Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye ubutumwa bwo kureshya abifuza kugura urusengero rumwe rwo mu Mujyi wa Kigali rwashyizwe ku isoko bikaba inkuru itangaje kuri benshi, itorero ry’uru rusengero ryavuze impamvu riri kugurisha uru rusengero rukenewemo miliyoni 300 Frw.

Uru rusengero ruherereye mu Mudugudu wa Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, rusanzwe ari urw’itorero rizwi nka Ebenezer.

Ubutumwa bureshya abifuza kugura uru rusengero, buvuga ko uru rusengero rufite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera mu bihumbi bibiri, rukaba rufite ubusitani ndetse n’aho guparika imodoka hashobora kujyamo imodoka 200.

Ikindi kandi ngo uru rusengero rufite inyubako nto zirushamikiyeho [izo bakunze kwita za annexes], ku buryo ngo miliyoni 300 Frw ari izarwo.

Bamwe mu babonye iby’uru rusengero rwashyize ku isoko, byabatunguye, bavuga ko ibikunze kuvugwa ko iby’amatorero y’iki gihe ari business, atari amakabyankuru, ku buryo hari n’abaketse ko iri torero riri guteza urusengero rwaryo rishobora kuba rifite imyenda.

Umwe mu bari mu buyobozi bw’iri torero, yavuze ko nta madeni bafite ahubwo ko ikigambiriwe ari ugukomeza kuzamura iri torero ryabo.

Yavuze ko ahubatse uru rusengero ari ku rwego rw’Umudugudu, ati “None rero turashaka kubaka ku cyicaro gikuru ku Kacyiru inzu igeretse.”

Amakuru aturuka muri iri torero, avuga ko ahubwo ari bo birinze gufata amadeni muri banki bagahitamo kugurisha uru rusengero rwabo kugira ngo bubake inzu igeretse ku cyicaro gikuru.

Ubuyobozi bw’iri torero kandi bumara impungenge abasanzwe basengera kuri uru rusengero ko hari uburyo bazabafasha bakajya babona aho bateranira bitabagoye ngo bakore urugendo rurerure rwo kujya aho ku Kacyiru ahatekerezwa kubakwa inzu igeretse.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Yandokoye serges says:
    3 years ago

    Yoooohhhh satani arugeze kure,bagurishije rero inzu y’uwiteka?

    Reply
  2. Carine says:
    3 years ago

    Yewe aho isi igeze! Bagurishe urusengero, kandi ubwo rwubatswe n’ abaturage b’ aho ku mudugudu, babamare impungenge bakodeshe aho bazajya bateranira. Nihashira iminsi bati twitange twiyubakire urusengero tuve mu bukode!
    Imana idutabare!

    Reply

Leave a Reply to Carine Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Rubavu: Babwiwe ko ibyo bacuruza bitera umwanda bakora ikintu kidasanzwe

Next Post

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Related Posts

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.