Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore ufite imyaka 15 wo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi akurikiranyweho kubwira mugenzi we amagambo aganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside, yarangiza akamutera umusumari hafi y’ijisho biturutse ku mpaka z’irindazi.

Ibi byabereye mu isantere y’ahitwa ku Rya Kane ubwo uwitwa Peter yari amaze kurya irindazi akanga kwishyura, bigatuma abari aho bamubaza impamvu adashaka kwishyura akaba ari bwo intonganya zitangira.

Igilimbabazi Emmanuel watewe umusumari avuga ko yababajije uyu Peter niba nta soni afite zo gushaka kwambura umwana ucuruza amandazi amafaranga, undi akamusubiza nabi amubwira amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “None ho mubwiye nti ‘umuntu ungana nkawe ni uwo kurya irindazi ntiwishyure kandi ubona uyu mwana ari kwishakishiriza’, ahita ambwira ngo ‘ayo mazuru ameze nk’ay’Abatutsi yayateramo umusumari.”

Abari hafi aho banagize uruhare mu gutabara uwakomerekejwe no kugeza uyu Peter kuri RIB, babwiye RADIOTV10 ko bumvise aya magambo uyu musore yavuze mbere yo gutera mugenzi we icyuma.

Yohani Muhashyi ushinzwe umutekano mu isoko ibi byabereyemo, agira ati “Yamubwiraga kwishyura irindazi ry’abandi undi numva ashyizemo ibintu by’ingengabitekerezo ngo iryo zuru rimeze nk’iry’Umututsi narica. Ubwo aba amuteye umusumari. Ahubwo iyo aza kuwutera mu jisho ryari kuvamo.”

Irihose Elie na we yagize ati “Bamubwiye ko ari igisambo kubera kwanga kwishyura irindazi, ahita avuga ngo iryo jisho rimeze nk’iry’abacikacumu narikuramo, ubundi ahita avana umusumari mu mufuka arawumutera abonye ko twabibonye ahujungunya inyuma.”

Peter uvugwaho uru rugomo, yemera ko yabikoze icyakora agahakana iby’amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Agira ati “Numva umujinya uranyishe ni ko kumukomeretsa kuriya. Ibyo bindi ntabyo navuze ndarengana.”

Abaturage bo muri aka Kagari ka Gakoni, bavuga ko uyu musore asanzwe yarananiranye ndetse ko azwiho ibikorwa by’ubujura no gukangisha abantu kubakomeretsa nk’uko umugore utashatse kwivuga amazina abivuga.

Ati “Yarananiranye arazwi nanjye ubwanjye ubushize ntwite aheruka kumfatiraho icyuma ngo yankuramo inda kubera ko nari mvuze ko ari kwiba inanasi. Hari mu isoko kurya kane ari gucomora inanasi ngize ngo mvuge ati nakubaga.”

Abaturage bamufashe bakamwigereza kuri RIB basaba ko kuri iyi nshuro yakurikiranwa kuko ngo ari kenshi afatwa nk’uku bikarangira ahise arekurwa bavuga ngo ni umunyeshuri.

Yohani agira ati “Asanzwe ari igisambo ndetse ni n’igihazi. Hari igihe yafatwaga akazanwa hano ariko Padiri akaza ati ‘mumpe umwana wanjye kuko ari ho yiga’ bigatuma ahora yishingikiriza kuri Padiri. Icyo twasaba ni uko yahanwa n’itegeko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa yaba afite imyaka 15 koko icyakora avuga ko ubuyobozi buri gukorana n’izindi nzego kugira ngo akurikiranwe ndetse abe yajyanwa aho abana bagororerwa.

Ati “Ntabwo ndareba mu irangamimerere neza, ariko amakuru ava mu Kagari aravuga ko afite imyaka 15. Ni byo asanzwe akora ibikorwa bihungabanya umutekano ntabwo turi bukomeze kumubembereza ngo ni uko ari umwana”.

Uyu mwana afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza mu gihe hagikorwa iperereza ngo hamenyekane niba koko afite imyaka itamwemerera gukurikiranwa n’urukiko na cyane ko hari abavuga ko yaba arengeje iyo myaka.

Uwatewe umusamari avuga ko uwabimukoreye yabanje kumubwira amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Umusumari bamuteye ni muremure

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

Umusaza ukurikiranyweho gusambanya umwuzukuru we arusha imyaka 65 yavuze icyabimuteye

Next Post

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.