Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uwitabiriye TdRwanda22 avuga ko ubwiza bw’u Rwanda buhabanye na Hotel yacumbitsemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’amagare wabigize umwuga Louis Bendixen ukinira Team Coop uherutse muri Tour du Rwanda 2022, yavuze ko yakunze u Rwanda kubera ubwiza bwarwo ariko ko serivisi za hoteli yacumbitsemo zatumye ayihurwa ku buryo n’iyo yagaruka atayisubiramo.

Louis Bendixen atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB, gifatiye ibihano Hoteli ya Hilltop yo mu Mujyi wa Kigali na Country Club kubera gutanga serivisi zitanoze mu bihe bya Tour du Rwanda 2022.

RDB yanihanangirije ibi bigo by’ubucuruzi, yabiciye amande y’ibihumbi 300 Frw kuri buri kimwe.

Itangazo rya DDB ryavugaga iby’ibi bihano, ryagiraga riti “RDB iributsa abari mu bikorwa by’Ubukerarugendo no kwakira abantu ko bafite inshingano zo gutanga serivisi zinoze ku bakiliya.”

Louis Bendixen ukinira Team Coop wari mu bakinnyi bakinnye Tour du Rwanda 2022, yagendeye kuri iri tangazo rya RDB, avuga ko hotel yacumbitse icyumweru cyose ifite abakozi bagira urugwiro ariko ikagira imicungire mibi cyane ndetse n’isuku nke.

Ati “Wakwifuza kigaruka mu Gihugu gitangaje nk’u Rwanda ariko atari muri iyi Hoteli.”

Ubu butumwa bwa Louis Bendixen yabushyizeho asubiza ubwa RDB butangaza ibihano kuri Hoteli ya Hilltop na Country Club, bwakurikiye ubundi yari yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Werurwe 2022.

Ubutumwa yabanje gushyira kuri Twitter, yari yagaragaje ko yishimiye u Rwanda n’irushanwa rya Tour du Rwanda ku buryo yumva yabyandikamo igitabo.

Ati “Biratangaje kandi biragoye! Twishimiye uko ryarangiye no kubasha kurisoza! Kubona abaturage ibihumbi bari ku mihanda byahaga ibyishimo buri wese! Warakoze Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

Russia&Ukraine: U Rwanda rwasabye ko intambara ihagarara bwangu ko nta n’ikindi Gihugu kigomba kubyinjiramo

Next Post

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Musanze: Uwari wagiye mu bukwe akabanza kubura bamusanze mu mugezi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.