Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwari mu marira kubera ibyamubayeho bigaca intege abandi ubu arabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturare wo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, wari wagaragaje ko amaze amezi atanu ategereje guhabwa ubwishyu bw’Inka ye yapfuye yarayishyize mu bwishingizi, nyuma y’uko bitangajwe mu itangazamakuru, yahise yishyurwa.

Ni inkuru yatangajwe na RADIOTV10, aho Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka Nyamirambo, yavugaga ko imwe mu nka ze ebyiri yari yarashyize mu bwishingizi, yapfuye muri Werurwe 2023, ariko akaba yari amaze amezi atanu asaba kwishyura na Radiant Yacu Ltd.

Uyu muturage yavugaga ko ubwo iki kigo cy’Ubwishingizi cyazaga kubakangurira gushyirisha amatungo yabo mu bwishingizi, cyababwiraga ko bifata iminsi 15 kugira ngo umuntu yishyurwe amafaranga yo kumushumbusha mu gihe itungo rye ripfuye.

Ibi byanatumye bamwe mu baturage barimo abinjiye muri ubu bwishingizi ndetse n’ababiteganyaga, batangira kubukemanga.

Ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye Urubuga rwa RADIOTV10 rutangaje iyi nkuru yari yanatanzweho igitekerezo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma ko ikibazo cy’uyu muturage kigiye gukemuka, uyu muturage yishyuwe amafaranga ibihumbi 250 Frw na Radiant Yacu Ltd.

Minani aganira na RADIOTV10, yashimiye ubuvugizi yakorewe bwatumye ahita yishyurwa mu gihe yari amaze amezi atanu ategereje.

Ati “Ejo nzajya kuyabikuza [amafaranga]. Byandenze ukurikije amezi nari narirukanse, amaguru yarahiriye ku Karere.”

Aha ubutumwa abari bacitse intege zo gushyira amatungo yabo mu bwishingizi, Minani yagize ati “Ndababwira ko bagomba kujyamo kuko njye byari byarapfiriye ku muyobozi wari warakoze raporo nabi.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

Isoko ryitezweho kuzahura Afurika ryatangiye kugaragaramo birantega rikiri mu iterura

Next Post

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.