Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA
0
Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Marc Kabund wabaye Perezida w’Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi, ubu akaba afite ishyaka rye yashinze, yatutse ubutegetsi bwe [Tshisekedi], avuga ko igihe kigeze ngo buveho kuko ntacyo bumariye Abanye-Congo.

Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru agaragaza ishyaka rye rishya rye AC (Alliance pour le Changement).

Jean-Marc Kabund wavuze ko iri shyaka ryanzwe kwandikwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, yaboneyeho kubunenga yivuye inyuma, avuga ko atari ubutegetsi bukwiye kuyobora Igihugu cyabo.

Uyu Munyapolitiki wanaye Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaza kwegura muri Werurwe 2022, akimara kwegura yatangaje ko agiye gutangira paji y’amateka mashya “azandikwa n’icyuya cy’ishyaka ryacu, rizarandura burundu igitugu n’iyicaruzo.”

Kabund wari Perezida w’Ishyaka UDPS rya Tshisekedi ubwo yimamarizaga gutorwa muri 2018, yavuze ko yicuza kuba yarafashije uyu mugabo gutorwa nka Perezida.

Yagize ati “Yego zari inshingano zanjye ariko ndicuza kuba naratanze umusanzu kugira ngo Félix Tshisekedi atorerwe kuba Perezida wa Repubulika.”

Mu mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022, Jean-Marc Kabund yagaragaje umujinya avuga ko yawutewe n’imiyoborere ya Tshisekedi, aho anyuzamo akagira ati “Tshisekedi nta muyobozi umurimo.”

Kabund accuse Tshisekedi de vouloir tricher aux prochaines élections en controlant les institutions. Mais devinez qui fut l'artisan de la prise du contrôle de la Cour Constitutionnelle? 👇 pic.twitter.com/qUu031KNZ4

— Litsani Choukran (@LitsaniChoukran) July 18, 2022

Yavuze ko abagize Guverinoma ya Congo, bakomeje kurangwa n’umururumba wo kwiba Igihugu cyabo kandi ntacyo bakora ndetse ngo na Tshisekedi ubwe yirirwa ajya mu mahanga kandi ingendo ze zikaba zidatanga umusaruro kuko Igihugu cyabo gifite ibibazo byinshi mu mibanire n’amahanga.

Yavuze ko abaturage bakwiye guhaguruka bakamagana ubutegetsi bwa Tshisekedi aho kwirirwa bamagana u Rwanda no gushyigikira igisirikare cyabo cya FARDC gikomeje kurangwa n’imbaraga nke.

Umunyapolitiki Martin Fayulu uyobora ishyaka ECDe (Engagement Citoyen pour le Development) mu Nteko Rusange y’iri shyaka yabaye mu cyumweru gishize, na we yari yanenze ubutegetsi bwa Tshisekedi, avuga ko byumwihariko kuba ngo Congo ikomeje kuvogerwa n’u Rwanda ari uko iyobowe n’abategetsi batari bakwiye kuba bayiyobora.

Martin Fayulu wakunze kugaragaza ko yanga u Rwanda, yavuze ko natirerwa kuyobora DRCongo, azarandura burundu ibyo yita kuba u Rwanda ruvogera Congo.

Uyu Munyapolitiki ugishinja Tshisekedi kumwiba amajwi mu matora ya 2018, yavuze ko adateze kongera kumwiba kuko mu matora ya 2023 naramuka yongeye kumwiba, abayoboke be bazirara mu mihanda bakisubiza ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seventeen =

Previous Post

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Next Post

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.