Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wahawe inshingano zikomeye ku Isi yazitangiye avugwa imyato
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Gerardine Mukeshimana wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, uherutse kugirwa Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), yahawe ikaze n’umukuriye muri izi nshingano nshya, amuvuga imyato ko hari icyo azafasha ubuhinzi bw’Isi.

Amakuru y’uyu mwanya mushya wahawe Dr Mukeshimana, yamenyekanye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, ubwo hagaragaraga itangazo rya Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), rigira uyu Munyarwandakazi, umwungiriza we.

Mu itangazo rya Perezida wa IFAD, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nashyizeho Madamu Gerardine Mukeshimana ukomoka mu Rwanda, nka Visi Perezida.”

Alvaro Lario yongeye gutangaza ubutumwa, agaragaza ko yahaye ikaze Dr Mukeshimana muri iki Kigega kigira uruhare mu guteza imbere ubuhinzi bufatiye runini abatuye Isi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye guha ikaze Dr Gerardine Mukeshimana muri IFAD nka Visi Perezida mushya wacu.”

Perezida wa IFAD yakomeje avuga ko ubunararibonye bwa Dr Mukeshimana, nk’umuntu wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, buzatanga umusanzu ukomeye mu mikorere y’iki Kigega.

Ati “Nka Minisitiri w’Ubuhinzi mu Rwanda, yateje imbere uru rwego, afasha abahinzi kuzamura imibereho yabo. Ubunararibonye bwe bw’agaciro gahebuje buzadufasha guteza imbere ubuzima bw’abaturage.”

Dr Mukeshimana na we yashimiye Perezida wa IFAD, avuga ko na we yishimiye kuza gutanga umusanzu we muri uru rwego rw’Ubuhinzi bufatiye runini ubukungu bw’Ibihugu n’imibereho y’ababituye.

Umunyarwandakazi Dr Agnes Kalibata Ihuriro Nyafurika riharanira Impinduka mu Buhinzi, AGRA, ni umwe mu bagaragaje ko yishimiye uyu mwanya wahawe mugenzi we Dr Mukeshimana.

Dr Agnes Kalibata na we mu butumwa yatanze, yavuze ko ubunararibone bwa Mukeshimana buzatanga umusanzu ukomeye mu kuzamura ubuhinzi bw’Isi, aboneraho kumwizeza imikoranire myiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Next Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

by radiotv10
12/11/2025
0

Gender-Based Violence (GBV) has become one of the biggest global challenges of our time. It happens everywhere in homes, schools,...

IZIHERUKA

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse
MU RWANDA

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

12/11/2025
Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.