Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
08/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro k’inzu zabo zangiritse ubwo hakorwaga umuhanda mushya wa kaburimbo wa Nyanza-Bugesera, ariko kugeza ubu bakaba batarishyurwa.

Aba baturage bavuga ko nubwo bishimira ibikorwa by’iterambere nk’uyu muhanda, bagifite impungenge z’uko inzu zabo zishobora kubagwaho kubera kutasanwa.

Bavuga ko ubwo umuhanda wakorwaga, imashini zishinzwe gutunganya kaburimbo zasenye ibice bimwe by’inzu zabo, ibindi bikangirika cyane, bityo bagahabwa icyizere ko bagiye kwishyurwa mu gihe cya vuba, ariko bakaba bategereje baraheba.

Dusingizimana Bonaventure wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, yagize ati “Njyewe imashini zansenyeye, inzu irasatagurika bikabije ndetse n’amabati yaratobaguritse. Barambarira ntegereza ko amafaranga bayampa, ndaheba. Ubu iyi nzu nyibamo uko imeze, mba mfite impungenge ko ishobora kungwaho, nyibanamo n’umuryango wanjye.”

Umuhoza Chantal wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, mu karere ka Nyanza, we ati “Inzu yanjye yarasataguritse, baraza barambarira, ayo bamariye narategereje ndaheba. Hashize igihe kinini barambarira, ubu ndi kuyibamo ariko isaha n’isaha yagwa. Turasaba ko baduha ayo batwemereye tukimuka cyangwa tugasana.”

Si aba baturage gusa bafite iki kibazo kuko ari benshi bagihuriyeho, aho bamwe bavuga ko kubera gutegereza igihe kirekire, bajya gusaba ibisobanuro ku kicaro cy’abashinzwe gukora umuhanda ariko ntibahabwe igisubizo gihamye.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yemeza ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukorwaho kugira ngo abaturage bishyurwe.

Yagize ati “Abangirijwe barabaruwe, bamwe barishyuwe, hari abatarishyurwa batari buzuza ibyangombwa. Hari abasenyerwe n’ikorwa ry’umuhanda; abo turimo gukorana na kompanyi ikora umuhanda. Uyu munsi hari abatangiye kwishyurwa amafaranga yabo.”

Uretse abavuga ko babariwe ntibishyurwe, hari n’abandi bavuga ko bahawe amafaranga yo gusana ariko akaba ari macye ugereranyije n’uko inzu zabo zangiritse. Bavuga ko bifuzaga ko zakubakwa bushya aho gusanwa, kuko nubwo zasaniwe, bakibaza ko zishobora gusenyuka bitewe n’uko zari zangiritse cyane.

Avuga ko inzu ye yangiritse bikabije ku buryo anahorana ubwoba ko yamugwaho
Na mugenzi we ni uko
Ni ikibazo bahuriyeho ari abaturage benshi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Next Post

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.