Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwagombaga gusoma umwanzuro w’urubanza rw’ubujurire ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be kuri uyu wa Mbere, rwawimuriye ikindi gihe kuko umwanya wo gusesengura ibyaburanyweho warubanye muto.

Uru rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina [warwikuyemo] na bagenzi be barimo abahozi bafite imyanya ikomeye mu mutwe wa MRCD-FLN, rwari rumaze iminsi rubuniswa mu bujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse na bamwe mu baregwa.

Icyemezo cy’Urukiko cyagombaga gusomwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, nticyasomwe nyuma y’uko Inteko y’Urukiko rw’Ubujurire igaragarije imbogamizi.

Urukiko rwatangiye rusoma amazina y’abaregwa bari bakurikiranye iki gikorwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga na bwo Paul Rusesabagina utari witabiriye, rwatangiye rugaruka ku ngingo ya 138 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyarubanye gito.

Umucamanza Rukundakuvuga François Régis [Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire] uyoboye Inteko yaburanishije uru rubanza, yavuze ko iminsi 30 Urukiko rwari rwihaye yo kuba rwarangije gusesengura uru rubanza yarubanye micye.

Perezida w’Urukiko yavuze ko iyi minsi yabaye micye ugereranyije n’ubunini bwa Dosiye ndetse n’ubwinshi bw’abaregwa n’abaregera indishyi.

Umucamanza yahise atangaza ko isomwa ry’uru rubanza rw’Ubujurire ruregwamo Rusesabagina na bagenzi be, ryimuriwe tariki 04 Mata 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi mu Rwanda ariko bitanu nibyo bigaragaza ubushobozi

Next Post

Ufite ubumuga witabiriye Miss Rwanda hari abamugeneye ibihembo birimo ingurube

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite ubumuga witabiriye Miss Rwanda hari abamugeneye ibihembo birimo ingurube

Ufite ubumuga witabiriye Miss Rwanda hari abamugeneye ibihembo birimo ingurube

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.