Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwavuze ko butewe impungenge n’ibibazo by’umutekano biri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, bugira icyo busaba Perezidansi z’Ibihugu byombi.

Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Afurika, rivuga ko rihangayikishijwe n’ibikorwa bihingabanya umutekano ku mipaka hagati y’u Rwanda na DRC.

Iri tangazo rigira riti “Duhangayikishijwe na Raporo z’ibitero byambukiranya imipaka hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bikomeje kugwamo inzirakarengane.”

Iri tangazo rikomeza rigira icyo risaba ibiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi, riti “Twizeye ko habaho uruhare rw’imiyoborere yubaka hagati ya Perezidansi ya DRC na Village Urugwiro [Perezidansi y’u Rwanda].”

We are alarmed by reports of cross-border attacks between the DRC and Rwanda resulting in loss of life. We look for responsible, constructive leadership from 🇨🇩 @Presidence_RDC and 🇷🇼 @UrugwiroVillage.

— Bureau of African Affairs (@AsstSecStateAF) June 11, 2022

Mu ntangiro z’uku kwezi, Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken yakiriye itsinda ry’abayobozi bari baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula.

Izi ntumwa zoherejwe na Perezida Félix Tshisekedi, zakiriwe i Washington, zaganiriye n’uyu mukuru wa Dipolomasi muri USA, ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa DRC ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi bwa DRC.

Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarashe mu Rwanda ibisasu biremereye birimo ibyakomereje abaturage ndetse bikanangiza ibikorwa bya bamwe.

Ibisasu biheruka guterwa mu Rwanda, ni ibyarashwe ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, byaguye mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Kinigi ariko ntibyagira uwo bikomeretsa mu gihe ibyatewe tariki 23 Gicurasi byo byakomerekeje bamwe.

Ku wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022 ibi bisasu byongeraga kuraswa mu Rwanda, ubuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo bwemeza ko byarashwe na FARDC mu gihe iki gisirikare cya DRC na cyo cyahise gisohora irindi tangazo kihunza ibi bisasu, kivuga ko itangazo rya RDF ari uguhumya uburari ngo kuko ahubwo ari yo yarashe mu duce twa Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru, bigahitana abana babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu yatumye imikino ya ½ ya shampiyona y’ikiciro cya kabiri isubikwa

Next Post

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.