Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urujijo ku mirambo y’abambaye gisirikare ikomeje kuboneka ku mupaka w’u Burundi na DRCongo

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA
0
Urujijo ku mirambo y’abambaye gisirikare ikomeje kuboneka ku mupaka w’u Burundi na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nkombe z’umugezi wa Rusizi muri Komini ya Buganda mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, hafi y’umupaka uhuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakomeje kuboneka imirambo y’abambanye impuzankano ya gisirikare, bigateza urujijo.

Indi mirambo ibiri yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 22 Mata 2023, na yo y’abantu bari bambaye imyambaro y’igisirikare cy’u Burundi, yabonetse ku gice cyegereye umusozi wa Rugarika muri iyi Komini ya Buganda, ahagana saa kumi z’umugoroba.

Abaturage muri ibi bice, bakomeje kugwa mu kantu kuko hadasiba kuboneka imirambo kandi ngo ikibahangayikishije cyane, ni ukuba ihita ishyingurwa hatabanje gukorwa iperereza, ngo hamenyekane ba nyirayo.

Aya makuru y’imirambo yabonetse, yanemejwe n’Umuyobozi wa Komini ya Buganda, wavuze ko iyi mirambo ishobora kuba ari iy’Abanyekongo bicirwa ku kindi gice cy’uyu mugezi wa Rusizi, ubundi imirambo yabo ikajugunywa ku ruhande rw’u Burundi.

Iyi mirambo yabonywe bwa mbere n’abarobyi bahise bamenyesha abasirikare barinda umupaka wo ku musozi wa Ruhagarika.

Amakuru yatanzwe n’Igisirikare, avuga ko ubuyobozi bw’Ingabo bwabimenyeshejwe n’umuyobozi wa Komini ya Buganda.

Umwe mu basirikare babimenyeshejwe, yagize ati “Iyi mibiri yangiritse yabonetse mu bilometero bigera muri makumyabiri uvuye ku mupaka wa Rusizi uduhuza na DRC ku ruhande rw’i Burundi, ariko ikigaragara biciwe ahandi ubundi bajugunywa aha. Twahise dutekereza ko iyi mibiri ibiri igomba kujyanwa mu buruhukiro.”

Abaturage bo muri aka gace bo basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri iyi mirambo ikomeje kuhaboneka, kandi ngo ntihite ishyingurwa nkuko bihita bikorwa, bakanabaza impamvu babuzwa kwegera iyo mirambo.

Umuyobozi w’iyi Komini ya Buganda avuga ko ibi byose bikorwa mu rwego rwo kurinda ko abaturage bashobora kuhandurira indwara.

Pamphile Hakizimana na we ashimangira ko iyo mibiri ari iy’abantu bicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikajugunywa mu mugezi wa Rusizi ku ruhande rw’u Burundi, aboneraho gusaba abaturage kujya batangira ku gihe amakuru mu gihe babonye ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano.

Umwe mu baturage wabonye iyi mirambo yagize ati “Intara ya Cibitoke imaze kuba irimbi. Buri cyumweru, haboneka imirambo mu bice binyuranye by’Intara. Iki kibazo kigomba guhabwa uburemere n’ubuyobozi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 11 =

Previous Post

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Next Post

Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi

Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n'Abaturarwanda benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.