Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in MU RWANDA
1
Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabonye impanuka yabereye mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, y’igare ryari ririho abana batatu bari bagiye kuvoma, igahitana umwe muri bo, yavuze ko ryabuze feri rikaruhukira mu muferege, bigakangaranya ababirebaga.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Nyakanga 2023, yakozwe n’igare ryari ririho abana batatu barimo uwari uritwaye, n’abandi babiri bari bajyanye kuvoma amazi mu gishanga gitandukanya Akarere ka Ngoma n’aka Rwamagana, ku Midugudu ya Gashekasheke ya mbere n’iya Kabiri.

Uwitabye Imana ni Irabizi Damascene w’imyaka 12, mu gihe abandi babiri bakomeretse, ari bo Nzayituriki Aline w’imyaka 15 ari na we wari utwaye iri gare, ndetse na Mugisha Rukundo.

Karekezi Faustin wabonye iyi mpanuka ubwo yabaga, yavuze ko iryo gare ryaguye aho na bo bari bageze, ku buryo babyiboneye neza, akavuga ko byatewe no kuba iri gare ryabuze feri.

Ati “Ni ho twari tugeze natwe tumanuka, ribatsinda aho, ribakubita muri uwo muferege ntakundi. Bamujuanye agatima kari kugira gutya, ariko twababwiye tuti ‘nubwo mumujyanye kwa muganga nta kantu karimo yapfuye byarangiye’.”

Izibyose Emmanuel na we wabonye iyi mpanuka, yagize ati “Bageze hariya hepfo ni uko feri zirababurana ni ko guhita bagwa hariya hepfo aho bakoreraga pepiniyeri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karembo, Ndayisaba Steven avuga ko amakuru yamenyekanye ari uko iri gare ryari ryabuze feri.

Ati “Amakuru twamenye ni uko uwo wari utwaye bagenzi be yabwiye inzego z’umutekano ko yageze ahantu hamanuka akaza kubura feri agakomeza kurwana n’igare ariko ageze ahantu hari ikona biza kwanga aragwa.”

Uyu muyobozi akomeza agira ati “Babiri bo bakomeretse bari kwa muganga. Umwe na we bari kumwe mu gihe bamugejeje kwa muganga amaze akanya ahita yitaba Imana.”

Aba bana babiri bakomeretse, bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Kirwa kugira ngo bitabweho kuko bakomeretse, mu gihe nyakwigendera yagejejweyo agahita ashiramo umwaka, umurambo we ugahita ujyanwa ku Bitaro bya Kibungo, kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    2 years ago

    Muzatubarize inzego zubuyobozi zibifite munshingano.muti ko ikishe umuntu kiba kizwi kigararagara.umurambo ujyana kwamuganga gukorerwa irihe suzuma?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 4 =

Previous Post

Ukuri mpamo ku bivugwa ko umuhanzi ugezweho mu Rwanda yatandukanye n’umujyanama we

Next Post

Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame

Related Posts

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

21/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame

Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.