Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’amagare wabigize umwuga Louis Bendixen ukinira Team Coop uherutse muri Tour du Rwanda 2022, yavuze ko yakunze u Rwanda kubera ubwiza bwarwo ariko ko serivisi za hoteli yacumbitsemo zatumye ayihurwa ku buryo n’iyo yagaruka atayisubiramo.

Louis Bendixen atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB, gifatiye ibihano Hoteli ya Hilltop yo mu Mujyi wa Kigali na Country Club kubera gutanga serivisi zitanoze mu bihe bya Tour du Rwanda 2022.

RDB yanihanangirije ibi bigo by’ubucuruzi, yabiciye amande y’ibihumbi 300 Frw kuri buri kimwe.

Itangazo rya DDB ryavugaga iby’ibi bihano, ryagiraga riti “RDB iributsa abari mu bikorwa by’Ubukerarugendo no kwakira abantu ko bafite inshingano zo gutanga serivisi zinoze ku bakiliya.”

Louis Bendixen ukinira Team Coop wari mu bakinnyi bakinnye Tour du Rwanda 2022, yagendeye kuri iri tangazo rya RDB, avuga ko hotel yacumbitse icyumweru cyose ifite abakozi bagira urugwiro ariko ikagira imicungire mibi cyane ndetse n’isuku nke.

Ati “Wakwifuza kigaruka mu Gihugu gitangaje nk’u Rwanda ariko atari muri iyi Hoteli.”

Ubu butumwa bwa Louis Bendixen yabushyizeho asubiza ubwa RDB butangaza ibihano kuri Hoteli ya Hilltop na Country Club, bwakurikiye ubundi yari yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022.

Ubutumwa yabanje gushyira kuri Twitter, yari yagaragaje ko yishimiye u Rwanda n’irushanwa rya Tour du Rwanda ku buryo yumva yabyandikamo igitabo.

Ati “Biratangaje kandi biragoye! Twishimiye uko ryarangiye no kubasha kurisoza! Kubona abaturage ibihumbi bari ku mihanda byahaga ibyishimo buri wese! Warakoze Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 6 =

Previous Post

Russia&Ukraine: U Rwanda rwasabye ko intambara ihagarara bwangu ko nta n’ikindi Gihugu kigomba kubyinjiramo

Next Post

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.