Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai bamaze kwambara iroza bazaniye Urukiko icyifuzo

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai bamaze kwambara iroza bazaniye Urukiko icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimo Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, n’umushoramari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, baregwa ibyaha bifitanye isano n’umudugudu wagarutsweho na Perezida Paul Kagame ku bw’inzu zisondetse, bitabye Urukiko ngo baburane ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo.

Uretse Rwamurangwa na Nsabimana Jean alias Dubai, uru rubanza ruregwamo kandi Mberabahizi Raymond Chretien wari ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Gasabo na Nyirabihogo Jeanne d’Arc wari Umuyobozi w’Ishami ry’ibyemezo by’ubutaka mu Karere ka Gasabo.

Bakewaho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya gikekwa kuri Dubai, ndetse no gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, gishinjwa aba bari abayobozi; ibyaha bishingiye ku nzu zitujuje ubuziranenge ziri mu zigize umudugudu uzwi nk’Urukumbuzi Real Estate uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Mu kwezi gushize, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwafashe icyemezo cyo kubafunga by’agateganyo, rushingiye ku mpamvu zikomeye z’ibyagezweho mu iperereza.

Abaregwa batanyuzwe n’iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, bahise bajuririra Urwisumbuye rwa Gasabo, basaba gufungurwa bagakurikiranwa bari hanze.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kamena 2023, abaregwa uko ari bane bitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rufite icyicaro i Rusororo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Abaregwa bamaze kwambikwa imyambaro yambikwa imfungwa zitarakatirwa, bageze ku cyicaro cy’Urukiko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, bitwaje dosiye zibafasha mu miburanire yabo.

Ngo ntibakwiye gukurikiranwa

Abaregwa baburanye bwa mbere bahakana ibyaha, bavuze ko badakwiye kuba bakurikiranwaho ibi byaha, kuko itegeko ryiyambajwe n’Ubushinjacyaha, ryagiyeho nyuma y’uko ibyo baregwa bikorwa.

Umunyamamtegeko Me Tharcisse Udahemuka wunganira Chretien Mberabahizi, yanavuze ko Urukiko rwafashe icyemezo cyo gufunga abakiliya babo, rutagombaga no kwakira ikirego kibarega kuko itegeko riteganya ibyaha baregwa, igihe bikekwa ko byabereye, ritari ririho.

Yavugaga ko iryo tegero ryakoreshejwe n’Ubushinjacyaha ryagiyeho muri 2018, mu gihe ibyaha biregwa abakiliya babo, byakozwe hagati ya 2013 na 2017, ubwo hubakwaga uriya mudugudu.

Uyu munyamategeko uvuga ko abakiliya babo badakwiye kujyanwa mu nkiko, yasabye ko barekurwa baba ari n’abo gukurikiranwa bagakurikiranwa bari hanze.

Kuri iyi ngingo, Ubushinjacyaha bwavuze ko nubwo ibyo byaha byabaye mbere ya ririya tegeko, ariko amasezerano yabayeho hagati y’ubuyobozi bw’Akarere n’uyu munyemari, ari ayo kuva muri 2017-2018.

Uyu munyamategeko yahise yongera kuvuga ko nubwo ayo masezerano ageza muri 2018, ariko yagombaga kurangira ku ya 30 Kamena 2018, mu gihe itegeko riri gukoreshwa ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nzeri 2018.

Naho umunyamaetegeko wunganira Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, we yavuze ko ibi byaha biregwa abakiliya babo, atari iby’imanza z’inshinjabyaha ku buryo byagakwiye gutuma bafungwa, ahubwo ko ari ibyo mu manza mbonezamubabo.

Abaregwa ndetse n’ababunganira kandi bavuze ko bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ngo kuko iminsi 30 ivugwa mu cyemezo cyabafunze, yarangiye, bagasaba kurekugwa ngo kuko nta bindi bimenyetso bigikenewe mu iperereza.

Ubwo bageraga ku Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 2 =

Previous Post

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Next Post

Uganda: Habaye igikorwa cy’ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Habaye igikorwa cy’ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo

Uganda: Habaye igikorwa cy'ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.