Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye icyateye umuherwe wa mbere ku Isi kuba ahagaritse ibyo kugura Twitter

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye icyateye umuherwe wa mbere ku Isi kuba ahagaritse ibyo kugura Twitter
Share on FacebookShare on Twitter

Elon Musk uyoboye urutonde rw’abakire ba mbere ku Isi, yabaye ahagaritse kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter kuri Miliyari 44 USD bitewe n’imbogamizi yagaragaje.

Elon Musk yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, ko yabaye ahagaritse uyu mugambi kugira ngo abanze amenye umubare wa konti mpimbano [Fake accounts] za Twitter.

Uyu munyemari wari uherutse kwemererwa kugura uru rubuga nkoranyambaga, aherutse gutangaza ko yifuza gukuraho burundu ibibazo byakunze kuvugwa kuri Twitter bibangamira abakoresha uru rubuga mu buryo bwa nyabwo.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Elon Musk yavuze ko raporp y’igihembwe yatanzwe n’ubuyobozi bwa Twitter, abakoresha uru rubuga nkoranyambaga mu buryo bwihishe babarirwa muri 5%, igaragaza ibitari ukuri kuko bishobora kuba byaratekinitswe.

Yavuze ko uyu mubare w’izi konti ari muto ku buryo umuntu atakwizera ingano y’izi konti.

Yagize ati “Umugambi wo kugura Twitter ubaye uhagaritswe mu gihe hagitegerejwe ikigaragaza ko izo konti zibarirwa munsi ya 5%.”

Kugeza ubu ntibiramenyekana niba iki kibazo gishobora kuburizamo uyu mugambi wari uherutse kwemeranywaho n’impande zombi.

Uyu munyemari wakunze kuvuga ko amahirwe y’ishoramari ari kuri Twitter atabyazwa umusaruro uko bikwiye, yari aherutse gushyira umukono ku masezerano y’ibanze yo kugura uru rubuga nkoranyambaga kuri miliyari 44 USD.

Elon Musk wavuze ko mu byo azakora harimo kuzakuraho konti z’abantu bo mu bwihisho (fake accounts), yari aherutse no gutangaza azakuriraho ibihano Donald Trump yari yarafatiwe n’uru rubuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yongeye koherereza ubutumwa Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Next Post

U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.