Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ubu ufungiye iwe mu rugo kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa akurikiranyweho, yavuze ko yigeze gufunganwa na bagenzi be biganaga mu mashuri yisumbuye bitiranyijwe n’abajura.

Inkuru y’ifungwa rya Bamporiki yasakaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’itangazo ryasohowe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko uyu mugabo wari umaze kwirukanwa muri Guverinoma akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.

RIB yatangaje ko Bamporiki afungiye iwe mu rugo akaba ari gukorwaho iperereza kuri ibi byaha byashyizwe mu bidasaza mu mategeko yo mu Rwanda.

Uyu munyapolitiki ukunze kugaruka ku mateka ye arimo n’adashimishije, muri Nyakanga 2021 ubwo yaganiraga na Radio Rwanda, ubwo yagarukaga ku rugendo rwe rwo kuba yarabashije kugera ku rwego rushimishije, yavuze akaga yigeze guhura na ko akisanga afunze.

Yavuze ko atagize amahirwe yo kwiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye kuko ubwo “niga mu wa gatatu baramfunze na bagenzi banjye batanu kubera impamvu zari zihari batwitiranyije n’ibisambo badufungana na byo icyumweru cyose, badufungura Tronc-Commun bayirangije.”

Bamporiki avuga ko icyo gihe bamwe mu bari bafunganywe na we bari bafite ubushobozi bagiye mu mashuri yigenga mu gihe we yabonaga ibyo gukomeza amashuri byanze, agahita agana umujyi wa Kigali.

Yavuze ko icyo gihe yaje aje kureba umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uzwi nka Mibirizi bari barahuriye mu marushanwa y’ubuhanzi.

Ati “Nza kumushaka ngo numve ko nagira ikindi kintu nkora kuko ibyo kwiga byari binaniranye.”

Yavuze ko icyo gihe yageze i Kigali agasanganirwa na Politiki nziza y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi agenda ayisangamo ku buryo yatangiranye ibiceri 300Frw.

Muri iki kiganiro ni bwo yahishuye ko ibintu byose atunze bifite agaciro ka miliyari 1 Frw kandi ko ibi byose abikesha Politiki nziza ya RPF-Inkotanyi yanamugiriye icyizere ikamuha inshingano.

Bamporiki ubu ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa, icyo gihe yavuze ko muri ibi bintu bifite agaciro ka Miliyari 1 Frw, yabibonye mu nzira zitunganye kuko “ugiye gushaka umuntu Bamporiki yahemukiye, yagambaniye, yibye ngo abigereho, byakubera ubushakashatsi watakazamo amafaranga gusa.”

IKIGANIRO YABIVUGIYEMO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Next Post

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.