Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Karimunda Jean Damascene wahoze mu mutwe wa MRCD/FLN ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse bimaze iminsi bivugwa ko ufite umugambi wo kurutera, yawuburiye awumenyesha ko ari nk’inzozi kuko ntacyo bageraho, anavuga ko uko uyu mutwe ukorana n’u Burundi, buwuha ibikoresho.

Karimunda avuga ko nubwo yumvise ko uyu mutwe ufite gahunda yo gutera u Rwanda, ariko ntacyo wageraho ahubwo ko icyo ugamije ari ugukomeza gucuruza abantu.

Avuga ko yajyanywe muri 2018 ubwo yafatwaga, we na bagenzi be bahise bajyanwa i Burundi, bagatangira guhabwa imyitozo irimo iy’urugamba, nko kwihisha mu gihe cy’imirwano, gutwika imodoka, no gusenya ibiraro.

Avuga ko iby’ibanze babwirwaga icyo gihe, babumvishaga ko bagomba gutera u Rwanda, ngo bagakuraho ubutegetsi buriho.

Agaragaza uruhare rw’u Burundi mu gutuma uyu mutwe warakomeje kubaho, yavuze ko nk’ibikoresha wabikuraga mu Burundi.

Ati “Ibikoresho twabikuraga mu Burundi, kuko Colonel Fabien yabaga mu Burundi, hariho n’amasasu twakuye ku Mukongoro, hari ayazanye Fabien ari mu modoka ya gisirikare harimo na Mitarayeze muri iyo modoka, tuyinjirana mu Kibira.”

Atanga ingero z’ibi bikorwa bibi bya FLN, akavuga ko na we ubwo yafatwaga n’abarwanyi b’uyu mutwe, we na bagenzi be bagze mu 130 banyujijwe muri Nyungwe, bagera mu ishyamba rya Kibira muri Cibitoke i Burundi, bahise bafatwa bugwate.

Ati “Bavugaga ko umuntu ugiye mu Rwanda bamwica ariko si ko biri, ahubwo ni ukudasobanukirwa n’amakuru, kuko ntakibazo kiriho, ariko nubwo babivugaga gutyo, njye ntabwo nari kubyemera kuko nari mvuye mu Rwanda vuba.”

Banakomeje gukurikirana amakuru, bakumva abayobozi b’uyu mutwe wa MRCD/FLN nka Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte alias Sankara, baragejejwe mu Rwanda.

Avuga ko aho amariye kumva ko aba bari babakuriye bagejejwe mu Rwanda ntibicwe ahubwo bakagezwa imbere y’ubutabera, yahise afata icyemezo cyo gutaha akagaruka mu rwamubyaye.

Ati “Ariko misiyo yo kuza mu Rwanda twari tuje kurasa abaturage, n’abasirikare ba Nyungwe bari mu birindiro by’Ingabo z’u Rwanda, kugira ngo amakuru yumvikane ko urugamba rumeze nabi muri Nyungwe.”

We yahise yitandukanya na bagenzi be, yakirwa neza n’Ingabo z’u Rwanda, zimugaragariza umutima wa kimuntu utandukanye cyane n’uwo yabonanye n’abo muri uyu mutwe yateye umugongo.

Ati “Nkurikije uko bariya bantu bameze, ni abantu bareba ku macakubiri, bakareba ku bwoko, Uturere. Ni abantu bacuruza abantu, harimo abakobwa, bohereza amafoto mu mahanga kugira ngo barebe ko baboherereza amafaranga bakirira. Ibyo mbibonye gutyo rero naje gufata iya mbere yo kubavamo.”

Karimunda yaboneyeho kuburira abari muri uyu mutwe, abasaba guhumuka bakabona ko ibyo barimo bidashoboka, akabasaba gushaka inzira zatuma bagaruka mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda, kuko amahoro ahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Next Post

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Umuryango 'Ineza Foundation' urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.