Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwafatanywe ibitemewe byavaga muri Congo yatanze amakuru arambuye

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA
0
Uwafatanywe ibitemewe byavaga muri Congo yatanze amakuru arambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 40 wafatiwe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu afite amavuta yangiza uruhu azwi nka mukologo yaturukaga muri Congo, yabwiye Polisi ko yari amaze ukwezi atangiye ibi bikorwa, anavuga inshuro yari amaze kubikora.

Uyu mugabo wafatiwe mu Mudugudu w’Ihumure mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi, yasanganywe amacupa 1 080 y’aya mavuta y’ubwoko butandukanye arimo Paw paw, Caro light, Clairmen, Beauty, Epiderme crème, Bio Plus, na Coco Pulp.

Yafatiwe iwe mu rugo mu ijoro ahagana saa tanu nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), rihawe amakuru ko hari umuntu winjije mu Gihugu amavuta ya mukologo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko uyu mugabo yari amaze gupakirira ayo mavuta ahitwa Buhaza.

Ati “Hahise hatangira igikorwa cyo kumufata, aza gufatwa akiyageza iwe mu rugo aho atuye mu Mudugudu w’Ihumure.”

Uyu mugabo akimara gufatwa, yiyemereye ko ayo mavuta yari kubyuka ayajyana mu Mujyi wa Kigali kuyaha abakiliya be, ndetse ko yari amaze ukwezi kumwe atangiye ibi bikorwa, aho yari amaze kubikora ku nshuro ya 10.

Akimara gufatwa, ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagaragaje aho ihagaze ku guha umugisha ‘Abatinganyi’ byemejwe na Papa

Next Post

IFOTO: Uwabaye Minisitiri mu Rwanda yagaragaje ikimumara ‘stress’ z’akazi aba yiriwemo

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

by radiotv10
05/12/2025
0

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by'ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo,...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Uwabaye Minisitiri mu Rwanda yagaragaje ikimumara ‘stress’ z’akazi aba yiriwemo

IFOTO: Uwabaye Minisitiri mu Rwanda yagaragaje ikimumara 'stress' z’akazi aba yiriwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.