Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, hatuye umubyeyi w’imyaka 34 y’amavuko ubu ufite umwuzukuru wabyawe n’umukobwa we w’imfura, uvuga ko imibereho mibi barimo igiye gutuma yiruka ku musozi, ariko ngo iyo abonye umwuzukuru we arishima.

Uyu mubyeyi witwa Sumwiza Gaudence utuye mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugeroro, yaje gutura muri aka gace avuye mu Karere ka Rwamagana akomokamo.

Sumwiza Gaudence usanzwe afite abana batatu b’abakobwa, ubu yamaze kuzukuruza ku myaka ye 34 y’amavuko, nyuma yuko umukobwa we w’imfura w’imyaka 17 yibarutse, ndetse bakaba ari na bo babana.

Uko ari batatu, Sumwiza Gaudence ndetse n’umukobwa we wabyaye n’uruhinja rwe, babana mu nzu nto y’ibyumba bibiri, bakodesha ibihumbi bitatu (3 000 Frw) ku kwezi.

Sumwiza Gaudence yabwiye RADIOTV10 ko yashatse umugabo akiri muto, bakaza gutandukana bamaze kubyarana abana batatu b’abakobwa, akaba ari nabwo yigiriye inama yo kujya mu Karere ka Rubavu gushakisha ubuzima, akajya gusigira ababyeyi be abana be.

Avuga ko kuba yaruzukuruje ku myaka 34 y’amavuko, ku rungano rw’abakirimo ingaragu, ari uko yashatse akiri muto kuko ubuzima yari arimo bwari ingume kubera ibibazo byo mu muryango we.

Ati “Nashatse nkiri muto bitewe n’uburyo nari mfashwemo mu rugo kuko ntabwo bigeze bampa umutekano, meze nk’umuntu wireze n’ubundi bituma nshaka umugabo imburagihe.”

Akomeza agira ati “Ubwo nyine nsigaye ntitwa Tate [Nyogokuru] kandi ntarageza igihe cyo kuba umucyecuru.”

Avuga ko ibi byo kuba yaramaze kwitwa “Nyogokuru” atari ikibazo kuri we, ahubwo ko ikibazo ari imibereho imugoye yo kwita ku mukobwa we wabaye umubyeyi ndetse n’uruhinja yibarutse.

Ati “Ikibazo ngira ni ukuba nabasha kubabonera ibyo kurya, nk’igikoma, ni ibintu biba bigoye ariko njye iyo mbonye akuzukura kanjye numva nishimye.”

Uyu mubyeyi avuga ko ibi byose biri kumubaho ari ingaruka zo kuba atarafashwe neza mu muryango, byatumye abyara akiri muto, ari na byo byabaye ku mukobwa we, na we wabanje kurerwa n’ababyeyi be ariko na we ntibamwiteho uko bikwiye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Enmy says:
    3 years ago

    Aduhe number ye muhe agasukari iyange n0780145755 sms gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 3 =

Previous Post

Amakuru mashya ku Munyarwanda washakishwaga bikomeye uri mu bashyiriweho intego na America

Next Post

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.