Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, hatuye umubyeyi w’imyaka 34 y’amavuko ubu ufite umwuzukuru wabyawe n’umukobwa we w’imfura, uvuga ko imibereho mibi barimo igiye gutuma yiruka ku musozi, ariko ngo iyo abonye umwuzukuru we arishima.

Uyu mubyeyi witwa Sumwiza Gaudence utuye mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugeroro, yaje gutura muri aka gace avuye mu Karere ka Rwamagana akomokamo.

Sumwiza Gaudence usanzwe afite abana batatu b’abakobwa, ubu yamaze kuzukuruza ku myaka ye 34 y’amavuko, nyuma yuko umukobwa we w’imfura w’imyaka 17 yibarutse, ndetse bakaba ari na bo babana.

Uko ari batatu, Sumwiza Gaudence ndetse n’umukobwa we wabyaye n’uruhinja rwe, babana mu nzu nto y’ibyumba bibiri, bakodesha ibihumbi bitatu (3 000 Frw) ku kwezi.

Sumwiza Gaudence yabwiye RADIOTV10 ko yashatse umugabo akiri muto, bakaza gutandukana bamaze kubyarana abana batatu b’abakobwa, akaba ari nabwo yigiriye inama yo kujya mu Karere ka Rubavu gushakisha ubuzima, akajya gusigira ababyeyi be abana be.

Avuga ko kuba yaruzukuruje ku myaka 34 y’amavuko, ku rungano rw’abakirimo ingaragu, ari uko yashatse akiri muto kuko ubuzima yari arimo bwari ingume kubera ibibazo byo mu muryango we.

Ati “Nashatse nkiri muto bitewe n’uburyo nari mfashwemo mu rugo kuko ntabwo bigeze bampa umutekano, meze nk’umuntu wireze n’ubundi bituma nshaka umugabo imburagihe.”

Akomeza agira ati “Ubwo nyine nsigaye ntitwa Tate [Nyogokuru] kandi ntarageza igihe cyo kuba umucyecuru.”

Avuga ko ibi byo kuba yaramaze kwitwa “Nyogokuru” atari ikibazo kuri we, ahubwo ko ikibazo ari imibereho imugoye yo kwita ku mukobwa we wabaye umubyeyi ndetse n’uruhinja yibarutse.

Ati “Ikibazo ngira ni ukuba nabasha kubabonera ibyo kurya, nk’igikoma, ni ibintu biba bigoye ariko njye iyo mbonye akuzukura kanjye numva nishimye.”

Uyu mubyeyi avuga ko ibi byose biri kumubaho ari ingaruka zo kuba atarafashwe neza mu muryango, byatumye abyara akiri muto, ari na byo byabaye ku mukobwa we, na we wabanje kurerwa n’ababyeyi be ariko na we ntibamwiteho uko bikwiye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Enmy says:
    2 years ago

    Aduhe number ye muhe agasukari iyange n0780145755 sms gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

Next Post

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.