Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi witwa Uwase Jeanne ufite abana batatu, utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko yaburanye n’umuryango we afite imyaka itanu ubwo yavaga aho yarererwaga nyuma yo kumukubita, ubu akaba atazi akanunu k’umuryango we.

Uwase Jeanne w’imyaka 23 y’amavuko, avuga ko mukuru w’umubyeyi we (nyina) yamumusabye ngo ajye amusigaranira umwana, ariko yagerayo akumva adashaka kuhaguma.

Ati “Turagenda haciyemo ukwezi mubwira ko nkumbuye mu rugo ati ‘gusubira yo uzabyibagirwe’ haje umwana witwaga Mahoro arambwira ngo mukuru wawe arambwiye ngo mpa inkweto, akimara kuhava mukuru wanjye araza mubwira uko byagenze ahita afata inkoni arankubita, arambwira ngo nzagaruke ari uko nzizanye mpita ngenda uko.”

Avuga ko yaje kurerwa n’undi muntu mu mujyi wa Kigali ariko yagira imyaka 15 agashakana n’umusore uvuka i Nyamasheke bamaze kubyarana abana batatu, icyakora ngo ahora atekereza ababyeyi be akavuga ko yibuka izina rimwe rya nyina kandi ko iwabo bashobora kuba bari batuye muri Nyanza ya Butare.

Ati “Umubyeyi wanjye nzi izina rimwe numvaga bavuga ko yitwa Mukagatare, Papa ntabwo mwibuka […] Iyo mpatekereje numva mbakumbuye, numva ko batekereza ko napfuye.”

Umugabo we na we ngo yifuza kubona Sebukwe na Nyirabukwe

Hakizumwami Hemedi washakanye na Uwase Jeanne na we avuga ko kuba umufasha we atazi niba ababyeyi be bariho bimushavuza, akavuga ko aramutse agize amahirwe yo kubona sebukwe na nyirabukwe byamushimisha.

Ati “Njyewe nk’umukwe wabo nubwo ubuzima buba bukomeye mbana n’umukobwa wabo, ariko nifuza kumenya mabukwe na databukwe.”

Kamana Uzziel wo muri komite mpuzamahanga y’umuryango wa Croix-Rouge (CICR) yabwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kubonana na Jeanne hari icyizere cy’uko ashobora gufashwa kongera kubona umuryango we.

Agira ati “Twavugana nawe tukazajya kumusura akatubwira ibyo yaba yibuka. Ntabwo bivuze ko yahita ahura n’umuryango we ariko baramutse bakiriho twagerageza.”

Uwase avuga ko icyatumye ashaka ku myaka 15 ari uko yumvaga nagira urugo bizamufasha mu buzima bwo kutagira akanunu k’umuryango we. Ashengurwa cyane ngo no kuba ababyeyi be niba bakiriho baba batekereza ko we yaba atakiriho.

Ubu ni umubyeyi w’abana batatu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 15 =

Previous Post

Umukobwa w’uburanga wavuzwe mu rukundo n’abahanzi bakunzwe yiguriye impano y’imodoka yihagazeho

Next Post

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.