Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ubu ufungiye iwe mu rugo kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa akurikiranyweho, yavuze ko yigeze gufunganwa na bagenzi be biganaga mu mashuri yisumbuye bitiranyijwe n’abajura.

Inkuru y’ifungwa rya Bamporiki yasakaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’itangazo ryasohowe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko uyu mugabo wari umaze kwirukanwa muri Guverinoma akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.

RIB yatangaje ko Bamporiki afungiye iwe mu rugo akaba ari gukorwaho iperereza kuri ibi byaha byashyizwe mu bidasaza mu mategeko yo mu Rwanda.

Uyu munyapolitiki ukunze kugaruka ku mateka ye arimo n’adashimishije, muri Nyakanga 2021 ubwo yaganiraga na Radio Rwanda, ubwo yagarukaga ku rugendo rwe rwo kuba yarabashije kugera ku rwego rushimishije, yavuze akaga yigeze guhura na ko akisanga afunze.

Yavuze ko atagize amahirwe yo kwiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye kuko ubwo “niga mu wa gatatu baramfunze na bagenzi banjye batanu kubera impamvu zari zihari batwitiranyije n’ibisambo badufungana na byo icyumweru cyose, badufungura Tronc-Commun bayirangije.”

Bamporiki avuga ko icyo gihe bamwe mu bari bafunganywe na we bari bafite ubushobozi bagiye mu mashuri yigenga mu gihe we yabonaga ibyo gukomeza amashuri byanze, agahita agana umujyi wa Kigali.

Yavuze ko icyo gihe yaje aje kureba umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uzwi nka Mibirizi bari barahuriye mu marushanwa y’ubuhanzi.

Ati “Nza kumushaka ngo numve ko nagira ikindi kintu nkora kuko ibyo kwiga byari binaniranye.”

Yavuze ko icyo gihe yageze i Kigali agasanganirwa na Politiki nziza y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi agenda ayisangamo ku buryo yatangiranye ibiceri 300Frw.

Muri iki kiganiro ni bwo yahishuye ko ibintu byose atunze bifite agaciro ka miliyari 1 Frw kandi ko ibi byose abikesha Politiki nziza ya RPF-Inkotanyi yanamugiriye icyizere ikamuha inshingano.

Bamporiki ubu ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa, icyo gihe yavuze ko muri ibi bintu bifite agaciro ka Miliyari 1 Frw, yabibonye mu nzira zitunganye kuko “ugiye gushaka umuntu Bamporiki yahemukiye, yagambaniye, yibye ngo abigereho, byakubera ubushakashatsi watakazamo amafaranga gusa.”

IKIGANIRO YABIVUGIYEMO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + ten =

Previous Post

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Next Post

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.