Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

radiotv10by radiotv10
05/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga y’umugabo uri gusezerana n’umugore we imbere y’amategeko abwira uwabasezeranyaga ati “ntabwo nsubiramo”, uyu mugabo yavuze ko iki gisubizo yakivuze yiyongorera ndetse na Gitifu atacyumvise, anavuga icyabimuteye.

Aya mashusho yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umuyobozi wasezeranyaga uyu muryango, asaba uyu ati “Pierre Pierre urasubiramo” Undi akamusubiza nta gihunga ati “Ntabwo nsubiramo.”

Ni amashusho yazamuye urwenya muri benshi, bavuga ko uyu Pierre yihagazeho cyane kubera uburyo yahangaye umuyobozi akamusubiza muri ubu buryo.

Mu kiganiro Muhire Pierre n’umugore we bagiranye na Youtube Channel yitwa Max TV, bavuze ko iri sezerano ryo mu Murenge ryabaye tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2023.

Muri iki kiganiro, umunyamakuru atangira atebya, abaza uyu mugabo ati “Urasubiramo?” Undi amusubiza agira ati “Uyu munsi bwo ariko ndasubiramo.”

Pierre yatunguye benshi asubiza Gitifu ati “Ntabwo nsubiramo”

Muhire Pierre avuga ko kuba yarabwiye Umuyobozi wabasezeranyaga kuriya, nta gasuzuguro karimo, kuko mu buzima busanzwe asanzwe ari umunyamashyengo ndetse ko na biriya yabivuze ari gushyenga.

Ati “Mu buzima busanzwe ngira ibintu by’amashyengo, kuba nasetsa bitewe n’aho ndi cyangwa bitewe n’ibyishimo nari mfite, binaterwa nanone no kuba nari nsubirishijwemo inshuro nyinshi.”

Pierre avuga ko amashusho yagiye hanze ari agace gato kafashwe, kuko we yari amaze gusubirishwamo inshuro nyinshi.

Ati “Ubwa mbere nasomye ntamanitse akaboko, ansubirishamo nsubiramo, inshuro ya kabiri noneho amagambo nyavuga uko atanditse, ubwo ku nshuro ya kabiri mu kunsubirishamo, ambwira ngo ‘Pierre Pierre urasubiramo?’ nabivuze gacye niyongorera, ntabwo nzi ukuntu byabagezeho kuko na Gitifu ntabwo yabyumvise, ririya ryari ibanga ryanjye.”

Pierre avuga ko mu mashusho yagiye hanze, humvikanamo Gitifu abwira Pierre ko asubiramo akabivuga inshuro ebyiri, na we amusubiza inshuro ebyiri, ariko we akavuga ko yamubajije rimwe na we akamusubiza rimwe, ahubwo ko aya mashusho bayakoreye amakabyankuru.

Pierre avuga ko iki gisubizo yahaye Gitifu cyari kimurimo mu mutima ariko na we ngo ntazi uburyo cyasohotse, yewe ngo ntiyanabyitayeho bikiba, ku buryo na we byamutunguye nyuma y’uko aya mashusho agiye hanze.

Umugore wa Pierre, avuga ko na we atumvise iki gisubizo umugabo we yahaye Gitifu, ahubwo ko na we yatunguwe n’ibiri muri aya mashusho yasakaye.

Ati “Byahise bincanga nyoberwa n’aho yabivugiye, kuko namubajije nti ‘wabivugiye ko ntabyo numvise.”

Pierre n’umugore we babisobanuye birambuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa gutera umusore kwica urw’agashinyaguro umugabo n’umugore we

Next Post

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.