Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwavuze ko butewe impungenge n’ibibazo by’umutekano biri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, bugira icyo busaba Perezidansi z’Ibihugu byombi.

Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Afurika, rivuga ko rihangayikishijwe n’ibikorwa bihingabanya umutekano ku mipaka hagati y’u Rwanda na DRC.

Iri tangazo rigira riti “Duhangayikishijwe na Raporo z’ibitero byambukiranya imipaka hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bikomeje kugwamo inzirakarengane.”

Iri tangazo rikomeza rigira icyo risaba ibiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi, riti “Twizeye ko habaho uruhare rw’imiyoborere yubaka hagati ya Perezidansi ya DRC na Village Urugwiro [Perezidansi y’u Rwanda].”

We are alarmed by reports of cross-border attacks between the DRC and Rwanda resulting in loss of life. We look for responsible, constructive leadership from 🇨🇩 @Presidence_RDC and 🇷🇼 @UrugwiroVillage.

— Bureau of African Affairs (@AsstSecStateAF) June 11, 2022

Mu ntangiro z’uku kwezi, Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken yakiriye itsinda ry’abayobozi bari baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula.

Izi ntumwa zoherejwe na Perezida Félix Tshisekedi, zakiriwe i Washington, zaganiriye n’uyu mukuru wa Dipolomasi muri USA, ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa DRC ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi bwa DRC.

Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarashe mu Rwanda ibisasu biremereye birimo ibyakomereje abaturage ndetse bikanangiza ibikorwa bya bamwe.

Ibisasu biheruka guterwa mu Rwanda, ni ibyarashwe ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, byaguye mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Kinigi ariko ntibyagira uwo bikomeretsa mu gihe ibyatewe tariki 23 Gicurasi byo byakomerekeje bamwe.

Ku wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022 ibi bisasu byongeraga kuraswa mu Rwanda, ubuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo bwemeza ko byarashwe na FARDC mu gihe iki gisirikare cya DRC na cyo cyahise gisohora irindi tangazo kihunza ibi bisasu, kivuga ko itangazo rya RDF ari uguhumya uburari ngo kuko ahubwo ari yo yarashe mu duce twa Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru, bigahitana abana babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 1 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu yatumye imikino ya ½ ya shampiyona y’ikiciro cya kabiri isubikwa

Next Post

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.