Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’amagare wabigize umwuga Louis Bendixen ukinira Team Coop uherutse muri Tour du Rwanda 2022, yavuze ko yakunze u Rwanda kubera ubwiza bwarwo ariko ko serivisi za hoteli yacumbitsemo zatumye ayihurwa ku buryo n’iyo yagaruka atayisubiramo.

Louis Bendixen atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB, gifatiye ibihano Hoteli ya Hilltop yo mu Mujyi wa Kigali na Country Club kubera gutanga serivisi zitanoze mu bihe bya Tour du Rwanda 2022.

RDB yanihanangirije ibi bigo by’ubucuruzi, yabiciye amande y’ibihumbi 300 Frw kuri buri kimwe.

Itangazo rya DDB ryavugaga iby’ibi bihano, ryagiraga riti “RDB iributsa abari mu bikorwa by’Ubukerarugendo no kwakira abantu ko bafite inshingano zo gutanga serivisi zinoze ku bakiliya.”

Louis Bendixen ukinira Team Coop wari mu bakinnyi bakinnye Tour du Rwanda 2022, yagendeye kuri iri tangazo rya RDB, avuga ko hotel yacumbitse icyumweru cyose ifite abakozi bagira urugwiro ariko ikagira imicungire mibi cyane ndetse n’isuku nke.

Ati “Wakwifuza kigaruka mu Gihugu gitangaje nk’u Rwanda ariko atari muri iyi Hoteli.”

Ubu butumwa bwa Louis Bendixen yabushyizeho asubiza ubwa RDB butangaza ibihano kuri Hoteli ya Hilltop na Country Club, bwakurikiye ubundi yari yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022.

Ubutumwa yabanje gushyira kuri Twitter, yari yagaragaje ko yishimiye u Rwanda n’irushanwa rya Tour du Rwanda ku buryo yumva yabyandikamo igitabo.

Ati “Biratangaje kandi biragoye! Twishimiye uko ryarangiye no kubasha kurisoza! Kubona abaturage ibihumbi bari ku mihanda byahaga ibyishimo buri wese! Warakoze Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 20 =

Previous Post

Russia&Ukraine: U Rwanda rwasabye ko intambara ihagarara bwangu ko nta n’ikindi Gihugu kigomba kubyinjiramo

Next Post

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.