Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA
0
‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abarimu bozamuriwe umushahara, uwa mbere uje wiyongereyeho ayo bemerewe, wabagezeho, ubu akanyamuneza ni kose, umwe ati “ubu noneho si ‘yampe yose’ natwe turabasha kwizigamira.”

Tariki ya 01 Kanama 2022, ni umunsi wasendereje akamwenyu ku mitima y’abarimu bo mu Rwanda ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangazaga ko abigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bazongererwa umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bazongererwa ku kigero cya 40%.

Ni icyemezo cyatangiye kubahirizwa muri uku kwezi kwa Kanama 2022, aho ubu imishahara ya mbere yiyongereyeho iyi nyongera, yamaze kugera kuri ba nyirayo.

Umwarimu uhemberwa A2, yatahanaga amafaranga 57 639 Frw ubu akaba yiyongereho 50 849, ni ukuvuga ko azajya ahembwa 108 488 Frw naho uhemberwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) watahanaga 176 189 Frw akaba yarongereweho 70 195 ubu azajya ahembwa 246 384 Frw.

Bamwe mu barimu bamaze gufata iyi mishahara, babwiye RADIOTV10 ko akanyamuneza ari kose kuko uku kongezwa bari baragusabye kuva cyera.

Umwe yagize ati “Ni ibyishimo byinshi cyane cyane nkatwe abayobozi bari bungirije ubundi baduhembaga nk’abarimu ariko Leta yadutekerejeho hari ikiyongereyeho ku mushahara, ni ibyishimo byinshi, ntabwo ari ‘yampe yose’ ahubwo no kuzigama nkuko twabitojwe.”

Mugenzi we ati “Kuri konti yagezeho, ubu nta mwarimu uhangayikishijwe n’uko umwana azajya mu ishuri ubwo ingengabihe izaba yasohotse.”

Uyu mwarimu usanzwe ari n’umubyeyi, avuga ko aya mafaranga aje mu bihe byiza mu gihe itangira ry’amashuri ryegereje.

Ati “Ubusanzwe twabaga turi abarimu twigisha abana duhawe n’ababyeyi ariko mwarimu akaba ahangayikishijwe nuko uwe ashobora kutajya ku ishuri kubera kubura ubushobozi, ubu rero icyo kibazo cyavuyeho ntabwo tugihangayitse.”

Aba barimu bavuga ko bagiye no kurushaho kwiteza imbere kuko kuba umushahara wiyongereye, bizanatuma n’inguzanyo bakaga muri banki yiyongera.

Umwe ati “Niba nahembwaga nk’ibihumbi 100 ku mushahara wanjye hakaba hiyongereyeho andi ibihumbi 107, birumvikana ko ubwo nzaba ngiye gufata inguzanyo ku mushahara, bizatuma mpabwa amafaranga yiyongereye amfasha gukora umushinga runaka.”

Bavuga kandi ko ibyishimo byabo bitazagarukira kuri uyu mushahara utubutse gusa ahubwo ko bazanarushaho gukora akazi neza.

Undi ati “Dushimira nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko yumvise icyifuzo cyacu, icyo tugiye gukora tubimwereka, tugiye kongera umusaruro, ni ukuvuga ngo rya reme ry’uburezi tugiye kurisigasira.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine ubwo yavugaga kuri iri zamuka ry’umushahara, yavuze ko abarimu bakwiye kumva ko uko bongerewe umushahara na bo bakwiye kuzamura ibyo batangaga ndetse ko n’igenzura bakorerwaga rigiye kwiyongera.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Impuguke yagaragaje umusaruro w’uruzinduko rwa Blinken mu by’u Rwanda na DRCongo

Next Post

DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

Related Posts

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

IZIHERUKA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.