Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturare wo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, wari wagaragaje ko amaze amezi atanu ategereje guhabwa ubwishyu bw’Inka ye yapfuye yarayishyize mu bwishingizi, nyuma y’uko bitangajwe mu itangazamakuru, yahise yishyurwa.

Ni inkuru yatangajwe na RADIOTV10, aho Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka Nyamirambo, yavugaga ko imwe mu nka ze ebyiri yari yarashyize mu bwishingizi, yapfuye muri Werurwe 2023, ariko akaba yari amaze amezi atanu asaba kwishyura na Radiant Yacu Ltd.

Uyu muturage yavugaga ko ubwo iki kigo cy’Ubwishingizi cyazaga kubakangurira gushyirisha amatungo yabo mu bwishingizi, cyababwiraga ko bifata iminsi 15 kugira ngo umuntu yishyurwe amafaranga yo kumushumbusha mu gihe itungo rye ripfuye.

Ibi byanatumye bamwe mu baturage barimo abinjiye muri ubu bwishingizi ndetse n’ababiteganyaga, batangira kubukemanga.

Ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye Urubuga rwa RADIOTV10 rutangaje iyi nkuru yari yanatanzweho igitekerezo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma ko ikibazo cy’uyu muturage kigiye gukemuka, uyu muturage yishyuwe amafaranga ibihumbi 250 Frw na Radiant Yacu Ltd.

Minani aganira na RADIOTV10, yashimiye ubuvugizi yakorewe bwatumye ahita yishyurwa mu gihe yari amaze amezi atanu ategereje.

Ati “Ejo nzajya kuyabikuza [amafaranga]. Byandenze ukurikije amezi nari narirukanse, amaguru yarahiriye ku Karere.”

Aha ubutumwa abari bacitse intege zo gushyira amatungo yabo mu bwishingizi, Minani yagize ati “Ndababwira ko bagomba kujyamo kuko njye byari byarapfiriye ku muyobozi wari warakoze raporo nabi.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Isoko ryitezweho kuzahura Afurika ryatangiye kugaragaramo birantega rikiri mu iterura

Next Post

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.