Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Gerardine Mukeshimana wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, uherutse kugirwa Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), yahawe ikaze n’umukuriye muri izi nshingano nshya, amuvuga imyato ko hari icyo azafasha ubuhinzi bw’Isi.

Amakuru y’uyu mwanya mushya wahawe Dr Mukeshimana, yamenyekanye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, ubwo hagaragaraga itangazo rya Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), rigira uyu Munyarwandakazi, umwungiriza we.

Mu itangazo rya Perezida wa IFAD, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nashyizeho Madamu Gerardine Mukeshimana ukomoka mu Rwanda, nka Visi Perezida.”

Alvaro Lario yongeye gutangaza ubutumwa, agaragaza ko yahaye ikaze Dr Mukeshimana muri iki Kigega kigira uruhare mu guteza imbere ubuhinzi bufatiye runini abatuye Isi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye guha ikaze Dr Gerardine Mukeshimana muri IFAD nka Visi Perezida mushya wacu.”

Perezida wa IFAD yakomeje avuga ko ubunararibonye bwa Dr Mukeshimana, nk’umuntu wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, buzatanga umusanzu ukomeye mu mikorere y’iki Kigega.

Ati “Nka Minisitiri w’Ubuhinzi mu Rwanda, yateje imbere uru rwego, afasha abahinzi kuzamura imibereho yabo. Ubunararibonye bwe bw’agaciro gahebuje buzadufasha guteza imbere ubuzima bw’abaturage.”

Dr Mukeshimana na we yashimiye Perezida wa IFAD, avuga ko na we yishimiye kuza gutanga umusanzu we muri uru rwego rw’Ubuhinzi bufatiye runini ubukungu bw’Ibihugu n’imibereho y’ababituye.

Umunyarwandakazi Dr Agnes Kalibata Ihuriro Nyafurika riharanira Impinduka mu Buhinzi, AGRA, ni umwe mu bagaragaje ko yishimiye uyu mwanya wahawe mugenzi we Dr Mukeshimana.

Dr Agnes Kalibata na we mu butumwa yatanze, yavuze ko ubunararibone bwa Mukeshimana buzatanga umusanzu ukomeye mu kuzamura ubuhinzi bw’Isi, aboneraho kumwizeza imikoranire myiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + seven =

Previous Post

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Next Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Related Posts

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

IZIHERUKA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda
MU RWANDA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.