Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Karimunda Jean Damascene wahoze mu mutwe wa MRCD/FLN ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse bimaze iminsi bivugwa ko ufite umugambi wo kurutera, yawuburiye awumenyesha ko ari nk’inzozi kuko ntacyo bageraho, anavuga ko uko uyu mutwe ukorana n’u Burundi, buwuha ibikoresho.

Karimunda avuga ko nubwo yumvise ko uyu mutwe ufite gahunda yo gutera u Rwanda, ariko ntacyo wageraho ahubwo ko icyo ugamije ari ugukomeza gucuruza abantu.

Avuga ko yajyanywe muri 2018 ubwo yafatwaga, we na bagenzi be bahise bajyanwa i Burundi, bagatangira guhabwa imyitozo irimo iy’urugamba, nko kwihisha mu gihe cy’imirwano, gutwika imodoka, no gusenya ibiraro.

Avuga ko iby’ibanze babwirwaga icyo gihe, babumvishaga ko bagomba gutera u Rwanda, ngo bagakuraho ubutegetsi buriho.

Agaragaza uruhare rw’u Burundi mu gutuma uyu mutwe warakomeje kubaho, yavuze ko nk’ibikoresha wabikuraga mu Burundi.

Ati “Ibikoresho twabikuraga mu Burundi, kuko Colonel Fabien yabaga mu Burundi, hariho n’amasasu twakuye ku Mukongoro, hari ayazanye Fabien ari mu modoka ya gisirikare harimo na Mitarayeze muri iyo modoka, tuyinjirana mu Kibira.”

Atanga ingero z’ibi bikorwa bibi bya FLN, akavuga ko na we ubwo yafatwaga n’abarwanyi b’uyu mutwe, we na bagenzi be bagze mu 130 banyujijwe muri Nyungwe, bagera mu ishyamba rya Kibira muri Cibitoke i Burundi, bahise bafatwa bugwate.

Ati “Bavugaga ko umuntu ugiye mu Rwanda bamwica ariko si ko biri, ahubwo ni ukudasobanukirwa n’amakuru, kuko ntakibazo kiriho, ariko nubwo babivugaga gutyo, njye ntabwo nari kubyemera kuko nari mvuye mu Rwanda vuba.”

Banakomeje gukurikirana amakuru, bakumva abayobozi b’uyu mutwe wa MRCD/FLN nka Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte alias Sankara, baragejejwe mu Rwanda.

Avuga ko aho amariye kumva ko aba bari babakuriye bagejejwe mu Rwanda ntibicwe ahubwo bakagezwa imbere y’ubutabera, yahise afata icyemezo cyo gutaha akagaruka mu rwamubyaye.

Ati “Ariko misiyo yo kuza mu Rwanda twari tuje kurasa abaturage, n’abasirikare ba Nyungwe bari mu birindiro by’Ingabo z’u Rwanda, kugira ngo amakuru yumvikane ko urugamba rumeze nabi muri Nyungwe.”

We yahise yitandukanya na bagenzi be, yakirwa neza n’Ingabo z’u Rwanda, zimugaragariza umutima wa kimuntu utandukanye cyane n’uwo yabonanye n’abo muri uyu mutwe yateye umugongo.

Ati “Nkurikije uko bariya bantu bameze, ni abantu bareba ku macakubiri, bakareba ku bwoko, Uturere. Ni abantu bacuruza abantu, harimo abakobwa, bohereza amafoto mu mahanga kugira ngo barebe ko baboherereza amafaranga bakirira. Ibyo mbibonye gutyo rero naje gufata iya mbere yo kubavamo.”

Karimunda yaboneyeho kuburira abari muri uyu mutwe, abasaba guhumuka bakabona ko ibyo barimo bidashoboka, akabasaba gushaka inzira zatuma bagaruka mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda, kuko amahoro ahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Next Post

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Umuryango 'Ineza Foundation' urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.