Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Fidele Gakire washinze ikinyamakuru Ishema, akaza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari na ho yatangiye gukorana na Guverinoma yiyise ikorera mu buhungiro, ubu akaba afungiye mu Rwanda, yahakanye icyaha akurikiranyweho, avuga ko yaje ahaze ibya Politiki, aje gukorera Igihugu cyamwibarutse.

Fidele Gakire Uzabakiriho, yamenyekanye mu myaka yatambutse, ari umusesenguzi mu biganiro byatambukaga ku bitangazamakuru binyuranye, nyuma aza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yaje gukorana na Guverinoma ikorera mu buhungiro yashinzwe na Padiri Nahimana Thomas, ndetse anamuha umwanya muri yo Guverinoma, ari Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo.

Nyuma byaje kuvugwa ko uyu munyamakuru afungiye mu Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, Fidele Gakire yireguye ku cyaha akurikiranyweho, agihakana yivuye inyuma.

Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ko uregwa yakoresheje Pasiporo mpimbano yahawe na Nahimana, ubwo iyi guverinoma ikorera mu buhungiro yemezaga ko hashyirwaho agatabo kameze nka pasiporo kazajya karanga abanyamuryango b’iri tsinda rivuga ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo mu Rwnada.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yanafatiwe ku kibuga cy’Indege i Kanombe afite ako gatabo kameze nka Pasiporo ngo kaguraga 85 USD.

Gakire uhakana iki cyaha ashinjwa, avuga ko urwo rwandiko rw’inzira atari uruhimbano ndetse ko atigeze arukoresha ku bibuga by’indege yanyuzeho.

Yagize ati “Nabaga muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko, mfite uburyo bwo kwinjira mu Gihugu no kugisohokamo.”

Uregwa avuga ko ako gatabo yagatunze nk’icyangombwa cy’umunyamuryango w’ako gatsiko, ariko ko yari yaje no mu Rwanda yaramaze kwitandukanya na ko.

Yagize ati “Nababwiye ko ndi Umunyarwanda utahutse, ibya politiki ntashaka kubibamo, nkaba nakoresha ubumenyi nakuye mu masomo nigiye iyo mu kubaka u Rwanda.”

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya icyaha uyu munyamakuru, rukamukatira gufungwa imyaka itanu go gutanga ihazabu ya Miliyoni 3 Frw, mu gihe we yasabye kugirwa umwere, akarekurwa akajya gufatanya n’Abanyarwanda kubaka Igihugu.

Fidele Gakire uyu munsi mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 19 =

Previous Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Next Post

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.