Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Visi Meya wanze gusubiza Umunyamakuru afitiye ubutumwa ababibonye nk’ubwirasi

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Visi Meya wanze gusubiza Umunyamakuru afitiye ubutumwa ababibonye nk’ubwirasi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage uherutse kuringana itangazamakuru, yiseguye, avuga ko ababifashe ko ari ubwirasi bazafata umwanya bakumva ubu bwisegure bwe bakaba bahindura ishusho bari bamubonyemo.

Inkuru y’uyu muyobozi wo mu nzego z’ibanze yasakaye ku wa Mbere w’iki Cyumweru ubwo hakwirakwiraga amashusho abazwa ikibazo n’umunyamakuru aho kumusubiza akaruca akarumira, akongera gusubirirwamo na bwo akongera akamuringana ubundi agahita ahindukira akamwereka mu mugongo akigendera.

Ni inkuru yagarutsweho cyane yaba ari abaturage basanzwe ndetse n’abakora umwuga w’itangazamakuru bavugaga ko niba uyu muyobozi asuzuguye umunyamakuru ari imbere ya Camera, hakwibazwa ibyo akorera rubanda.

Iki gikorwa cyakozwe n’uyu muyobozi cyabaye mu cyumweru gishize tariki 27 Gicurasi 2022 ubwo Umunyamakuru yamubazaga ikizakorerwa abaturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bubakiwe inzu mu Murenge wa Shingiro ariko zikaba zarangiritse zitaramara n’umwaka.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, hasohotse amashusho agaragaza Uyu Muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Axelle Kamanzi ari mu Kiganiro n’Itangazamakuru, avuga ko yiseguye.

Yagize ati “Icyo navuga ubu ni ukwisegura, murabizi ukuntu dusanze dukorana [abwira Abanyamakuru], dusanzwe dukorana neza n’itangazamakuru, nakwisegura kandi nkabasezeranya ko bitazongera, igihe cyose muzankeneraho amakuru, amakuru ni ay’abaturage, inshingano zanjye ni ugukora ibyo natorewe hanyuma nkabazwa inshingano. Niteguye gutanga amakuru nkuko byari bisanzwe.”

Umunyamakuru yahise amubaza icyo yabwira abaturage babonye ariya mashusho bakayafata nk’ubwirasi, asubiza agira atya “nkuko nari maze kubivuga, ndisegura, iyo umuntu yiseguye […] umuntu agira igihe cyo kongera gutekereza ku byiyumviro bye, uwakomeretse niyumva ko niseguye azagira igihe cyo kwakira kwisegura kwanjye hanyuma yongere asubirane.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wagize icyo avuga ku mashusho agaragaza uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze asuzugura itangazamakuru, yavuze ko byerekanye ko hakenewe gukomeza kubakira ubushobozi abayobozi n’abakozi bo mu nzego z’ibanze “kugira ngo bamenye uburyo bukwiriye n’imyitwarire mu gukorana n’itangazamakuru.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, we yari yavuze ko ibyakozwe n’uyu muyobozi mugenzi we ari ikosa ry’akazi, yizeza ko bazamuganiriza bakamugira inama.

Kamanzi Axelle we yari yavuze ko icyatumye atagira icyo asubiza umunyamakuru ku kibazo yari amubajije ari uko, yamubajije icyo atari afitiye igisubizo, agahitamo kwicecekera.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Christian YAMFASHIJE says:
    3 years ago

    Ikosa si ugukosa ahubwo ikosa ni ukudakosora ikosa wamenye. Umuyobozi wacu ntitwamuciraho iteka kuko ibyamubayeho byaba no kubandi kdi kuba yiseguye rwose ni iby’agaciro nakomeze atubere ijisho nk’abaturage

    Reply

Leave a Reply to Christian YAMFASHIJE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Next Post

DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.