Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaburanye n’umuryango afite imyaka 5 ku mpamvu yihariye amaze imyaka 18 atazi akanunu
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi witwa Uwase Jeanne ufite abana batatu, utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko yaburanye n’umuryango we afite imyaka itanu ubwo yavaga aho yarererwaga nyuma yo kumukubita, ubu akaba atazi akanunu k’umuryango we.

Uwase Jeanne w’imyaka 23 y’amavuko, avuga ko mukuru w’umubyeyi we (nyina) yamumusabye ngo ajye amusigaranira umwana, ariko yagerayo akumva adashaka kuhaguma.

Ati “Turagenda haciyemo ukwezi mubwira ko nkumbuye mu rugo ati ‘gusubira yo uzabyibagirwe’ haje umwana witwaga Mahoro arambwira ngo mukuru wawe arambwiye ngo mpa inkweto, akimara kuhava mukuru wanjye araza mubwira uko byagenze ahita afata inkoni arankubita, arambwira ngo nzagaruke ari uko nzizanye mpita ngenda uko.”

Avuga ko yaje kurerwa n’undi muntu mu mujyi wa Kigali ariko yagira imyaka 15 agashakana n’umusore uvuka i Nyamasheke bamaze kubyarana abana batatu, icyakora ngo ahora atekereza ababyeyi be akavuga ko yibuka izina rimwe rya nyina kandi ko iwabo bashobora kuba bari batuye muri Nyanza ya Butare.

Ati “Umubyeyi wanjye nzi izina rimwe numvaga bavuga ko yitwa Mukagatare, Papa ntabwo mwibuka […] Iyo mpatekereje numva mbakumbuye, numva ko batekereza ko napfuye.”

Umugabo we na we ngo yifuza kubona Sebukwe na Nyirabukwe

Hakizumwami Hemedi washakanye na Uwase Jeanne na we avuga ko kuba umufasha we atazi niba ababyeyi be bariho bimushavuza, akavuga ko aramutse agize amahirwe yo kubona sebukwe na nyirabukwe byamushimisha.

Ati “Njyewe nk’umukwe wabo nubwo ubuzima buba bukomeye mbana n’umukobwa wabo, ariko nifuza kumenya mabukwe na databukwe.”

Kamana Uzziel wo muri komite mpuzamahanga y’umuryango wa Croix-Rouge (CICR) yabwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kubonana na Jeanne hari icyizere cy’uko ashobora gufashwa kongera kubona umuryango we.

Agira ati “Twavugana nawe tukazajya kumusura akatubwira ibyo yaba yibuka. Ntabwo bivuze ko yahita ahura n’umuryango we ariko baramutse bakiriho twagerageza.”

Uwase avuga ko icyatumye ashaka ku myaka 15 ari uko yumvaga nagira urugo bizamufasha mu buzima bwo kutagira akanunu k’umuryango we. Ashengurwa cyane ngo no kuba ababyeyi be niba bakiriho baba batekereza ko we yaba atakiriho.

Ubu ni umubyeyi w’abana batatu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

Umukobwa w’uburanga wavuzwe mu rukundo n’abahanzi bakunzwe yiguriye impano y’imodoka yihagazeho

Next Post

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Ikibazo cyabereye umutwaro Igihugu cy’ibituranyi cy’u Rwanda cyacyekegetse ku kindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.