Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in MU RWANDA
0
Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara wigeze kuyobora Urukiko rwa Gisirikare, nyuma akaza gukatirwa gufungwa imyaka 15 ahamijwe ibyaha birimo kwamamaza ibihuha bigamije kugomesha rubanda arwangisha ubutegetsi buriho, yitabye Imana azize uburwayi.

Brig Gen (Rtd) Frank Rusaga wanigeze kuba Uhagarariye Inyungu za Gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, amakuru y’urupfu rwe, yavuzwe kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025.

Amakuru atangazwa n’Ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko nyakwigendera Brig Gen (Rtd) Frank Rusaga yitabye Imana azize uburwayi bwa Cancer yari amaranye igihe.

Yitabye Imana nyuma y’imyaka umunani umugore we Christine Rusagara na we atabarutse, aho we yaguye mu Bwongereza.

Frank Rusagara wari warahamijwe ibyaha birimo kwamamaza ibihuha bigamije kugomesha rubanda arwangisha ubutegetsi buriho, icyaha cyo gukora igikorwa kigamije gusebya Leta uri Umuyobozi, n’icyaha gutunga imbunda binyuranije n’amategeko, muri 2016 yakatiwe igifungo cy’imyaka 15 n’Urukiko rw’Ubujurire.

Ni igihano yakatiwe nyuma yo kujurira icy’igifungo cy’imyaka 20 yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, yanigeze kuyobora.

Urubanza rwaregwagamo Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Tom Byabagamba wigeze kutobora umutwe w’Ingabo z’u Rwanda zirinda Umukuru w’Igihugu, rwagarutsweho cyane, aho aba bombi bafunzwe muri 2014.

Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara yakurikiranywe mu Nkiko yaramaze kujya mu kiruhuko, mu gihe Tom Byabagamba we yari akiri mu kazi akaba we yarakatiwe igifungo cy’imyaka 17 no kunyagwa impeta zose za gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 14 =

Previous Post

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Next Post

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.