Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Uwakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Iradukunda Jean Bertrand usigaye atuye muri Canada, yasezeranye n’umukunzi we wo muri iki Gihugu yimukiyemo.

Bertrand wahagaritse ruhago akajya gutura muri Canada mu mwaka wa 2023, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ari kumwe n’umukunzi we, ariko ntiyagira byinshi atangaza, uretse kugaragaza uturangabyiyumviro ko yihebeye uyu mukunzi we.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, yemeza ko uyu wahoze ari rutahizamu w’amakipe atandukanye yamaze gusezerana mu mategeko n’umukunzi we witwa Lydie ndetse ko bitegura no gukora indi mihango y’ubukwe izanabera mu Rwanda.

Jean Bertrand bamwe banazi nka Kanyarwanda, yavuze ko yasezeranye n’umukunzi we tariki 28 Gashyantare 2025. Ati “Turateganya kuza mu Rwanda tugakora ubukwe buzitabirwa n’imiryango yacu.”

Iri sezerano ry’imbere y’amategeko hagati ya Jean Bertrand na Lydie, uyu wahoze akina ruhago yatangaje ko ryabereye i Quebec muri Canada.

Jean Bertrand Iradukunda yanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda, arimo APR FC, Gasogi United yaje no kuvamo akerecyeza hanze ariko agahita agaruka akanyura mu yandi makipe mu Rwanda nka Kiyovu Sports na Musanze FC yavuyemo ari bwo yahise yerecyeza muri Canada.

Ni umukinnyi wasezeye ruhago bigatungura benshi dore ko yari agifite imbaraga zo kuyiconga, ndetse bamwe bamubona nk’uwari ugifite igihe kinini cyo gukina.

Yakiniye Amavubi
Iradukunda Jean Betrand n’umukunzi we barebana akana ko mujisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eleven =

Previous Post

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Next Post

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.