Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi witwa Uwase Jeanne ufite abana batatu, utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko yaburanye n’umuryango we afite imyaka itanu ubwo yavaga aho yarererwaga nyuma yo kumukubita, ubu akaba atazi akanunu k’umuryango we.

Uwase Jeanne w’imyaka 23 y’amavuko, avuga ko mukuru w’umubyeyi we (nyina) yamumusabye ngo ajye amusigaranira umwana, ariko yagerayo akumva adashaka kuhaguma.

Ati “Turagenda haciyemo ukwezi mubwira ko nkumbuye mu rugo ati ‘gusubira yo uzabyibagirwe’ haje umwana witwaga Mahoro arambwira ngo mukuru wawe arambwiye ngo mpa inkweto, akimara kuhava mukuru wanjye araza mubwira uko byagenze ahita afata inkoni arankubita, arambwira ngo nzagaruke ari uko nzizanye mpita ngenda uko.”

Avuga ko yaje kurerwa n’undi muntu mu mujyi wa Kigali ariko yagira imyaka 15 agashakana n’umusore uvuka i Nyamasheke bamaze kubyarana abana batatu, icyakora ngo ahora atekereza ababyeyi be akavuga ko yibuka izina rimwe rya nyina kandi ko iwabo bashobora kuba bari batuye muri Nyanza ya Butare.

Ati “Umubyeyi wanjye nzi izina rimwe numvaga bavuga ko yitwa Mukagatare, Papa ntabwo mwibuka […] Iyo mpatekereje numva mbakumbuye, numva ko batekereza ko napfuye.”

Umugabo we na we ngo yifuza kubona Sebukwe na Nyirabukwe

Hakizumwami Hemedi washakanye na Uwase Jeanne na we avuga ko kuba umufasha we atazi niba ababyeyi be bariho bimushavuza, akavuga ko aramutse agize amahirwe yo kubona sebukwe na nyirabukwe byamushimisha.

Ati “Njyewe nk’umukwe wabo nubwo ubuzima buba bukomeye mbana n’umukobwa wabo, ariko nifuza kumenya mabukwe na databukwe.”

Kamana Uzziel wo muri komite mpuzamahanga y’umuryango wa Croix-Rouge (CICR) yabwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kubonana na Jeanne hari icyizere cy’uko ashobora gufashwa kongera kubona umuryango we.

Agira ati “Twavugana nawe tukazajya kumusura akatubwira ibyo yaba yibuka. Ntabwo bivuze ko yahita ahura n’umuryango we ariko baramutse bakiriho twagerageza.”

Uwase avuga ko icyatumye ashaka ku myaka 15 ari uko yumvaga nagira urugo bizamufasha mu buzima bwo kutagira akanunu k’umuryango we. Ashengurwa cyane ngo no kuba ababyeyi be niba bakiriho baba batekereza ko we yaba atakiriho.

Ubu ni umubyeyi w’abana batatu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

Umukobwa w’uburanga wavuzwe mu rukundo n’abahanzi bakunzwe yiguriye impano y’imodoka yihagazeho

Next Post

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Related Posts

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Culture is more than traditions, dances, food, or clothing. It is the identity of a people the stories they tell,...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

IZIHERUKA

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all
IMIBEREHO MYIZA

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.