Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

radiotv10by radiotv10
10/07/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare yafashe uwitwa Rurangirwa Claver w’imyaka 30, afite amabaro 10 y’imyenda ya caguwa yinjije mu Rwanda ayikuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda anyuze mu nzira zitemewe (Panya) mu buryo bwa magendu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko Rurangirwa yafashwe ubwo yari amaze kwinjiza mu gihugu amabaro y’imyenda, abaturage bamubona ari kuyapakira kuri moto, bahita bahamagara Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare.

Ati: “Polisi yahamagawe n’abaturage bavuga ko Rurangirwa yinjije mu gihugu amabaro y’imyenda ya caguwa kandi ayikuye muri Uganda, abapolisi bahise bakora ibikorwa byo kumufata bageze iwe bahasanga amabaro 10 y’imyenda ya caguwa, ariko abari bayatwaye kuri moto bahise biruka.”

“Rurangirwa akimara gufatwa yatangaje ko aya mabaro atari aye ahubwo ari ay’umuturage witwa Gad, utuye mu Murenge wa Matimba usanzwe acuruza imyenda.

SP Twizeyimana yongeye ko uyu wafashwe nawe asanzwe ari umucuruzi w’imyenda muri Rwimiyaga, kandi abaturage bakunze kuvuga ko yinjiza mu gihugu imyenda ya caguwa ayikuye muri Uganda akoresheje inzira zitemewe.

SP Twizeyimana yaburiye abaturage baturiye imipaka kureka kwinjiza mu gihugu magendu n’ibindi bicuruzwa bitemewe.

Yakomeje avuga ko magendu ari mbi kandi imunga ubukungu bw’igihugu kuko ibicuruzwa biba bitasoze bityo iterambere rikadindira, anibutsa ko inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage zahagurukiye kubafata, kandi ko ubifatiwemo ahanwa bikomeye harimo no gufungwa.

Yasoje ashimira abaturage bose bagira uruhare mu gutanga amakuru atuma abakora ibyaha bafatwa, anabasaba gukomeza gutanga amakuru kandi ku gihe.

Rurangirwa yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Rwimiyaga, ngo hakurikizwe amategeko.

Amabaro y’imyenda yafatanwe yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro (RRA) ishami rya Kagitumba.

Itegeko ry’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari y’Amerika (US$5000).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Next Post

Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.