Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

radiotv10by radiotv10
24/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Benoît Munyankindi wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare (FERWACY) ukurikiranyweho gufata icyemezo gishingiye ku bucuti, itonesha n’icyenewabo, yagarutse mu Rukiko kuburana ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Munyankindi uregwa ibyaha bifitanye isano n’ibivugwa ko yakoresheje ububasha bwe agahesha umugore we guherekeza ikipe y’Igihugu yari igiye mu irushanwa, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 tariki 12 Nzeri 2023 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Yajuririye iki cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yarwitabye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 kugira ngo aburane kuri ubu bujurire.

Mu bujurire bwe, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko urw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo kumufunga rutahaye ishingiro impamvu yatanze, asaba kurekurwa agakurikiranwa ari hanze.

Munyankindi uburana ahakana ibyaha akekwaho, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko icyaha akekwaho atagikoze, kandi ko Urukiko rwamufatiye icyemezo yajuririye rutahaye agaciro ibisobanuro yaruhaye.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY [yaje guhagarikwa] asobanura ko Uwineza Providence [umugore we] yajyanye n’ikipe y’Igihugu yari igiye mu irushanwa nk’uwari ufite ikipe ahagarariye yo mu Karere ka Nyabihu, kandi ko iyi kipe ari umunyamuryango wa FERWACY.

Yavuze kandi ko inama yabereye mu karere ka Musanze yateguraga urugendo rwo kugenda kw’iyi kipe yahagarariye u Rwanda, bemeje ko n’umuturage usanzwe wifuza kuzaherekeza ikipe azajyayo, kandi ko FERWACY yagombaga kubafasha kubona ibyangombwa.

Uregwa yavuze ko Uwineza Providence [umugore we] yafashijwe na FERWACY kubona ubutumire (invitation) ariko ko ibindi byose yabyishakiye, yaba amafaranga y’urugendo ndetse na Visa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

Next Post

Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Undi mutoza wirukanywe n'ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.