Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, hatuye umubyeyi w’imyaka 34 y’amavuko ubu ufite umwuzukuru wabyawe n’umukobwa we w’imfura, uvuga ko imibereho mibi barimo igiye gutuma yiruka ku musozi, ariko ngo iyo abonye umwuzukuru we arishima.

Uyu mubyeyi witwa Sumwiza Gaudence utuye mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugeroro, yaje gutura muri aka gace avuye mu Karere ka Rwamagana akomokamo.

Sumwiza Gaudence usanzwe afite abana batatu b’abakobwa, ubu yamaze kuzukuruza ku myaka ye 34 y’amavuko, nyuma yuko umukobwa we w’imfura w’imyaka 17 yibarutse, ndetse bakaba ari na bo babana.

Uko ari batatu, Sumwiza Gaudence ndetse n’umukobwa we wabyaye n’uruhinja rwe, babana mu nzu nto y’ibyumba bibiri, bakodesha ibihumbi bitatu (3 000 Frw) ku kwezi.

Sumwiza Gaudence yabwiye RADIOTV10 ko yashatse umugabo akiri muto, bakaza gutandukana bamaze kubyarana abana batatu b’abakobwa, akaba ari nabwo yigiriye inama yo kujya mu Karere ka Rubavu gushakisha ubuzima, akajya gusigira ababyeyi be abana be.

Avuga ko kuba yaruzukuruje ku myaka 34 y’amavuko, ku rungano rw’abakirimo ingaragu, ari uko yashatse akiri muto kuko ubuzima yari arimo bwari ingume kubera ibibazo byo mu muryango we.

Ati “Nashatse nkiri muto bitewe n’uburyo nari mfashwemo mu rugo kuko ntabwo bigeze bampa umutekano, meze nk’umuntu wireze n’ubundi bituma nshaka umugabo imburagihe.”

Akomeza agira ati “Ubwo nyine nsigaye ntitwa Tate [Nyogokuru] kandi ntarageza igihe cyo kuba umucyecuru.”

Avuga ko ibi byo kuba yaramaze kwitwa “Nyogokuru” atari ikibazo kuri we, ahubwo ko ikibazo ari imibereho imugoye yo kwita ku mukobwa we wabaye umubyeyi ndetse n’uruhinja yibarutse.

Ati “Ikibazo ngira ni ukuba nabasha kubabonera ibyo kurya, nk’igikoma, ni ibintu biba bigoye ariko njye iyo mbonye akuzukura kanjye numva nishimye.”

Uyu mubyeyi avuga ko ibi byose biri kumubaho ari ingaruka zo kuba atarafashwe neza mu muryango, byatumye abyara akiri muto, ari na byo byabaye ku mukobwa we, na we wabanje kurerwa n’ababyeyi be ariko na we ntibamwiteho uko bikwiye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Enmy says:
    3 years ago

    Aduhe number ye muhe agasukari iyange n0780145755 sms gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 17 =

Previous Post

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

Next Post

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.