Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Mulindwa Prosper wari Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, yatorwe kuyobora aka Rubavu kari kamaze amezi arindwi kadafite umuyobozi. Yatorewe uyu mwanya nyuma y’iminota micye yinjiye muri Njyanama y’aka Karere agiye kuyobora.

Prosper Mulindwa yatowe kuri uyu wa Kane tariki 07 Ukuboza 2023, mu matora yo kuzuza nyobozi na Njyanama z’Uturere dutandukanye, zitari zuzuye.

Yatowe nyuma y’uko atorwe kuba Umujyanama Rusange w’Akarere ka Rubavu, aho yatsinze amatora yari ahanganyemo n’abantu 13, akaba yagize amajwi 106 mu gihe uwari wamukurikiye ari we Kazarwa Doreen yari yagize 18.

Hahise habaho amatora y’Umuyobozi w’Akarere, aho Mulindwa Prosper yatsinze Nyangoma Vincentie bari bahanyanye.

Mulindwa Prosper yagize amajwi 180 mu gihe Nyangoma bari bahanganye we yagize amajwi 78, aho Abanyanama batoye bose bari 259.

Uyu muyobozi mushya w’Akarere ka Rubavu agiye gukomeza manda y’uwari umuyobozi w’aka Karere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse wirukanwe muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023.

Mu migabo n’imigambi ya Mulindwa, avuga ko ashyize imbere guteza imbere aka Karere yifashishije ubunararibonye bw’imyaka 17 amaze mu nzego z’ibanze, mu guteza imbere igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Rubavu ukaba umujyi ubereye ubukerarugendo no kuzamura imiryango ifite amikoro macye kandi ibigizemo uruhare.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twenty =

Previous Post

Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.