Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

radiotv10by radiotv10
05/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga y’umugabo uri gusezerana n’umugore we imbere y’amategeko abwira uwabasezeranyaga ati “ntabwo nsubiramo”, uyu mugabo yavuze ko iki gisubizo yakivuze yiyongorera ndetse na Gitifu atacyumvise, anavuga icyabimuteye.

Aya mashusho yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umuyobozi wasezeranyaga uyu muryango, asaba uyu ati “Pierre Pierre urasubiramo” Undi akamusubiza nta gihunga ati “Ntabwo nsubiramo.”

Ni amashusho yazamuye urwenya muri benshi, bavuga ko uyu Pierre yihagazeho cyane kubera uburyo yahangaye umuyobozi akamusubiza muri ubu buryo.

Mu kiganiro Muhire Pierre n’umugore we bagiranye na Youtube Channel yitwa Max TV, bavuze ko iri sezerano ryo mu Murenge ryabaye tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2023.

Muri iki kiganiro, umunyamakuru atangira atebya, abaza uyu mugabo ati “Urasubiramo?” Undi amusubiza agira ati “Uyu munsi bwo ariko ndasubiramo.”

Pierre yatunguye benshi asubiza Gitifu ati “Ntabwo nsubiramo”

Muhire Pierre avuga ko kuba yarabwiye Umuyobozi wabasezeranyaga kuriya, nta gasuzuguro karimo, kuko mu buzima busanzwe asanzwe ari umunyamashyengo ndetse ko na biriya yabivuze ari gushyenga.

Ati “Mu buzima busanzwe ngira ibintu by’amashyengo, kuba nasetsa bitewe n’aho ndi cyangwa bitewe n’ibyishimo nari mfite, binaterwa nanone no kuba nari nsubirishijwemo inshuro nyinshi.”

Pierre avuga ko amashusho yagiye hanze ari agace gato kafashwe, kuko we yari amaze gusubirishwamo inshuro nyinshi.

Ati “Ubwa mbere nasomye ntamanitse akaboko, ansubirishamo nsubiramo, inshuro ya kabiri noneho amagambo nyavuga uko atanditse, ubwo ku nshuro ya kabiri mu kunsubirishamo, ambwira ngo ‘Pierre Pierre urasubiramo?’ nabivuze gacye niyongorera, ntabwo nzi ukuntu byabagezeho kuko na Gitifu ntabwo yabyumvise, ririya ryari ibanga ryanjye.”

Pierre avuga ko mu mashusho yagiye hanze, humvikanamo Gitifu abwira Pierre ko asubiramo akabivuga inshuro ebyiri, na we amusubiza inshuro ebyiri, ariko we akavuga ko yamubajije rimwe na we akamusubiza rimwe, ahubwo ko aya mashusho bayakoreye amakabyankuru.

Pierre avuga ko iki gisubizo yahaye Gitifu cyari kimurimo mu mutima ariko na we ngo ntazi uburyo cyasohotse, yewe ngo ntiyanabyitayeho bikiba, ku buryo na we byamutunguye nyuma y’uko aya mashusho agiye hanze.

Umugore wa Pierre, avuga ko na we atumvise iki gisubizo umugabo we yahaye Gitifu, ahubwo ko na we yatunguwe n’ibiri muri aya mashusho yasakaye.

Ati “Byahise bincanga nyoberwa n’aho yabivugiye, kuko namubajije nti ‘wabivugiye ko ntabyo numvise.”

Pierre n’umugore we babisobanuye birambuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + five =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa gutera umusore kwica urw’agashinyaguro umugabo n’umugore we

Next Post

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Related Posts

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda
IMYIDAGADURO

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.