Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwabaye ikiraro cyazamuye abahanzi benshi ubu yanabaye ikibambutsa ibwotamasimbi

radiotv10by radiotv10
07/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwabaye ikiraro cyazamuye abahanzi benshi ubu yanabaye ikibambutsa ibwotamasimbi
Share on FacebookShare on Twitter

Alex Muyoboke, uri mu baza ku isonga mu kugira uruhare mu kuzamura umuziki nyarwanda ugezweho, ubu noneho akomeje gufasha abahanzi benshi kwamamara amahanga.

Uyu mugabo uzwi cyane mu bujyanama bw’abahanzi, hari benshi bamunyuze mu maboko ndetse ubu bakaba ari ibyamamare muri muzika nyarwanda.

Kuri uyu wa 05 kamena 2023, Muyoboke ndetse n’abahanzi barimo Israel Mbonyi, Junior Rumaga, bafashe rutemikirere berecyeza ku Mugabane w’u Burayi aho bagiye gukorera ibitaramo. Si aba gusa kuko na Phil Peter agomba kubakurikira mu gihe cya vuba.

Abahagurutse mu Rwanda bagiye gukorera ibitaramo mu Bihugu bitandukanye by’Umugabane w’u Burayi birimo u Bubirigi, u Bufaransa ndetse n’u Budage.

Ku ikubitiro Junior Rumaga werecyeje i Burayi bwa mbere, yitabiriye inama y’abasizi bo muri Afurika yitwa ‘Nyirarumaga’ yabereye mu Bufaransa.

Naho Israel Mbonyi agiye mu Bubiligi mu gitaramo ahafite ku wa 11 Kamena 2023 akazakomereza mu bindi bihugu nk’u Bufaransa na Suède.

Muyoboke wajyanye n’aba bahanzi, we ntagiye kuririmba cyangwa gucurana, ahubwo akomeje urugendo rwe rwo kuzamura muzika nyarwanda nkuko yabiharaniye kuva hambere, dore ko ari mu bateguye ibi bitaramo byitabiriwe n’aba bahanzi.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza urukundo afitiye umuziki w’Abanyarwanda, yemeza ko yinjiye mu gutegura ibitaramo ndetse ari mu batumye ibi bitaramo bigiye kubera i Burayi biba, kandi byose bigamije gukomeza kumenyekanisha umuziki w’Abanyarwanda.

Joby JOSHUA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

RDF yatangaje amakuru ku ntandaro y’iyirukanwa ry’abasirikare barimo Abajenerali babiri

Next Post

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

by radiotv10
30/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, yongeye kumugenera ubutumwa, amusezeranya...

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

by radiotv10
28/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsinda bivugwa ko ari we...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.