Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye icyateye umuherwe wa mbere ku Isi kuba ahagaritse ibyo kugura Twitter

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye icyateye umuherwe wa mbere ku Isi kuba ahagaritse ibyo kugura Twitter
Share on FacebookShare on Twitter

Elon Musk uyoboye urutonde rw’abakire ba mbere ku Isi, yabaye ahagaritse kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter kuri Miliyari 44 USD bitewe n’imbogamizi yagaragaje.

Elon Musk yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, ko yabaye ahagaritse uyu mugambi kugira ngo abanze amenye umubare wa konti mpimbano [Fake accounts] za Twitter.

Uyu munyemari wari uherutse kwemererwa kugura uru rubuga nkoranyambaga, aherutse gutangaza ko yifuza gukuraho burundu ibibazo byakunze kuvugwa kuri Twitter bibangamira abakoresha uru rubuga mu buryo bwa nyabwo.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Elon Musk yavuze ko raporp y’igihembwe yatanzwe n’ubuyobozi bwa Twitter, abakoresha uru rubuga nkoranyambaga mu buryo bwihishe babarirwa muri 5%, igaragaza ibitari ukuri kuko bishobora kuba byaratekinitswe.

Yavuze ko uyu mubare w’izi konti ari muto ku buryo umuntu atakwizera ingano y’izi konti.

Yagize ati “Umugambi wo kugura Twitter ubaye uhagaritswe mu gihe hagitegerejwe ikigaragaza ko izo konti zibarirwa munsi ya 5%.”

Kugeza ubu ntibiramenyekana niba iki kibazo gishobora kuburizamo uyu mugambi wari uherutse kwemeranywaho n’impande zombi.

Uyu munyemari wakunze kuvuga ko amahirwe y’ishoramari ari kuri Twitter atabyazwa umusaruro uko bikwiye, yari aherutse gushyira umukono ku masezerano y’ibanze yo kugura uru rubuga nkoranyambaga kuri miliyari 44 USD.

Elon Musk wavuze ko mu byo azakora harimo kuzakuraho konti z’abantu bo mu bwihisho (fake accounts), yari aherutse no gutangaza azakuriraho ibihano Donald Trump yari yarafatiwe n’uru rubuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 17 =

Previous Post

Perezida Kagame yongeye koherereza ubutumwa Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Next Post

U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

U Buholandi bwafashe uwari Majoro muri FAR ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.