Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Karimunda Jean Damascene wahoze mu mutwe wa MRCD/FLN ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse bimaze iminsi bivugwa ko ufite umugambi wo kurutera, yawuburiye awumenyesha ko ari nk’inzozi kuko ntacyo bageraho, anavuga ko uko uyu mutwe ukorana n’u Burundi, buwuha ibikoresho.

Karimunda avuga ko nubwo yumvise ko uyu mutwe ufite gahunda yo gutera u Rwanda, ariko ntacyo wageraho ahubwo ko icyo ugamije ari ugukomeza gucuruza abantu.

Avuga ko yajyanywe muri 2018 ubwo yafatwaga, we na bagenzi be bahise bajyanwa i Burundi, bagatangira guhabwa imyitozo irimo iy’urugamba, nko kwihisha mu gihe cy’imirwano, gutwika imodoka, no gusenya ibiraro.

Avuga ko iby’ibanze babwirwaga icyo gihe, babumvishaga ko bagomba gutera u Rwanda, ngo bagakuraho ubutegetsi buriho.

Agaragaza uruhare rw’u Burundi mu gutuma uyu mutwe warakomeje kubaho, yavuze ko nk’ibikoresha wabikuraga mu Burundi.

Ati “Ibikoresho twabikuraga mu Burundi, kuko Colonel Fabien yabaga mu Burundi, hariho n’amasasu twakuye ku Mukongoro, hari ayazanye Fabien ari mu modoka ya gisirikare harimo na Mitarayeze muri iyo modoka, tuyinjirana mu Kibira.”

Atanga ingero z’ibi bikorwa bibi bya FLN, akavuga ko na we ubwo yafatwaga n’abarwanyi b’uyu mutwe, we na bagenzi be bagze mu 130 banyujijwe muri Nyungwe, bagera mu ishyamba rya Kibira muri Cibitoke i Burundi, bahise bafatwa bugwate.

Ati “Bavugaga ko umuntu ugiye mu Rwanda bamwica ariko si ko biri, ahubwo ni ukudasobanukirwa n’amakuru, kuko ntakibazo kiriho, ariko nubwo babivugaga gutyo, njye ntabwo nari kubyemera kuko nari mvuye mu Rwanda vuba.”

Banakomeje gukurikirana amakuru, bakumva abayobozi b’uyu mutwe wa MRCD/FLN nka Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte alias Sankara, baragejejwe mu Rwanda.

Avuga ko aho amariye kumva ko aba bari babakuriye bagejejwe mu Rwanda ntibicwe ahubwo bakagezwa imbere y’ubutabera, yahise afata icyemezo cyo gutaha akagaruka mu rwamubyaye.

Ati “Ariko misiyo yo kuza mu Rwanda twari tuje kurasa abaturage, n’abasirikare ba Nyungwe bari mu birindiro by’Ingabo z’u Rwanda, kugira ngo amakuru yumvikane ko urugamba rumeze nabi muri Nyungwe.”

We yahise yitandukanya na bagenzi be, yakirwa neza n’Ingabo z’u Rwanda, zimugaragariza umutima wa kimuntu utandukanye cyane n’uwo yabonanye n’abo muri uyu mutwe yateye umugongo.

Ati “Nkurikije uko bariya bantu bameze, ni abantu bareba ku macakubiri, bakareba ku bwoko, Uturere. Ni abantu bacuruza abantu, harimo abakobwa, bohereza amafoto mu mahanga kugira ngo barebe ko baboherereza amafaranga bakirira. Ibyo mbibonye gutyo rero naje gufata iya mbere yo kubavamo.”

Karimunda yaboneyeho kuburira abari muri uyu mutwe, abasaba guhumuka bakabona ko ibyo barimo bidashoboka, akabasaba gushaka inzira zatuma bagaruka mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda, kuko amahoro ahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 2 =

Previous Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Next Post

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Related Posts

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Umuryango 'Ineza Foundation' urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.