Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye ubutumwa bwo kureshya abifuza kugura urusengero rumwe rwo mu Mujyi wa Kigali rwashyizwe ku isoko bikaba inkuru itangaje kuri benshi, itorero ry’uru rusengero ryavuze impamvu riri kugurisha uru rusengero rukenewemo miliyoni 300 Frw.

Uru rusengero ruherereye mu Mudugudu wa Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, rusanzwe ari urw’itorero rizwi nka Ebenezer.

Ubutumwa bureshya abifuza kugura uru rusengero, buvuga ko uru rusengero rufite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera mu bihumbi bibiri, rukaba rufite ubusitani ndetse n’aho guparika imodoka hashobora kujyamo imodoka 200.

Ikindi kandi ngo uru rusengero rufite inyubako nto zirushamikiyeho [izo bakunze kwita za annexes], ku buryo ngo miliyoni 300 Frw ari izarwo.

Bamwe mu babonye iby’uru rusengero rwashyize ku isoko, byabatunguye, bavuga ko ibikunze kuvugwa ko iby’amatorero y’iki gihe ari business, atari amakabyankuru, ku buryo hari n’abaketse ko iri torero riri guteza urusengero rwaryo rishobora kuba rifite imyenda.

Umwe mu bari mu buyobozi bw’iri torero, yavuze ko nta madeni bafite ahubwo ko ikigambiriwe ari ugukomeza kuzamura iri torero ryabo.

Yavuze ko ahubatse uru rusengero ari ku rwego rw’Umudugudu, ati “None rero turashaka kubaka ku cyicaro gikuru ku Kacyiru inzu igeretse.”

Amakuru aturuka muri iri torero, avuga ko ahubwo ari bo birinze gufata amadeni muri banki bagahitamo kugurisha uru rusengero rwabo kugira ngo bubake inzu igeretse ku cyicaro gikuru.

Ubuyobozi bw’iri torero kandi bumara impungenge abasanzwe basengera kuri uru rusengero ko hari uburyo bazabafasha bakajya babona aho bateranira bitabagoye ngo bakore urugendo rurerure rwo kujya aho ku Kacyiru ahatekerezwa kubakwa inzu igeretse.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Yandokoye serges says:
    3 years ago

    Yoooohhhh satani arugeze kure,bagurishije rero inzu y’uwiteka?

    Reply
  2. Carine says:
    3 years ago

    Yewe aho isi igeze! Bagurishe urusengero, kandi ubwo rwubatswe n’ abaturage b’ aho ku mudugudu, babamare impungenge bakodeshe aho bazajya bateranira. Nihashira iminsi bati twitange twiyubakire urusengero tuve mu bukode!
    Imana idutabare!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Rubavu: Babwiwe ko ibyo bacuruza bitera umwanda bakora ikintu kidasanzwe

Next Post

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.