• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urujijo ku mirambo y’abambaye gisirikare ikomeje kuboneka ku mupaka w’u Burundi na DRCongo

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA
0
Urujijo ku mirambo y’abambaye gisirikare ikomeje kuboneka ku mupaka w’u Burundi na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nkombe z’umugezi wa Rusizi muri Komini ya Buganda mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, hafi y’umupaka uhuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakomeje kuboneka imirambo y’abambanye impuzankano ya gisirikare, bigateza urujijo.

Indi mirambo ibiri yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 22 Mata 2023, na yo y’abantu bari bambaye imyambaro y’igisirikare cy’u Burundi, yabonetse ku gice cyegereye umusozi wa Rugarika muri iyi Komini ya Buganda, ahagana saa kumi z’umugoroba.

Abaturage muri ibi bice, bakomeje kugwa mu kantu kuko hadasiba kuboneka imirambo kandi ngo ikibahangayikishije cyane, ni ukuba ihita ishyingurwa hatabanje gukorwa iperereza, ngo hamenyekane ba nyirayo.

Aya makuru y’imirambo yabonetse, yanemejwe n’Umuyobozi wa Komini ya Buganda, wavuze ko iyi mirambo ishobora kuba ari iy’Abanyekongo bicirwa ku kindi gice cy’uyu mugezi wa Rusizi, ubundi imirambo yabo ikajugunywa ku ruhande rw’u Burundi.

Iyi mirambo yabonywe bwa mbere n’abarobyi bahise bamenyesha abasirikare barinda umupaka wo ku musozi wa Ruhagarika.

Amakuru yatanzwe n’Igisirikare, avuga ko ubuyobozi bw’Ingabo bwabimenyeshejwe n’umuyobozi wa Komini ya Buganda.

Umwe mu basirikare babimenyeshejwe, yagize ati “Iyi mibiri yangiritse yabonetse mu bilometero bigera muri makumyabiri uvuye ku mupaka wa Rusizi uduhuza na DRC ku ruhande rw’i Burundi, ariko ikigaragara biciwe ahandi ubundi bajugunywa aha. Twahise dutekereza ko iyi mibiri ibiri igomba kujyanwa mu buruhukiro.”

Abaturage bo muri aka gace bo basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri iyi mirambo ikomeje kuhaboneka, kandi ngo ntihite ishyingurwa nkuko bihita bikorwa, bakanabaza impamvu babuzwa kwegera iyo mirambo.

Umuyobozi w’iyi Komini ya Buganda avuga ko ibi byose bikorwa mu rwego rwo kurinda ko abaturage bashobora kuhandurira indwara.

Pamphile Hakizimana na we ashimangira ko iyo mibiri ari iy’abantu bicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikajugunywa mu mugezi wa Rusizi ku ruhande rw’u Burundi, aboneraho gusaba abaturage kujya batangira ku gihe amakuru mu gihe babonye ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano.

Umwe mu baturage wabonye iyi mirambo yagize ati “Intara ya Cibitoke imaze kuba irimbi. Buri cyumweru, haboneka imirambo mu bice binyuranye by’Intara. Iki kibazo kigomba guhabwa uburemere n’ubuyobozi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − five =

Previous Post

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Next Post

Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi

Related Posts

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Next Post
Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi

Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n'Abaturarwanda benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.