isozwa ry’ibizamini, dore ko nta mubiri numwe ufite igikomere.

Ikimakuru Daily Dispatch cyo muri Afurika y’Epfo, kivuga ko imibiri yabo yari ikikije ameza n’intebe bigaragara nkaho bari bicayeho.

Umuvugizi w’urwego rw’ubuzima, Siyanda Manana yagize ati “Aka kanya ntabwo dushobora kumenya intandaro y’urupfi. Tugiye gukora isuzuma rya nyuma rikorerwa imibiri, vuba bidatinze turatangaza icyabahitanye.”

Minisitiri ushinzwe Polisi, Bheki Cele yavuze ko abapfuye bari hagati y’imyaka 13 na 17 y’amavuko, avuga ko bitumvikana ukuntu abantu batarageza imyaka y’ubukure, bahabwa inzoga mu kabari.

Nyiri aka kabyiniro witwa Siyakhangela Ndevu, yatangarije ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu, ko na we yahaje mu gitondo ahamagawe ngo aze kureba.

Yagize ati “Nanjye ntabwo ndiyumvisha ibyabaye ariko ubwo nahamagarwaga mu gitondo, nabwiwe ko iwanjye huzuye abantu ndetse ko bari gushaka uburyo binjira ku ngufu.”

Uyu muyobozi w’akabyiniro yavuze ko na we ategereje ibizava mu iperereza ku cyaba cyateye urupfu rw’aba bana.

My deepest condolences go to the families of the 22 teenagers who lost their lives at a tavern in Scenery Park, East London, in the early hours of this morning.

— Cyril Ramaphosa 🇿🇦 (@CyrilRamaphosa) June 26, 2022

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Cyril Ramaphosa yihanganishije imiryango y’aba bapfuye.

Yagize ati “Nihanganishije cyanye imiryango y’izi ngimbi n’abangavu 22 baburiye ubuzima bwabo muri Scenery Park muri East London mu masaha yo muri iki gitondo.”

Yakomeje agira ati “Ibi birababaje cyane kuba binabanye mu kwezi kwahariwe urubyiruko, mu gihe twishimira abakiri bato, mu kubakorera ubuvugizi ndetse no kubaha amahirwe mu bikorwa by’iterambere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Next Post

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.