Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in IMYIDAGADURO
0
Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer ukekwaho kwiba telefone y’umuhanzi The Ben, wari wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, akajurira, Urukiko yajuririye rutegetse ko arekurwa by’agateganyo.

X-Dealer watawe muri yombi tariki 05 Ukwakira 2023, akurikiranyweho kwibira telefone ya The Ben Bujumbura mu Burundi, ubwo uyu muhanzi yari yagiye gutaramira Abarundi.

Ni telefone akekwaho kwiba tariki 30 Nzeri 2023, aho Ubushinjacyaha buvuga ko yayibye yarahawe ikiraka cyo kuzishyurwa miliyoni 5 Frw.

Nyuma y’uko ku wa 23 Ukwakira 2023 Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rufashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo uyu Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, uregwa yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Mu bururire bwaburanishijwe mu cyumweru gishize tariki 13 Ugushyingo 2023, uregwa yasabaga Urukiko gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere, ngo kuko cyashingiye ku buhamya bwatanzwe n’utarageze aho bivugwa ko hibiwe telefone akekwaho kwiba.

Uregwa kandi yavugaga ko bitumvikana ukuntu yahabwa ikiraka cya miliyoni 5 Frw cyo kwiba telefone y’agaciro ka Miliyoni 1,4 Frw.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwahaye agaciro ubujurire bw’uregwa, wifuje gukurikirana wari hanze, rutegeka ko arekurwa.

Icyakora Umucamanza yavuze ko nk’uko byagaragajwe n’Ubushinjacyaha, hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha, bityo ko ategetswe kujya yitaba Ubushinjacyaha buri wa Gatanu wa nyuma wa buri cyumweru.

Urukiko kandi rwavuze ko iki cyemezo cyo kurekura by’agateganyo uregwa, gishingiye ku mwishingizi we watanzwe ari we umunyamategeko we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 19 =

Previous Post

Ishyamba si ryeru mu ikipe y’Igihugu kizakira Igikombe cy’u Burayi

Next Post

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

IZIHERUKA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort
IMIBEREHO MYIZA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.