Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwo mu Nteko ya Congo yarahiye ko batazitabira inama izabera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwo mu Nteko ya Congo yarahiye ko batazitabira inama izabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Bashingamategeko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko abagize iyi nteko batazitabira Inama y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU/ Inter-Parliamentary Union) izabera mu Rwanda muri uku kwezi.

Iyi Nama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zinshinga Amategeko ku Isi, izabera i Kigali mu cyumweru gitaha kuva tariki 11 kugeza ku ya 15 Ukwakira 2022.

Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga usanzwe ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko nta bashingamategeko ba Congo bazaza mu Rwanda ngo kubera ko rwabaniye nabi Igihugu cyabo.

Uyu mushingamategeko yavuze ko kuba batazaza mu Rwanda, bashingira ku kuba iki Gihugu cy’igituranyi gifasha umutwe wa M23 umaze iminsi warigaruriye Umujyi wa Bunaga.

Ni ibirego bitari bishya mu mvugo z’abanyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko u Rwanda rwo rukaba rwarakunze kubihakana ndetse n’uyu mutwe rushinjwa gufasha na wo ukaba waravuze ko nta bufasha na buto uhabwa n’u Rwanda.

Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Bunagana ubu iragenzurwa n’inyeshyamba za M23, zifashwa n’u Rwanda. Nkatwe abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Congo tukaba n’abanyamuryango ba IPU, turifuza kubamenyesha ko tutazitabira Inteko y’ 145 izabera i Kigali muri uku kwezi k’Ukwakira.”


Amb.Francine MUYUMBA NKANGA yavuze ko batazaza mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

Perezida William Ruto yagiye ku Nteko atunguranye asangira n’Abadepite ifunguro ry’amanywa

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.