Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda, ari ukwiganirira, kuko na we azi neza ko ari nko kwirahuriraho umuriro. Ati “wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?”

Hon. Evode Uwizeyimana yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda, cyagarukaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha bumaze igihe buha Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda kandi, girutse gushinja Ingabo z’u Rwanda ngo kurasa ku butaka bwacyo, ibirego byamaganiwe kure n’u Rwanda.

Mu bihe binyuranye kandi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yavuze ko yifuza gutera u Rwanda, aho hari n’ubwo yabivugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro yagiranye na BBC muri Werurwe uyu mwaka, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Turabizi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rubicishije mu mutwe wa RED-Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Hon. Evode Uwizeyimana, muri iki kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko ibi byagiye bitangazwa na Ndayishimiye, byabaga ari ukwiganirira, kuko abizi ko bitashoboka.

Ati “Ngira ngo ni ukwiganirira […] wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco? [yabazaga umunyamakuru]. Nigeze kubwira abantu ko wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe. Icyo ni ikinyarwanda, ikindi kinyarwanda kiravuga ngo ‘Impfizi y’intamenya irigata ubugi bw’intorezo’ icyo na cyo ni Ikinyarwanda. Ubwo ufite icyo agomba gukura mu byo mvuze ubwo yagitwaye.”

Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko ibirego byongeye kuzamurwa n’u Burundi, ari ukwikura mu isoni z’ikimwaro cyo kuba abasirikare babwo bakubiswe inshuro na AFC/M23 mu bufatanye bwa kiriya Gihugu n’ingabo za DRC.

Avuga kandi ko u Burundi bwahombye byinshi kuba Uvira iherutse gufatwa n’Ihuriro AFC/M23, uretse kuba ingabo zabwo zarahatsindiwe, ariko no kuba uyu Mujyi ubu ugenzurwa n’uwo bwita umwanzi, bibushyira mu kangaratete.

Atanga urugero rwo kuba uyu Mujyi wari ufatiye runini u Burundi, kuko ari inzira bwakoreshaga, yaba mu bufasha buha FARDC, ndetse no mu buhahirane.

Ati “Ikigaragara ni uko, ubuhahirane, imibereho y’abaturage batuye Bujumbura uko bahahirana n’aba Uvira, njye ntekereza yuko uriya mujyi uvuze ikintu kinini ku Burundi.”

Nanone kandi hari ingabo zasigaye mu misozi miremire yo muri Kivu y’Epfo, ubu zigoswe na AFC/M23 ku buryo kubona inzira izicyura bigoye, kuko byasaba kugirana ibiganiro n’iri Huriro.

Ati “Navuga nti ‘uyu munsi, u Burundi bufite umuturanyi [iwabo bayita umubanyi] mushya kandi badakunda’ ni umubanyi wahageze ku gatuza batabishaka kuko baramurwanyije birabananira, arabatsinda arabirukana.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + one =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Next Post

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Related Posts

Healthy work habits you should start every Monday

Healthy work habits you should start every Monday

by radiotv10
15/12/2025
0

Mondays set the tone for the entire workweek. For professionals juggling deadlines, meetings, and long hours at a desk, how...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Healthy work habits you should start every Monday
IMIBEREHO MYIZA

Healthy work habits you should start every Monday

by radiotv10
15/12/2025
0

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Healthy work habits you should start every Monday

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.