Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye muri Guverinoma yo mu buhungiro ufungiye mu Rwanda yavuze ko ubu yifuza kubaka Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Fidele Gakire washinze ikinyamakuru Ishema, akaza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari na ho yatangiye gukorana na Guverinoma yiyise ikorera mu buhungiro, ubu akaba afungiye mu Rwanda, yahakanye icyaha akurikiranyweho, avuga ko yaje ahaze ibya Politiki, aje gukorera Igihugu cyamwibarutse.

Fidele Gakire Uzabakiriho, yamenyekanye mu myaka yatambutse, ari umusesenguzi mu biganiro byatambukaga ku bitangazamakuru binyuranye, nyuma aza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yaje gukorana na Guverinoma ikorera mu buhungiro yashinzwe na Padiri Nahimana Thomas, ndetse anamuha umwanya muri yo Guverinoma, ari Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo.

Nyuma byaje kuvugwa ko uyu munyamakuru afungiye mu Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, Fidele Gakire yireguye ku cyaha akurikiranyweho, agihakana yivuye inyuma.

Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ko uregwa yakoresheje Pasiporo mpimbano yahawe na Nahimana, ubwo iyi guverinoma ikorera mu buhungiro yemezaga ko hashyirwaho agatabo kameze nka pasiporo kazajya karanga abanyamuryango b’iri tsinda rivuga ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo mu Rwnada.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yanafatiwe ku kibuga cy’Indege i Kanombe afite ako gatabo kameze nka Pasiporo ngo kaguraga 85 USD.

Gakire uhakana iki cyaha ashinjwa, avuga ko urwo rwandiko rw’inzira atari uruhimbano ndetse ko atigeze arukoresha ku bibuga by’indege yanyuzeho.

Yagize ati “Nabaga muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko, mfite uburyo bwo kwinjira mu Gihugu no kugisohokamo.”

Uregwa avuga ko ako gatabo yagatunze nk’icyangombwa cy’umunyamuryango w’ako gatsiko, ariko ko yari yaje no mu Rwanda yaramaze kwitandukanya na ko.

Yagize ati “Nababwiye ko ndi Umunyarwanda utahutse, ibya politiki ntashaka kubibamo, nkaba nakoresha ubumenyi nakuye mu masomo nigiye iyo mu kubaka u Rwanda.”

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya icyaha uyu munyamakuru, rukamukatira gufungwa imyaka itanu go gutanga ihazabu ya Miliyoni 3 Frw, mu gihe we yasabye kugirwa umwere, akarekurwa akajya gufatanya n’Abanyarwanda kubaka Igihugu.

Fidele Gakire uyu munsi mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Next Post

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Bruce Melodie wari muri America akinahafite ibitaramo yagarutse mu Rwanda mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.