Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

radiotv10by radiotv10
24/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Benoît Munyankindi wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare (FERWACY) ukurikiranyweho gufata icyemezo gishingiye ku bucuti, itonesha n’icyenewabo, yagarutse mu Rukiko kuburana ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Munyankindi uregwa ibyaha bifitanye isano n’ibivugwa ko yakoresheje ububasha bwe agahesha umugore we guherekeza ikipe y’Igihugu yari igiye mu irushanwa, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 tariki 12 Nzeri 2023 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Yajuririye iki cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yarwitabye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 kugira ngo aburane kuri ubu bujurire.

Mu bujurire bwe, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko urw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo kumufunga rutahaye ishingiro impamvu yatanze, asaba kurekurwa agakurikiranwa ari hanze.

Munyankindi uburana ahakana ibyaha akekwaho, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko icyaha akekwaho atagikoze, kandi ko Urukiko rwamufatiye icyemezo yajuririye rutahaye agaciro ibisobanuro yaruhaye.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY [yaje guhagarikwa] asobanura ko Uwineza Providence [umugore we] yajyanye n’ikipe y’Igihugu yari igiye mu irushanwa nk’uwari ufite ikipe ahagarariye yo mu Karere ka Nyabihu, kandi ko iyi kipe ari umunyamuryango wa FERWACY.

Yavuze kandi ko inama yabereye mu karere ka Musanze yateguraga urugendo rwo kugenda kw’iyi kipe yahagarariye u Rwanda, bemeje ko n’umuturage usanzwe wifuza kuzaherekeza ikipe azajyayo, kandi ko FERWACY yagombaga kubafasha kubona ibyangombwa.

Uregwa yavuze ko Uwineza Providence [umugore we] yafashijwe na FERWACY kubona ubutumire (invitation) ariko ko ibindi byose yabyishakiye, yaba amafaranga y’urugendo ndetse na Visa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 2 =

Previous Post

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

Next Post

Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Undi mutoza wirukanywe n'ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.