Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

radiotv10by radiotv10
05/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga y’umugabo uri gusezerana n’umugore we imbere y’amategeko abwira uwabasezeranyaga ati “ntabwo nsubiramo”, uyu mugabo yavuze ko iki gisubizo yakivuze yiyongorera ndetse na Gitifu atacyumvise, anavuga icyabimuteye.

Aya mashusho yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umuyobozi wasezeranyaga uyu muryango, asaba uyu ati “Pierre Pierre urasubiramo” Undi akamusubiza nta gihunga ati “Ntabwo nsubiramo.”

Ni amashusho yazamuye urwenya muri benshi, bavuga ko uyu Pierre yihagazeho cyane kubera uburyo yahangaye umuyobozi akamusubiza muri ubu buryo.

Mu kiganiro Muhire Pierre n’umugore we bagiranye na Youtube Channel yitwa Max TV, bavuze ko iri sezerano ryo mu Murenge ryabaye tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2023.

Muri iki kiganiro, umunyamakuru atangira atebya, abaza uyu mugabo ati “Urasubiramo?” Undi amusubiza agira ati “Uyu munsi bwo ariko ndasubiramo.”

Pierre yatunguye benshi asubiza Gitifu ati “Ntabwo nsubiramo”

Muhire Pierre avuga ko kuba yarabwiye Umuyobozi wabasezeranyaga kuriya, nta gasuzuguro karimo, kuko mu buzima busanzwe asanzwe ari umunyamashyengo ndetse ko na biriya yabivuze ari gushyenga.

Ati “Mu buzima busanzwe ngira ibintu by’amashyengo, kuba nasetsa bitewe n’aho ndi cyangwa bitewe n’ibyishimo nari mfite, binaterwa nanone no kuba nari nsubirishijwemo inshuro nyinshi.”

Pierre avuga ko amashusho yagiye hanze ari agace gato kafashwe, kuko we yari amaze gusubirishwamo inshuro nyinshi.

Ati “Ubwa mbere nasomye ntamanitse akaboko, ansubirishamo nsubiramo, inshuro ya kabiri noneho amagambo nyavuga uko atanditse, ubwo ku nshuro ya kabiri mu kunsubirishamo, ambwira ngo ‘Pierre Pierre urasubiramo?’ nabivuze gacye niyongorera, ntabwo nzi ukuntu byabagezeho kuko na Gitifu ntabwo yabyumvise, ririya ryari ibanga ryanjye.”

Pierre avuga ko mu mashusho yagiye hanze, humvikanamo Gitifu abwira Pierre ko asubiramo akabivuga inshuro ebyiri, na we amusubiza inshuro ebyiri, ariko we akavuga ko yamubajije rimwe na we akamusubiza rimwe, ahubwo ko aya mashusho bayakoreye amakabyankuru.

Pierre avuga ko iki gisubizo yahaye Gitifu cyari kimurimo mu mutima ariko na we ngo ntazi uburyo cyasohotse, yewe ngo ntiyanabyitayeho bikiba, ku buryo na we byamutunguye nyuma y’uko aya mashusho agiye hanze.

Umugore wa Pierre, avuga ko na we atumvise iki gisubizo umugabo we yahaye Gitifu, ahubwo ko na we yatunguwe n’ibiri muri aya mashusho yasakaye.

Ati “Byahise bincanga nyoberwa n’aho yabivugiye, kuko namubajije nti ‘wabivugiye ko ntabyo numvise.”

Pierre n’umugore we babisobanuye birambuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa gutera umusore kwica urw’agashinyaguro umugabo n’umugore we

Next Post

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Mu byumweru bitatu bikurikirana u Rwanda rwakiriye umushyitsi wa gatatu ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.