Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in SIPORO
0
Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

Ikipe ya REG VC yishimira igikombe begukanye

Share on FacebookShare on Twitter

REG VC mu bagabo na APR  VC y’abagore ni zo zegukanye irushanwa ryo kwibuka abakinnyi, abasifuzi, abatoza ndetse n’abayoboye Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GMT).

Mu mpere z’iki cyumweru nibwo hakinwaga irushanwa ryo Kwibuka muri Volleyball  ryabereye mu karere ka Gisagara.

Mu kiciro cy’abagore ikipe ya APR ni yo yegukanye igikombe itsinze iya Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3 kuri 2. Ni umukino wasojwe n’iseti ya kamarampaka nyuma y’uko rwari rwabuze gica mu mukino wose (25-21,24-26,19-25,25-23,15-11).

Mu kiciro cy’abagabo ikipe ya REG VC yatsinze Gisagara VC ivuye inyuma, dore ko amaseti abiri abanza yari yegukanywe n’iyi kipe ya Gatatu muri Afurika, ariko yaje kwigaranzurwa na REG VC yatozwaga na Kwizera Pierre Marchal wahoze ayikinira ubu wari umutoza mukuru, maze iyitsinda amaseti abiri yikurikiranya yishyura ayo bari.

Mu iseti ya Kamarampaka, REG VC yakomeje kuyobora umukino birangira n’ubundi iyegukanye biba amaseti 3-2.

Ikipe yabaye iya mbere muri buri cyiciro yahawe igikombe na Miliyoni y’Amafaranga y’u Rwanda (1.000.000frw) naho Iya kabiri ihabwa ibihumbi magana atandatu (600.000frw), iyagatatu ihabwa ibihumbi magana ane (400.000frw).

Mu mwaka wa 2019 muri Volleyball habarurwaga abari abakinnyi, abasifuzi, abatoza ndetse n’abayobozi bayoboye uyu mukino bazize Jenoside yakorewe Abatutsi basanga 60, aba bakaba bibukwa buri mwaka hakinwa iri rushanwa.

APR WVC ni yo yegukanye igikombe mu bagore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + seven =

Previous Post

Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

Next Post

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

by radiotv10
23/02/2026
0

Umunya-Espagne, Pau Martí Soriano ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda, mu...

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team, yegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda ka Rukomo-...

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

by radiotv10
21/02/2026
0

Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo Tour du Rwanda itangire, igiye kubanzirizwa n'ibirori byo gufungura iri rushanwa ku mugaragaro, bibera ku...

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

by radiotv10
20/02/2026
0

Umukinnyi wa ruhago, Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yatangaje ko yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga, atangaza...

Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

by radiotv10
19/02/2026
0

Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, FERWACY, ryatangaje ko ingengo y’imari y’isiganwa rya Tour du Rwanda 2026 yazamutseho 50%, igera kuri...

IZIHERUKA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

23/02/2026
TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

23/02/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.