Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike

radiotv10by radiotv10
03/09/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Gareth Southgate na Jérôme Boateng baravutse, 1938 nibwo Abayapani bambuwe imikino Olempike
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka adufasha kumenya aho tuva, kugira ngo tumenye uko dutegura ejo hazaza, muri iyi nkuru tugaruka ku bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi

Tumenye uyu munsi:

Uyu munsi ni kuwa Gatanu w’itariki ya 03 Nzeri 2021, ni umunsi wa 246 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 119 ngo umwaka urangire, Turi kuwa Gatanu wa 36 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 36 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Gareth Southgate (1970)

Gareth Southgate salutes 'special night' for England but hero Kane warns:  We've won nothing yet | Blackpool Gazette

Yujuje imyaka 51,umwongereza utoza ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Southgate nk’umukinnyI Yanyuze mu makipe nka Aston Villa, Middlesbrough na Crstal Palace yari abereye captain batwara igikombe cya shampiyona y’1993–94

Ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino 57 ayitsindira ibitego bibiri.

2.Jérôme Boateng (1988)

Bayern Munich: AS Roma emerges option for Jerome Boateng

Yujuje imyaka 33, myugariro w’umudage ukinira ya Lyon yo mubufaransa yagiyemo uyu mwaka avuye muri Bayern München n’ikipe y’igihugu y’u Budage.

Mbere yo kugera muri Bayern München Yanyuze mu makipe nka Hertha Berlin, Hamburg SV na Manchester city.

Mu ikipe y’igihugu y’u Budage amaze kuyikinira imikino 76 ayitsindira igitego kimwe, yatwaranye nayo igikombe cy’isi cya 2014.

3.Júlio César (1979)

Júlio César - Best Saves - World Cup 2014 HD - YouTube

Yujuje imyaka 42, umunyezamu w’umunya-Brazil wahoze akinira Inter Milan n’ikipe y’igihugu ya Brazil

César yanyuze mu makipe nka Flamengo, Chievo, Queens Park Rangers, Toronto FC, Flamengo, Benfica na Inter Milan yakiniye imyaka irindwi agatwarana nayo ibikombe bitanu bya shampiyona y’u Butataliyani, UEFA Champions League imwe n’igikombe cy’isi cy’ama clubs.

Mu ikipe y’igihugu ya Brazil yayikiniye imikino 87,yatwaranye nayo ibikombe bibiri mpuzamigabane (2009 & 2013) na copa América yabereye muri Perú muri 2004.

4.Gérard Houllier(1947)

Former Liverpool FC Manager, Gerard Houllier Is Dead - Routine Blast

Yujuje imyaka 73, umufaransa wakiniye  akanatoza amakipe atandukanye.

Nk’umukinnyi yakiniye amakipe nka Paris Saint-Germain, Lens na Liverpool yaranye nayo ibikombe bitandukanye birimo FA Cup, League Cup, UEFA Cup na UEFA Super Cup ya 2001

Nk’umutoza yatoje amakipe nka Olympique Lyonnais yahawe ibikombe bibiri bya shampiyona ayisezeramo kuya 25 Gicurasi 2007,yanatoje Aston Villa muri 2010, uyu mugabo yanatoje ikipe y’igihugu y’u Bufaransa akaba yari umwe mu batoza bari bungirije Aimé Jacquet batwara igikombe cy’isi cy’1998.

Guhera muri Nyakanga 2012,Houllier yagizwe uhagarariye umupira w’amaguru  muri Redbull, areberera amakipe nka Redbull Salzburg yo muri Autriche, Leipzig yo mu Budage na New York Redbull yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

5.Dominic Thiem (1993)

From Williams sisters to Dominic Thiem: Tennis stars who have withdrawn  from US Open, Sports News | wionews.com

Yujuje imyaka 28,umukinnyi wa Tennis w’umunya-Autriche, wageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya French Open rya 2018.

Ni ibihe bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi?

1881: Bwa mbere hakinwa irushanwa rya Tennis rikinirwa muri Amerika (US open), ryatwawe na Richard Sears  atsinze William E. Glyn amaseti 3-0 (6-0, 6-3, 6-2)

1904: Mu mikino Olempike, nibwo bwonyine mu mateka, abantu babiri banganyije mu gutera ingasire, bisaba ko basubiramo, maze Martin Sheridan atsinda Ralph Rose bari babanje kunganya.

1938 : umujyi wa Tokyo wambuwe kwakira imikino Olempike y’1940, ihabwa umujyi wa Helsinki wo muri Finland, kubera intambara yahuzaga u Buyapani n’u Bushinwa, Helsinki nayo byarangiye itakiriye iyi mikino kuko nayo yahagaritswe n’intambara ya kabiri y’isi yose.

2005: Ikipe y’igihugu ya Nouvelle Zélande y’umukino wa Rugby yegukanye igikombe cya gatandatu cyayo  cya Tri-Nations itsinze Australia amanota 34-24.

2008: Ikipe y’umujyi wa Oklahoma y’umukino wa Basketball, yemejeko izafata akazina ka “Thunder” (inkuba) bagendeye ku mvura nyinshi irangwa muri kariya gace niko kwitwa Oklahoma City Thunder.

Oklahoma City Thunder: The Best Talent Grooming Franchise That Consistently  Loses Superstars - Fadeaway World

2011: Nyuma yo gukurwamo muri metero 100,umunya-Jamaica Usain Bolt yegukanye umudali wa zahabu mu kwirukanka metero 200, mu mikini y’isi yabereye muri Koreya y’epfo.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Next Post

AFROBASKET2021: Imikino ya ½ cy’irangiza irakinwa kuri uyu wa gatandatu, Tunisia ibitse igikokombe izahura na Cape Verde

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET2021: Imikino ya ½ cy’irangiza irakinwa kuri uyu wa gatandatu, Tunisia ibitse igikokombe izahura na Cape Verde

AFROBASKET2021: Imikino ya ½ cy’irangiza irakinwa kuri uyu wa gatandatu, Tunisia ibitse igikokombe izahura na Cape Verde

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.