Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ubu ufungiye iwe mu rugo kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa akurikiranyweho, yavuze ko yigeze gufunganwa na bagenzi be biganaga mu mashuri yisumbuye bitiranyijwe n’abajura.

Inkuru y’ifungwa rya Bamporiki yasakaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, nyuma y’itangazo ryasohowe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko uyu mugabo wari umaze kwirukanwa muri Guverinoma akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.

RIB yatangaje ko Bamporiki afungiye iwe mu rugo akaba ari gukorwaho iperereza kuri ibi byaha byashyizwe mu bidasaza mu mategeko yo mu Rwanda.

Uyu munyapolitiki ukunze kugaruka ku mateka ye arimo n’adashimishije, muri Nyakanga 2021 ubwo yaganiraga na Radio Rwanda, ubwo yagarukaga ku rugendo rwe rwo kuba yarabashije kugera ku rwego rushimishije, yavuze akaga yigeze guhura na ko akisanga afunze.

Yavuze ko atagize amahirwe yo kwiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye kuko ubwo “niga mu wa gatatu baramfunze na bagenzi banjye batanu kubera impamvu zari zihari batwitiranyije n’ibisambo badufungana na byo icyumweru cyose, badufungura Tronc-Commun bayirangije.”

Bamporiki avuga ko icyo gihe bamwe mu bari bafunganywe na we bari bafite ubushobozi bagiye mu mashuri yigenga mu gihe we yabonaga ibyo gukomeza amashuri byanze, agahita agana umujyi wa Kigali.

Yavuze ko icyo gihe yaje aje kureba umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uzwi nka Mibirizi bari barahuriye mu marushanwa y’ubuhanzi.

Ati “Nza kumushaka ngo numve ko nagira ikindi kintu nkora kuko ibyo kwiga byari binaniranye.”

Yavuze ko icyo gihe yageze i Kigali agasanganirwa na Politiki nziza y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi agenda ayisangamo ku buryo yatangiranye ibiceri 300Frw.

Muri iki kiganiro ni bwo yahishuye ko ibintu byose atunze bifite agaciro ka miliyari 1 Frw kandi ko ibi byose abikesha Politiki nziza ya RPF-Inkotanyi yanamugiriye icyizere ikamuha inshingano.

Bamporiki ubu ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa, icyo gihe yavuze ko muri ibi bintu bifite agaciro ka Miliyari 1 Frw, yabibonye mu nzira zitunganye kuko “ugiye gushaka umuntu Bamporiki yahemukiye, yagambaniye, yibye ngo abigereho, byakubera ubushakashatsi watakazamo amafaranga gusa.”

IKIGANIRO YABIVUGIYEMO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Next Post

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.