Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu utakiba mu Rwanda yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Uwakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Iradukunda Jean Bertrand usigaye atuye muri Canada, yasezeranye n’umukunzi we wo muri iki Gihugu yimukiyemo.

Bertrand wahagaritse ruhago akajya gutura muri Canada mu mwaka wa 2023, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ari kumwe n’umukunzi we, ariko ntiyagira byinshi atangaza, uretse kugaragaza uturangabyiyumviro ko yihebeye uyu mukunzi we.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, yemeza ko uyu wahoze ari rutahizamu w’amakipe atandukanye yamaze gusezerana mu mategeko n’umukunzi we witwa Lydie ndetse ko bitegura no gukora indi mihango y’ubukwe izanabera mu Rwanda.

Jean Bertrand bamwe banazi nka Kanyarwanda, yavuze ko yasezeranye n’umukunzi we tariki 28 Gashyantare 2025. Ati “Turateganya kuza mu Rwanda tugakora ubukwe buzitabirwa n’imiryango yacu.”

Iri sezerano ry’imbere y’amategeko hagati ya Jean Bertrand na Lydie, uyu wahoze akina ruhago yatangaje ko ryabereye i Quebec muri Canada.

Jean Bertrand Iradukunda yanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda, arimo APR FC, Gasogi United yaje no kuvamo akerecyeza hanze ariko agahita agaruka akanyura mu yandi makipe mu Rwanda nka Kiyovu Sports na Musanze FC yavuyemo ari bwo yahise yerecyeza muri Canada.

Ni umukinnyi wasezeye ruhago bigatungura benshi dore ko yari agifite imbaraga zo kuyiconga, ndetse bamwe bamubona nk’uwari ugifite igihe kinini cyo gukina.

Yakiniye Amavubi
Iradukunda Jean Betrand n’umukunzi we barebana akana ko mujisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Next Post

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’
SIPORO

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Ikirego DRCongo iregamo Sosiyete ya Apple cyatewe ishoti mu Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.