Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA
0
Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Marc Kabund wabaye Perezida w’Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi, ubu akaba afite ishyaka rye yashinze, yatutse ubutegetsi bwe [Tshisekedi], avuga ko igihe kigeze ngo buveho kuko ntacyo bumariye Abanye-Congo.

Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru agaragaza ishyaka rye rishya rye AC (Alliance pour le Changement).

Jean-Marc Kabund wavuze ko iri shyaka ryanzwe kwandikwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, yaboneyeho kubunenga yivuye inyuma, avuga ko atari ubutegetsi bukwiye kuyobora Igihugu cyabo.

Uyu Munyapolitiki wanaye Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaza kwegura muri Werurwe 2022, akimara kwegura yatangaje ko agiye gutangira paji y’amateka mashya “azandikwa n’icyuya cy’ishyaka ryacu, rizarandura burundu igitugu n’iyicaruzo.”

Kabund wari Perezida w’Ishyaka UDPS rya Tshisekedi ubwo yimamarizaga gutorwa muri 2018, yavuze ko yicuza kuba yarafashije uyu mugabo gutorwa nka Perezida.

Yagize ati “Yego zari inshingano zanjye ariko ndicuza kuba naratanze umusanzu kugira ngo Félix Tshisekedi atorerwe kuba Perezida wa Repubulika.”

Mu mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022, Jean-Marc Kabund yagaragaje umujinya avuga ko yawutewe n’imiyoborere ya Tshisekedi, aho anyuzamo akagira ati “Tshisekedi nta muyobozi umurimo.”

Kabund accuse Tshisekedi de vouloir tricher aux prochaines élections en controlant les institutions. Mais devinez qui fut l'artisan de la prise du contrôle de la Cour Constitutionnelle? 👇 pic.twitter.com/qUu031KNZ4

— Litsani Choukran (@LitsaniChoukran) July 18, 2022

Yavuze ko abagize Guverinoma ya Congo, bakomeje kurangwa n’umururumba wo kwiba Igihugu cyabo kandi ntacyo bakora ndetse ngo na Tshisekedi ubwe yirirwa ajya mu mahanga kandi ingendo ze zikaba zidatanga umusaruro kuko Igihugu cyabo gifite ibibazo byinshi mu mibanire n’amahanga.

Yavuze ko abaturage bakwiye guhaguruka bakamagana ubutegetsi bwa Tshisekedi aho kwirirwa bamagana u Rwanda no gushyigikira igisirikare cyabo cya FARDC gikomeje kurangwa n’imbaraga nke.

Umunyapolitiki Martin Fayulu uyobora ishyaka ECDe (Engagement Citoyen pour le Development) mu Nteko Rusange y’iri shyaka yabaye mu cyumweru gishize, na we yari yanenze ubutegetsi bwa Tshisekedi, avuga ko byumwihariko kuba ngo Congo ikomeje kuvogerwa n’u Rwanda ari uko iyobowe n’abategetsi batari bakwiye kuba bayiyobora.

Martin Fayulu wakunze kugaragaza ko yanga u Rwanda, yavuze ko natirerwa kuyobora DRCongo, azarandura burundu ibyo yita kuba u Rwanda ruvogera Congo.

Uyu Munyapolitiki ugishinja Tshisekedi kumwiba amajwi mu matora ya 2018, yavuze ko adateze kongera kumwiba kuko mu matora ya 2023 naramuka yongeye kumwiba, abayoboke be bazirara mu mihanda bakisubiza ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Next Post

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.