Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in IMYIDAGADURO
0
Urukiko rutegetse ko ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer ukekwaho kwiba telefone y’umuhanzi The Ben, wari wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, akajurira, Urukiko yajuririye rutegetse ko arekurwa by’agateganyo.

X-Dealer watawe muri yombi tariki 05 Ukwakira 2023, akurikiranyweho kwibira telefone ya The Ben Bujumbura mu Burundi, ubwo uyu muhanzi yari yagiye gutaramira Abarundi.

Ni telefone akekwaho kwiba tariki 30 Nzeri 2023, aho Ubushinjacyaha buvuga ko yayibye yarahawe ikiraka cyo kuzishyurwa miliyoni 5 Frw.

Nyuma y’uko ku wa 23 Ukwakira 2023 Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rufashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo uyu Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, uregwa yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Mu bururire bwaburanishijwe mu cyumweru gishize tariki 13 Ugushyingo 2023, uregwa yasabaga Urukiko gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere, ngo kuko cyashingiye ku buhamya bwatanzwe n’utarageze aho bivugwa ko hibiwe telefone akekwaho kwiba.

Uregwa kandi yavugaga ko bitumvikana ukuntu yahabwa ikiraka cya miliyoni 5 Frw cyo kwiba telefone y’agaciro ka Miliyoni 1,4 Frw.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwahaye agaciro ubujurire bw’uregwa, wifuje gukurikirana wari hanze, rutegeka ko arekurwa.

Icyakora Umucamanza yavuze ko nk’uko byagaragajwe n’Ubushinjacyaha, hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha, bityo ko ategetswe kujya yitaba Ubushinjacyaha buri wa Gatanu wa nyuma wa buri cyumweru.

Urukiko kandi rwavuze ko iki cyemezo cyo kurekura by’agateganyo uregwa, gishingiye ku mwishingizi we watanzwe ari we umunyamategeko we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 18 =

Previous Post

Ishyamba si ryeru mu ikipe y’Igihugu kizakira Igikombe cy’u Burayi

Next Post

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose
SIPORO

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Ubwiyongere bw’abimukira mu Bwongereza bwatumye uwirukanywe ku Buminisitiri yongera gutunga agatoki PM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.