Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturare wo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, wari wagaragaje ko amaze amezi atanu ategereje guhabwa ubwishyu bw’Inka ye yapfuye yarayishyize mu bwishingizi, nyuma y’uko bitangajwe mu itangazamakuru, yahise yishyurwa.

Ni inkuru yatangajwe na RADIOTV10, aho Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka Nyamirambo, yavugaga ko imwe mu nka ze ebyiri yari yarashyize mu bwishingizi, yapfuye muri Werurwe 2023, ariko akaba yari amaze amezi atanu asaba kwishyura na Radiant Yacu Ltd.

Uyu muturage yavugaga ko ubwo iki kigo cy’Ubwishingizi cyazaga kubakangurira gushyirisha amatungo yabo mu bwishingizi, cyababwiraga ko bifata iminsi 15 kugira ngo umuntu yishyurwe amafaranga yo kumushumbusha mu gihe itungo rye ripfuye.

Ibi byanatumye bamwe mu baturage barimo abinjiye muri ubu bwishingizi ndetse n’ababiteganyaga, batangira kubukemanga.

Ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye Urubuga rwa RADIOTV10 rutangaje iyi nkuru yari yanatanzweho igitekerezo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma ko ikibazo cy’uyu muturage kigiye gukemuka, uyu muturage yishyuwe amafaranga ibihumbi 250 Frw na Radiant Yacu Ltd.

Minani aganira na RADIOTV10, yashimiye ubuvugizi yakorewe bwatumye ahita yishyurwa mu gihe yari amaze amezi atanu ategereje.

Ati “Ejo nzajya kuyabikuza [amafaranga]. Byandenze ukurikije amezi nari narirukanse, amaguru yarahiriye ku Karere.”

Aha ubutumwa abari bacitse intege zo gushyira amatungo yabo mu bwishingizi, Minani yagize ati “Ndababwira ko bagomba kujyamo kuko njye byari byarapfiriye ku muyobozi wari warakoze raporo nabi.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

Isoko ryitezweho kuzahura Afurika ryatangiye kugaragaramo birantega rikiri mu iterura

Next Post

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.