Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA
0
Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu (CLADHO), Evariste Murwanashyaka avuga ko Leta y’u Rwanda ikwiye gutandukanya serivisi umuntu asanzwe yemerewe n’inkingo za COVID-19, akavuga ko nta muntu ukwiye kuzimwa kuko atikingije.

Kuva gahunda yo gutanga inkingo za COVID-19 yatangira, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kwikingiza ari ubushake bw’umuntu gusa ubu hari serivisi nyinshi umuntu adashobora guhabwa atikingije.

Imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa muntu ivuga ko nta muntu wari ukwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe ngo ni uko atikingije COVID-19.

Umuhuzabikorwa w’impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), Evariste Murwanashyaka yagize avuga ko nubwo uburenganzira bwo kubaho ari bwo bw’ibanze ariko ko kwikingiza COVID-19 bitari bikwiye kuba itegeko.

Ati “Twabonye hari abatangiye kwirukanwa mu kazi kubera ko batikingije, urumva ko abo bantu barimo barabangamirwa.”

Evariste Murwanashyaka avuga ko gahunda yo gukingirwa idakwiye guhuzwa n’izindi serivisi umuntu asanzwe yemerewe.

Ati “Niba umuntu asanzwe yemerewe kujya kwivuza, yemerewe kujya mu ishuri akaba atajya mu ishuri atarikingije kandi atarabyumva […] ntabwo abantu bakabaye bafatirwa kuri serivisi.”

Avuga ko ibi bishobora no kugira ingaruka ku buzima bw’umuntu kuko hari uburenganzira bwe buba bwahonyowe.

Ati “Niba ari umuntu urwaye ugiye kwa muganga bagasanga atarikingije ubwo ntashobora kubura ubuzima kubera ko atarikingiza? Ibiri gukorwa ntabwo ari bibi ariko bikorwe nta muntu bihutaje.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuzima rusange, Dr Mpunga Tharcisse avuga ko kwikingiza ari ubushake ariko ko utikingije atangomba kubangamira uwabikoze.

Ati “Ariko nanone iyo uhisemo kutikingiza nanone hari undi muntu ushobora kubangamira igihe waba urwaye ukaba wamwanduza ni ukuvuga ko niba ukeneye kujya aho abandi bahurira ari benshi bikingije biragusaba ko nawe wikingiza ariko niba utikingije kuki ujya kubanduza.”

Dr Mpunga Tharcisse avuga ko abakomeje kwanga kwikingiza bakwiye kurebera urugero ku babikoze kuko inkingo ntacyo zabatwaye ahubwo ko zibafasha kutazahazwa na COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 1 =

Previous Post

Umudatenguha abakunda udukoryo: Ariel Wayz yateye imitoma umukobwa mugenzi we mu ndirimbo bituma hibazwa byinshi

Next Post

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.