Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwo mu Nteko ya Congo yarahiye ko batazitabira inama izabera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwo mu Nteko ya Congo yarahiye ko batazitabira inama izabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Bashingamategeko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko abagize iyi nteko batazitabira Inama y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU/ Inter-Parliamentary Union) izabera mu Rwanda muri uku kwezi.

Iyi Nama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zinshinga Amategeko ku Isi, izabera i Kigali mu cyumweru gitaha kuva tariki 11 kugeza ku ya 15 Ukwakira 2022.

Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga usanzwe ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko nta bashingamategeko ba Congo bazaza mu Rwanda ngo kubera ko rwabaniye nabi Igihugu cyabo.

Uyu mushingamategeko yavuze ko kuba batazaza mu Rwanda, bashingira ku kuba iki Gihugu cy’igituranyi gifasha umutwe wa M23 umaze iminsi warigaruriye Umujyi wa Bunaga.

Ni ibirego bitari bishya mu mvugo z’abanyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko u Rwanda rwo rukaba rwarakunze kubihakana ndetse n’uyu mutwe rushinjwa gufasha na wo ukaba waravuze ko nta bufasha na buto uhabwa n’u Rwanda.

Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Bunagana ubu iragenzurwa n’inyeshyamba za M23, zifashwa n’u Rwanda. Nkatwe abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Congo tukaba n’abanyamuryango ba IPU, turifuza kubamenyesha ko tutazitabira Inteko y’ 145 izabera i Kigali muri uku kwezi k’Ukwakira.”


Amb.Francine MUYUMBA NKANGA yavuze ko batazaza mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Perezida William Ruto yagiye ku Nteko atunguranye asangira n’Abadepite ifunguro ry’amanywa

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Related Posts

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

IZIHERUKA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga
MU RWANDA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.