Tuesday, March 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in SIPORO
0
Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

Ikipe ya REG VC yishimira igikombe begukanye

Share on FacebookShare on Twitter

REG VC mu bagabo na APR  VC y’abagore ni zo zegukanye irushanwa ryo kwibuka abakinnyi, abasifuzi, abatoza ndetse n’abayoboye Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GMT).

Mu mpere z’iki cyumweru nibwo hakinwaga irushanwa ryo Kwibuka muri Volleyball  ryabereye mu karere ka Gisagara.

Mu kiciro cy’abagore ikipe ya APR ni yo yegukanye igikombe itsinze iya Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3 kuri 2. Ni umukino wasojwe n’iseti ya kamarampaka nyuma y’uko rwari rwabuze gica mu mukino wose (25-21,24-26,19-25,25-23,15-11).

Mu kiciro cy’abagabo ikipe ya REG VC yatsinze Gisagara VC ivuye inyuma, dore ko amaseti abiri abanza yari yegukanywe n’iyi kipe ya Gatatu muri Afurika, ariko yaje kwigaranzurwa na REG VC yatozwaga na Kwizera Pierre Marchal wahoze ayikinira ubu wari umutoza mukuru, maze iyitsinda amaseti abiri yikurikiranya yishyura ayo bari.

Mu iseti ya Kamarampaka, REG VC yakomeje kuyobora umukino birangira n’ubundi iyegukanye biba amaseti 3-2.

Ikipe yabaye iya mbere muri buri cyiciro yahawe igikombe na Miliyoni y’Amafaranga y’u Rwanda (1.000.000frw) naho Iya kabiri ihabwa ibihumbi magana atandatu (600.000frw), iyagatatu ihabwa ibihumbi magana ane (400.000frw).

Mu mwaka wa 2019 muri Volleyball habarurwaga abari abakinnyi, abasifuzi, abatoza ndetse n’abayobozi bayoboye uyu mukino bazize Jenoside yakorewe Abatutsi basanga 60, aba bakaba bibukwa buri mwaka hakinwa iri rushanwa.

APR WVC ni yo yegukanye igikombe mu bagore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + sixteen =

Previous Post

Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

Next Post

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

by radiotv10
23/03/2026
0

Abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya FIFA Series izatangira muri iki cyumweru, barimo abavandimwe...

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura...

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
23/03/2026
0

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w'umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita...

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

by radiotv10
22/03/2026
0

Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe...

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

IZIHERUKA

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC
AMAHANGA

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

24/03/2026
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

24/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

24/03/2026
Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

24/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.