Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in MU RWANDA
0
Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubitira umuntu mu muhanda mu Mujyi wa Kigali, bakatiwe igifungo cy’imyaka 11 n’amezi 6.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza rwaregwamo abantu bane, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera bakatiwe gufungwa imyaka 11 n’amezi atandatu, bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bari gukubitira umugabo mu muhanda agasa nk’uhwereye.

Enoch Aaron wakibiswe n’aba bantu usanzwe ari umuyobozi wa Neptunez Band, ubwo yashyiraga aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga mu ntangiro z’ukwezi gushize, yabazaga RIB ikibura ngo aba bantu bamuhemukiye babiryozwe.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera kandi bahamijwe icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kubera imodoka y’uyu Enoch bangije.

Uretse iki gihano cyo gufungwa bakatiwe, aba bombi basabwe gutanga indishyi ya Miliyoni 1,5 Frw kubera ubumuga bateye uwo bakubise ndetse n’ibihumbi 500 Frw yishyuye umunyamategeko wamuburaniye ndetse n’andi ibihumbi 500 Frw yakoresheje mu bikorwa byo kwivuza.

Muri uru rubanza kandi haregwagamo Uwera Kevine na Mutabazi Robert bo baregwaga gukoresha ibiyobyabwenge ndetse bakaba babihamiwe n’Urukiko rwabakatiye gufungwa umwaka umwe.

Kuri uyu Kevine we yasubikiwe amezi icyenda kuko yagaragarije urukiko ko atwite.

Mu iburanisha, umwe muri aba basore, ari we Nkuranga Alex Karemera yaburanye yemera bimwe mu byaha nko gukubita ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge, anabwira Urukiko ko yasabye imbaazi Enoch wakubiswe.

Mugenzi we witwa Gatera we yahakanye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ngo kuko nta kimenyetso kibyerekana, gusa akemera icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa Enoch cyabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali ubwo aba basore bahuraga n’uyu mushoramari, bakamuhohotera basinze ndetse amakuru yaje kumenyekana ko batari basanzwe baziranye cyangwa hari ikindi bapfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

Next Post

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.