Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

radiotv10by radiotv10
10/07/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare yafashe uwitwa Rurangirwa Claver w’imyaka 30, afite amabaro 10 y’imyenda ya caguwa yinjije mu Rwanda ayikuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda anyuze mu nzira zitemewe (Panya) mu buryo bwa magendu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko Rurangirwa yafashwe ubwo yari amaze kwinjiza mu gihugu amabaro y’imyenda, abaturage bamubona ari kuyapakira kuri moto, bahita bahamagara Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare.

Ati: “Polisi yahamagawe n’abaturage bavuga ko Rurangirwa yinjije mu gihugu amabaro y’imyenda ya caguwa kandi ayikuye muri Uganda, abapolisi bahise bakora ibikorwa byo kumufata bageze iwe bahasanga amabaro 10 y’imyenda ya caguwa, ariko abari bayatwaye kuri moto bahise biruka.”

“Rurangirwa akimara gufatwa yatangaje ko aya mabaro atari aye ahubwo ari ay’umuturage witwa Gad, utuye mu Murenge wa Matimba usanzwe acuruza imyenda.

SP Twizeyimana yongeye ko uyu wafashwe nawe asanzwe ari umucuruzi w’imyenda muri Rwimiyaga, kandi abaturage bakunze kuvuga ko yinjiza mu gihugu imyenda ya caguwa ayikuye muri Uganda akoresheje inzira zitemewe.

SP Twizeyimana yaburiye abaturage baturiye imipaka kureka kwinjiza mu gihugu magendu n’ibindi bicuruzwa bitemewe.

Yakomeje avuga ko magendu ari mbi kandi imunga ubukungu bw’igihugu kuko ibicuruzwa biba bitasoze bityo iterambere rikadindira, anibutsa ko inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage zahagurukiye kubafata, kandi ko ubifatiwemo ahanwa bikomeye harimo no gufungwa.

Yasoje ashimira abaturage bose bagira uruhare mu gutanga amakuru atuma abakora ibyaha bafatwa, anabasaba gukomeza gutanga amakuru kandi ku gihe.

Rurangirwa yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Rwimiyaga, ngo hakurikizwe amategeko.

Amabaro y’imyenda yafatanwe yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro (RRA) ishami rya Kagitumba.

Itegeko ry’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari y’Amerika (US$5000).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Next Post

Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Perezida wa Sri Lanka yatangaje ko yeguye nyuma yo guterwa iwe n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.