• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”
Share on FacebookShare on Twitter

Habiyaremye Jean Pierre wiyita Issa New Boy, wamamaye nka Inyogoye kuri YouTube, ari mu byishimo nyuma yo gusezerana n’umugore we. Akiva mu kuvuga isezerano, yagize ati “Ndagapfusha Rukara.”

Uyu mugabo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye zirimo YouTube kubera amashyengo ye by’umwihariko imvugo yakoresheje ya ‘Inyogo ye’ ikamamara cyane, ni umwe mu bakunze kugaragara mu biganiro bya YouTube.

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago wakunze kuvugisha uyu mugabo, ni we watangaje ko yasezeranye mu mategeko.

Mu butumwa Nyarwaya yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko yishimiye iyi ntambwe itewe n’uyu mugabo.

Yagize ati “Ndumva nshimye Imana ko bibaye!! Habiyaremye Jean Pierre AKA Issa New Boy uyu munsi yavuye mu rukiko (Umurenge) mu isezerano ry’amatgeko.”

"Ndumva nshimye Imana ko BIBAYEEEE!!HABIYAREMYE JEAN PIERRE AKA ISSA NEW BOY UYU MUNSI YAVUYE MURUKIKO(UMURENGE)CIVIL MARRIAGE ❤🙏👊 pic.twitter.com/DrWAxch071

— Yago_pon_dat (@yagoforeal) February 24, 2022

Ubu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza Habiyaremye Jean Pierre yambaye ikote ndetse n’umugore we n’umwana wabo bavuye gusezerana.

Uyu mugabo Habiyaremye Jean Pierre yakunze kumvikana ashimira uyu Munyamakuru Nyarwaya, aho anamwita umubyeyi we kubera ibyo yamufashije kuva batangira kuganira mu biganiro byatambukaga kuri YouTube.

Imvugo ye “Inyogo ye” yaramamaye cyane kuva mu minsi yashize, kuko iri gukoreshwa n’abantu batandukanye iyo bashatse kugaragaza ko umuntu afite uburyo akoramo ibintu, bakagira bati “buri wese agira inyogo ye.”

Inyogo ye asohotse mu Murenge amaze gusezerana ati “Ndagapfusha Rukara”
N’umugore we bamaze gusezerana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

TdRda2022: Umufaransa watwaye Etape I yegukanye n’iya V, Umunyarwanda aba uwa 3

Next Post

Menya impamvu isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza Gerard ryigijwe inyuma

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Next Post
Abandi batangabuhamya bari bashinjije Urayeneza Gerard bakomeje guhindura imvugo bamushinjura

Menya impamvu isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza Gerard ryigijwe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.