Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Fidele Gakire washinze ikinyamakuru Ishema, akaza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari na ho yatangiye gukorana na Guverinoma yiyise ikorera mu buhungiro, ubu akaba afungiye mu Rwanda, yahakanye icyaha akurikiranyweho, avuga ko yaje ahaze ibya Politiki, aje gukorera Igihugu cyamwibarutse.

Fidele Gakire Uzabakiriho, yamenyekanye mu myaka yatambutse, ari umusesenguzi mu biganiro byatambukaga ku bitangazamakuru binyuranye, nyuma aza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yaje gukorana na Guverinoma ikorera mu buhungiro yashinzwe na Padiri Nahimana Thomas, ndetse anamuha umwanya muri yo Guverinoma, ari Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo.

Nyuma byaje kuvugwa ko uyu munyamakuru afungiye mu Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, Fidele Gakire yireguye ku cyaha akurikiranyweho, agihakana yivuye inyuma.

Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ko uregwa yakoresheje Pasiporo mpimbano yahawe na Nahimana, ubwo iyi guverinoma ikorera mu buhungiro yemezaga ko hashyirwaho agatabo kameze nka pasiporo kazajya karanga abanyamuryango b’iri tsinda rivuga ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo mu Rwnada.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yanafatiwe ku kibuga cy’Indege i Kanombe afite ako gatabo kameze nka Pasiporo ngo kaguraga 85 USD.

Gakire uhakana iki cyaha ashinjwa, avuga ko urwo rwandiko rw’inzira atari uruhimbano ndetse ko atigeze arukoresha ku bibuga by’indege yanyuzeho.

Yagize ati “Nabaga muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko, mfite uburyo bwo kwinjira mu Gihugu no kugisohokamo.”

Uregwa avuga ko ako gatabo yagatunze nk’icyangombwa cy’umunyamuryango w’ako gatsiko, ariko ko yari yaje no mu Rwanda yaramaze kwitandukanya na ko.

Yagize ati “Nababwiye ko ndi Umunyarwanda utahutse, ibya politiki ntashaka kubibamo, nkaba nakoresha ubumenyi nakuye mu masomo nigiye iyo mu kubaka u Rwanda.”

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya icyaha uyu munyamakuru, rukamukatira gufungwa imyaka itanu go gutanga ihazabu ya Miliyoni 3 Frw, mu gihe we yasabye kugirwa umwere, akarekurwa akajya gufatanya n’Abanyarwanda kubaka Igihugu.

Fidele Gakire uyu munsi mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Next Post

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.