Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango, yafashe icyemezo cyo gusiga umugore we, amusigira ibaruwa y’ibirego bitandukanye byatumye afata iki cyemezo birimo kuba atakimusasira ntanamuraze ndetse ngo ntanamuvugishe.

Uyu mugabo witwa Kubwimana Jean wo mu Mudugudu wa Muhororo mu Kagari ka Remera, yafashe iki cyemezo cyo gusiga umugore we mu rugo rwabo ngo nyuma yo kuremererwa n’ibyo amukorera.

Muri iyi baruwa itangira uyu mugabo avuga ko “umugore yananiye ngo yabonye musaza we”, ubwo yagaruka ku cyatumye amuta, yagize ati “Umuntu ntandaza, umuntu ntajya ansasira, umuntu ntituvugana.”

Yakomeje agira ati “None ndananiwe mpisemo kumuha ububasha bwo kubana n’abo ashaka.”

Rurangirwa Alexis uyobora Akagari ka Remera yemeje ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwamenye aya makuru, ndetse bukabyinjiramo bukaza gusanga aba basanzwe bafitanye amakimbirane.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mugabo n’umugore we “bari bamaze iminsi ibiri batarana nk’umugore n’umugabo.”

Gitifu Rurangirwa uvuga ko uyu mugabo bahise bajya kumushakisha bakamusanga mu kandi Kagari, yavuze ko aya makimbira yo muri uyu muryango ashingiye ku businzi bw’uyu mugabo kuko asanzwe anywa inzoga agasinda bikabije.

Uyu mugabo basanze mu kandi Kagari bakamusubiza mu rugo, yabonetse nyuma yuko umugore we yiyambaje inzego azibwira ko umugabo we yabuze kuko ubwo yamaraga kwandika ruriya rwandiko yahise akizwa n’amaguru akabura.

Abaturanyi b’uyu muryango kandi bavuga ko kubera ubusinzi bw’uyu mugabo, hari n’impungenge ko ashobora kuzafata icyemezo gikomeye akaba yaniyambura ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro

Next Post

Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n’Umuyobozi wabo

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n’Umuyobozi wabo

Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n'Umuyobozi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.