Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yongeye gufata ku Ibendera: Undi mugisha wasekeye umuto muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Yongeye gufata ku Ibendera: Undi mugisha wasekeye umuto muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Yvan Butera uherutse gufata ku ibendera ry’u Rwanda arahirira kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, hatarashira ukwezi yongeye kurifataho imbere y’umuyobozi w’Umurenge, arahirira kubana mu buryo bw’amategeko n’umukunzi we.

Tariki 30 Ugushyingo 2022, Dr Yvan Butera yarahiriye inshingano yari yashyizwemo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aho yamugize Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima.

Hatarashira ukwezi arahiriye kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda, uyu muyobozi ukiri muto yanarahiriye kuzabana uko we n’umukunzi we Diana Kamili babyiyemeje nyuma yo kumva icyo amategeko asaba abashyingiranywe.

Dr Butera n’umukunzi we basezeranye

Uyu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko hagati ya Dr Yvan Butera na Diana Kamili, wabereye mu Biro by’Umujyi wa Kigali, uyoborwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge.

Dr Yvan Butera ubu ni we muto muri Guverinoma y’u Rwanda dore ko afite imyaka 32 gusa, ubwo yari amaze kurahirira izi nshingano, umukunzi we Diana Kamili ubu wamaze kuba umugore we mu buryo bw’amategeko, yamugaragarije urwo amukunda ndetse amwifuriza ishya n’ihirwe.

Diana Kamili wifashishije ifoto ya Dr Butera ubwo yarahiraga, yagize ati “Birenze kuba untera ishema Dr Yvan Butera.” Arangije ashyiraho akarangabyiyumvira k’umutima gasobanura urukundo.

Biteganyijwe ko indi mihango yo gushyingiranwa hagati ya Dr Butera na Diana Kamili izaba mu minsi micye iri imbere.

Yari aherutse kurahirira kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + thirteen =

Previous Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Next Post

Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

Related Posts

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

IZIHERUKA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije
MU RWANDA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

by radiotv10
16/01/2026
0

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ahavuye urufunguzo rwabafashije kwemera icyaha n’icyo byabafashije

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.