Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Uwageze bwa mbere ku mugore bikekwa ko yishwe n’umugabo we yavuze ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, umugabo arakekwaho kwica umugore we amukubise majagu mu mutwe, aho uwamugezeho bwa mbere yavuze ko yasanze yamuvunaguye ingingo zose, yanamukubise mu myanya y’ibanga.

Ubu bwicanyi bikekwa ko bwakozwe n’umugabo wishe umugore we, bwabereye mu Mudugudu w’Isangano, aho uyu nyakwigendera yari yahungiye dore ko we n’umugabo we ukekwaho kumwica bari batuye mu Mudugudu w’Umutekano, mu Kagari ka Karambo mu Murenge Kigali.

Umugabo witwa Nkundinshuti Emmanuel ukekwaho kwica umugore we Utetiwabo Fortune, bivugwa ko bari basanzwe bafitanye ibibazo by’amakimbirane ashingiye ku mafaranga.

Amakaru atangwa n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uyu muryango wari wimutse uva mu Karere ka Rusizi werecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho batangiye ubucuruzi bukanabahira ariko ko ikibazo cyabagaho, ari uko umugabo yikubiraga amafaranga bakuraga muri ubu bucuruzi.

Umwe mu baturage bo muri aka gace wageze kuri nyakwigendera bwa mbere, yavuze ko uyu mugore yapfuye urupfu rubi.

Yagize ati “Njye wamugezeho ingingo zose yari yazikonyaguye, hose no mu gitsina yakubiseho, yabyimbye, umugongo yawuvunaguye, imbavu yavunaguye.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ariko nabashije kubona ko yamukubise majagu hano mu rwiciro kuko ijisho ryari ryaturumbutse.”

Avuga ko ubwo yamugeragaho abisabwe n’abandi ngo ajye kumufata, nyakwigendera yari atarashiramo umwuka, akamusaba kumuryamisha ariko yabonaga ari gusamba.

Ati “Ndangije ndamuryamisha, maze kumuryamisha arambwira ngo ngira amaboko neza, arambwira ngo amaguru ngira neza, amaguru nyagira neza, arangije ariruhutsa, yasamye gatatu bwa gatatu mpamagara abantu nti ‘birarangiye’.”

Aba baturanyi bavuga ko uyu mugabo yahoraga abwira uyu mugore we [nyakwigendera] ko azamwica, bakaza gutongana ari na bwo umugore yafataga icyemezo cyo kumuhungira mu rundi rugo.

Bavuga kandi ko umugabo usanzwe ari nyiri uru rugo rwari rwahungiyemo nyakwigendera na we yakubiswe majagu n’uyu ukekwaho kwica umugore we, ku buryo na we ari mu bitaro.

Uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we, na we yahise afatwa n’abaturage ubwo yageragezaga gutoroka ndetse akica idirishya ry’inzu yamwiciyemo.

Onesphore, uyobora Umudugudu w’Isangano wabereyemo ubu bwicanyi yavuze ko umugabo ukekwaho kwica umugore we, yavuye iwe amukurikiye aho yari yamuhungiye avuga ko agiye kumwica.

Avuga ko uyu mugabo yageze muri uru rugo rw’uwitwa Fisi, akabanza gukubita majagu uyu mugabo, ubundi agahita ajya kuyikubita umugore we aho yari ari.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twizeyimana Francois Xavier says:
    3 years ago

    Nyuma y’icyumweru kimwe gusa umwe aciwe umutwe,undi yicishijwe majagu!Bavandimwe birakabije.Gusa igihe cyose mugenzi wawe akweruriye ko azakwica byaba byiza umuhunze hakiri kare kuko burya ntaba akina.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo

Next Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.