Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, umugabo arakekwaho kwica umugore we amukubise majagu mu mutwe, aho uwamugezeho bwa mbere yavuze ko yasanze yamuvunaguye ingingo zose, yanamukubise mu myanya y’ibanga.

Ubu bwicanyi bikekwa ko bwakozwe n’umugabo wishe umugore we, bwabereye mu Mudugudu w’Isangano, aho uyu nyakwigendera yari yahungiye dore ko we n’umugabo we ukekwaho kumwica bari batuye mu Mudugudu w’Umutekano, mu Kagari ka Karambo mu Murenge Kigali.

Umugabo witwa Nkundinshuti Emmanuel ukekwaho kwica umugore we Utetiwabo Fortune, bivugwa ko bari basanzwe bafitanye ibibazo by’amakimbirane ashingiye ku mafaranga.

Amakaru atangwa n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uyu muryango wari wimutse uva mu Karere ka Rusizi werecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho batangiye ubucuruzi bukanabahira ariko ko ikibazo cyabagaho, ari uko umugabo yikubiraga amafaranga bakuraga muri ubu bucuruzi.

Umwe mu baturage bo muri aka gace wageze kuri nyakwigendera bwa mbere, yavuze ko uyu mugore yapfuye urupfu rubi.

Yagize ati “Njye wamugezeho ingingo zose yari yazikonyaguye, hose no mu gitsina yakubiseho, yabyimbye, umugongo yawuvunaguye, imbavu yavunaguye.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ariko nabashije kubona ko yamukubise majagu hano mu rwiciro kuko ijisho ryari ryaturumbutse.”

Avuga ko ubwo yamugeragaho abisabwe n’abandi ngo ajye kumufata, nyakwigendera yari atarashiramo umwuka, akamusaba kumuryamisha ariko yabonaga ari gusamba.

Ati “Ndangije ndamuryamisha, maze kumuryamisha arambwira ngo ngira amaboko neza, arambwira ngo amaguru ngira neza, amaguru nyagira neza, arangije ariruhutsa, yasamye gatatu bwa gatatu mpamagara abantu nti ‘birarangiye’.”

Aba baturanyi bavuga ko uyu mugabo yahoraga abwira uyu mugore we [nyakwigendera] ko azamwica, bakaza gutongana ari na bwo umugore yafataga icyemezo cyo kumuhungira mu rundi rugo.

Bavuga kandi ko umugabo usanzwe ari nyiri uru rugo rwari rwahungiyemo nyakwigendera na we yakubiswe majagu n’uyu ukekwaho kwica umugore we, ku buryo na we ari mu bitaro.

Uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we, na we yahise afatwa n’abaturage ubwo yageragezaga gutoroka ndetse akica idirishya ry’inzu yamwiciyemo.

Onesphore, uyobora Umudugudu w’Isangano wabereyemo ubu bwicanyi yavuze ko umugabo ukekwaho kwica umugore we, yavuye iwe amukurikiye aho yari yamuhungiye avuga ko agiye kumwica.

Avuga ko uyu mugabo yageze muri uru rugo rw’uwitwa Fisi, akabanza gukubita majagu uyu mugabo, ubundi agahita ajya kuyikubita umugore we aho yari ari.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twizeyimana Francois Xavier says:
    3 years ago

    Nyuma y’icyumweru kimwe gusa umwe aciwe umutwe,undi yicishijwe majagu!Bavandimwe birakabije.Gusa igihe cyose mugenzi wawe akweruriye ko azakwica byaba byiza umuhunze hakiri kare kuko burya ntaba akina.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − five =

Previous Post

Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo

Next Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali
AMAHANGA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.