Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye ubutumwa bwo kureshya abifuza kugura urusengero rumwe rwo mu Mujyi wa Kigali rwashyizwe ku isoko bikaba inkuru itangaje kuri benshi, itorero ry’uru rusengero ryavuze impamvu riri kugurisha uru rusengero rukenewemo miliyoni 300 Frw.

Uru rusengero ruherereye mu Mudugudu wa Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, rusanzwe ari urw’itorero rizwi nka Ebenezer.

Ubutumwa bureshya abifuza kugura uru rusengero, buvuga ko uru rusengero rufite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera mu bihumbi bibiri, rukaba rufite ubusitani ndetse n’aho guparika imodoka hashobora kujyamo imodoka 200.

Ikindi kandi ngo uru rusengero rufite inyubako nto zirushamikiyeho [izo bakunze kwita za annexes], ku buryo ngo miliyoni 300 Frw ari izarwo.

Bamwe mu babonye iby’uru rusengero rwashyize ku isoko, byabatunguye, bavuga ko ibikunze kuvugwa ko iby’amatorero y’iki gihe ari business, atari amakabyankuru, ku buryo hari n’abaketse ko iri torero riri guteza urusengero rwaryo rishobora kuba rifite imyenda.

Umwe mu bari mu buyobozi bw’iri torero, yavuze ko nta madeni bafite ahubwo ko ikigambiriwe ari ugukomeza kuzamura iri torero ryabo.

Yavuze ko ahubatse uru rusengero ari ku rwego rw’Umudugudu, ati “None rero turashaka kubaka ku cyicaro gikuru ku Kacyiru inzu igeretse.”

Amakuru aturuka muri iri torero, avuga ko ahubwo ari bo birinze gufata amadeni muri banki bagahitamo kugurisha uru rusengero rwabo kugira ngo bubake inzu igeretse ku cyicaro gikuru.

Ubuyobozi bw’iri torero kandi bumara impungenge abasanzwe basengera kuri uru rusengero ko hari uburyo bazabafasha bakajya babona aho bateranira bitabagoye ngo bakore urugendo rurerure rwo kujya aho ku Kacyiru ahatekerezwa kubakwa inzu igeretse.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Yandokoye serges says:
    3 years ago

    Yoooohhhh satani arugeze kure,bagurishije rero inzu y’uwiteka?

    Reply
  2. Carine says:
    3 years ago

    Yewe aho isi igeze! Bagurishe urusengero, kandi ubwo rwubatswe n’ abaturage b’ aho ku mudugudu, babamare impungenge bakodeshe aho bazajya bateranira. Nihashira iminsi bati twitange twiyubakire urusengero tuve mu bukode!
    Imana idutabare!

    Reply

Leave a Reply to Yandokoye serges Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seventeen =

Previous Post

Rubavu: Babwiwe ko ibyo bacuruza bitera umwanda bakora ikintu kidasanzwe

Next Post

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.