Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu akorana ubucuruzi na Al Shabaab ndetse n’umutwe wa RSF ukorera muri Sudan.

Uyu wahoze ari Visi Perezida wa Kenya; yavugiye ibi muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Umukuru w’Igihugu cya Kenya ashyira umutekano w’isi mu kaga kubera inyungu ze bwite.

Yagize ati “Abanyamerika barashaka gukora iprerereza ku bucuruzi ukorana na Hemerti uyobora RSF muri Sudan. Akugurisha zahabu hanyuma ukamwoherereza intwaro zo kwica abagore n’abana muri sudan.

Ntabwo ushobora kwitandukanya na byo kubera ko dufite ibimenyetso. Nari nkungirije igihe izo nama zabaga. Mbifiteho amakuru arambuye. […] William Ruto; Abanyamerika bakeneye kumenya impamvu ukorana na Al shabaab. Wigeze guhura n’abayobora ibyihebe bya al shabaab batatu mu ijoro, kandi mwaganiraga ubucuruzi.”

Gachaguwa yakomeje avuga ko Perezida Ruto yahinduye amategeko yo guha abanyamahanga indangamuntu. Ku bwa Gachaguwa avuga ibyo bigamije gushyigikira iterabwoba.

Yashimangiye ko ibi ari byo byamujyanye muri Leta Zunze Ubumwe za America. Yaboneyeho no gusaba ubutegetsi bwa America gufatira ibihano Perezida Ruto.

Ati “Utekereza ko ndi ikigoryi; ariko ntiwibwire ko naje hano gutembera, naje hano gutanga muri Guverinoma, Inteko Inshinga Amategeko ya America ikirego cy’abaturage ba Kenya. Icyo dusaba Guverinoma ya America ni uko igihe babona aya makuru ari impamo badufasha. Ntibafatire ibihano abaturage ba Kenya. Mufate umwanzuro ukwiye; mufatire ibihano William Ruto ku gite cye, ntazigere yongera kugera muri America.

Kenya ntigomba kujya mu bibazo kubera umuntu umwe, ariko America nifata umwanzuro wo kumufatira ibihano byo kutagaruka hano muri America; ntazigera asubira no mu bindi Bihugu bikorana na America, ikibazo cyacu kizaba gikemutse.”

Gachaguwa akimara kuvuga ibi; abanyepolitike bavuze ko yakoze amakosa akomeye. Umudepite mu Nteko Ishinga amategeko ya Kenya; Bashir Abdullah; Visi Perezida wa Komisiyo y’Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga; yavuze ko Gachaguwa yagambaniye inshingano yigeze kugira mu Gihugu, asaba ko bamushyira mu cyiciro cy’abafite ibibazo byo mu mutwe.

Uyu munyepolitike kandi ngo ntabwo yifuza ko Gachaguwa agaruka muri Kenya. Ati “Izi ni imvugo zidakwiye kuva mu kanwa k’umuntu wigeze kuba Visi Perezida. Ukurikije ibyo uyu wahoze ari Visi Perezida avuga; abanyakenya bafite inkomoko muri Somalia ni abakerarugendo, ntabwo bagomba guhabwa ibyangombwa.

Nk’uko mubizi; mu muco w’Abanya-Somalia umuntu ufite ikibazo cyo mu mutwe bamuzirika ku giti cyo mu muryango, ndabasaba rero ko na Rigathi Gachaguwa mumuzirika ku giti kubera ko ibyo yavuze bigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe.”

Icyakora kugeza ubu ntacyo guverinoma ya Kenya iravuga kuri ibyo birego bya Rigathi Gachaguwa. Uyu munyepolitike asubiramo kenshi ko azakora ibishoboka byose kugira ngo perezida Ruto atazongera gutorerwa kuyobora iki Gihugu mu matora azaba muri 2027.

Perezida Ruto n’abamushyigikiye bavuga ko uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bwe rukoreshwa n’ishyari n’urwango rudafite ishingiro, bakavuga ko ibikorwa byabo ari byo bigomba kugena ahazaza h’ubutegetsi bwa Kenya.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 2 =

Previous Post

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Next Post

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.