Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
01/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Niyomugabo, George Weah na Greenwood baravutse…USA yatwaye umudali wa Zahabu..ibyaranze uyu munsi mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa Gatanu  w’itariki ya 1 Ukwakira 2021, ni umunsi wa 274 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 91 ngo umwaka urangire, Turi ku wa Gatanu wa 40 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 40 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Niyomugabo Sunny  (1990):

Sunny yagizwe umutoza wungirije wa Patriots | IMVANO

Yujuje imyaka 31, umunyarwanda ukina umukino w’intoki wa basketball muri Patriots BBC  n’ikipe y’igihugu ubu akaba  afasha ikipe ya Patriots mu mikorere yayo ya buri munsi (management).

Yavukiye i Goma yiga amashuli yisumbuye muri Essa Gisenyi, yanyuze mu makipe nka KBC, APR BBC na Patriots akinira kugeza ubu

Niyomugabo Sunny yatangiranye n’ishingwa rya Patriots BBC (2014), akaza kuyisohokamo yerekeza muri RP-IPRC-Huye BBC muri 2015, yongeye kuyigarukamo mu mwaka wa 2017.

2.George Weah  (1966):

Sportive23 on Twitter: "George Weah, the first and only African player to  win Ballon d'Or, and World player of the year (1995) elected president of  Liberia.… https://t.co/G5IoMXyOKE"

Yujuje imyaka 55,prezida wa Liberia, igihugu giherereye mu burengerazuba bwa Afrika, gusa mbere yo kuba prezida yakinnye umupira w’amaguru akaba ari nawe mu nyafrika umwe rukumbi watwaye Ballon d’or.

George Manneh Oppong Weah yatangiriye  umupira w’amaguru muri Bong Range United y’iwabo muri Liberia, aca mu makipe nka Mighty Barrolle, Invincible Eleven, Africa sports na Tonnerre Yaoundé mbere y’uko mu 1988 agurwa na Arsène Wenger muri As Monaco yo mu Bufaransa, yayivuyemo ajya muri Paris Saint-Germain mu 1992 anatwarana nayo shampiyona y’1994 hanyuma aba uwatsinze ibitego byinshi muri Champions League y’1995.

1995 yasinyiye Milan AC, agiramo Ibihe byiza cyane ko mu myaka ine yatwaranye nayo shampiyona ebyiri, mu gusoza urugendo rwe rw’umupira w’amaguru we, yaje muri shampiyona y’u Bwongereza akinira Chelsea na Manchester City, agaruka mu Bufaransa akinira Marseille hanyuma ajya gusoreza umupira muri Al-Jazira muri 2003.

Uyu mugabo yatwaye ibihembo bitandukanye birimo Ballon d’or na Onze d’or yatwaye 1995,yatowe kandi nk’umukinnyI mwiza wa Afrika inshuro eshatu ( 1989, 1994, 1995]

Ikipe y’igihugu yayikiniye imikino 53 ayitsindira ibitego 14,uyu mugabo wakinaga aca ku mpande asatira yahisemo kwinjira muri politiki kuri ubu ni Perezida wa 25 wa Liberia kuva kuya  22 Mutarama 2018.

3.Mason Greenwood ( 2001)

Mason Greenwood - Bio, Net Worth, Married, Dating, Girlfriend, Manchester  United, Forward, Goals, Stats, Transfer, Sister, Salary, Height, Parents -  Gossip Gist

Yujuje imyaka 20, Umwongereza ukina aca ku mpande asatira muri Manchester united no mu makipe mato y’u Bwongereza.

Mason Will John Greenwood umukino we wa mbere muri Manchester yawukinnye muri 2019, muri Europa League bahura na Astana yo muri Kazakhstan, aba umukinnyi ukiri muto utsindiye Manchester united ku myaka ye 17 n’iminsi 353.Kugeza ubu amaze gukinira Manchester United imikino 71 amaze kuyitsindira ibitego 20.

4.Júlio Baptista (1981)

Transfer News: Julio Baptista leaves Bolton Wanderers after trial - Lion Of  Vienna Suite

Yujuje imyaka 40, uwahoze ari Rutahizamu wa Real Madrid n’ikipe y’igihugu ya Brazil.

Júlio César Clemente Baptista  yanyuze mu makipe nka Sao Paulo, Sevilla, Real Madrid, Arsenal, AS Roma, Málaga, Cruzeiro, Orlando city na CFR Cluj

Ikipe y’igihugu ya Brazil yayikiniye imikino 47 ayitsindira ibitego bitanu.

5.Walter Mazzarri ( 1961)

Walter Mazzarri (ITA) :: Photos :: playmakerstats.com

Yujuje imyaka 60, Umutaliyani wahoze akina umupira w’amaguru kuri ubu akaba yari umutoza wa Torino baherutse gutandukana.

Walter Mazzarri yakiniye amakipe nka Pescara, Cagliari, Fiorentina n’ayandi.

Mu butoza yatoje amakipe menshi mato gusa muri 2007 yafashe Sampdoria,abifashijwemo n’ubufatanye mu busatirizi bwa  Antonio Cassano na Giampaolo Pazzini yagejeje ikipe mu mikino ya UEFA Cup umwaka ukuriye ayigeza kuri final ya Copa Italia.

Yaje kwerekeza muri Napoli, ninawe wazanye uburyo bw’imikinire bwa 3-4-3, ikipe ya Napoli ikoresha, abifashijwemo n’inyabutatu ya ba Rutahizamu be Ezequiel Lavezzi, Edinson Cavani na  Marek Hamšík muri 2011 yagejeje Napoli mu mikino ya Champions League bwa mbere, umwaka ukurikiye ayihesha igikombe baherukaga mu myaka 20 akaba yarayihesheje umwanya wa kabiri muri shampiyona umwanya mwiza Napoli yari igize mu myaka 20.

6.Mohamed Trézéguet (1994)

Mohamed Trezeguet reveals who is his idol

Yujuje imyaka 27, umukinnyi wo hagati w’umunya-Misiri ukinira Aston Villa n’ikipe y’igihugu ya Misiri.

Mahmoud Ahmed Ibrahim Hassan, bita Trézéguet izina yahawe n’umutoza we wo mu bwana nyuma yo kubona ko hari byinshi ahuje na David Trézéguet w’umufaransa, uyu musore yazamukiye muri Al Ahly y’iwabo yatangiye gukina mu ikipe nkuru afite imyaka 18 anayifasha kwegukana CAF Champions League ya 2012 n’iya 2013.

Muri 2015 yerekeje muri Anderlecht yo mu Bubiligi ntiyabasha guhita yigaragaza atizwa imyaka ibiri muri Mousclon na Kasimpasa yo muri Turkiya nyuma agurwa na Aston Villa akinira kugeza ubu.

Yatangiye akinira amakipe y’abato ya Misiri, yinjiye mu ikipe nkuru muri 2014 mu mukino wa gicuti bahuragamo na Kenya, kuri ubu amaze gukinira Misiri imikino 48 yayitsindiye ibitego birindwi

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

1994 Bud Houser:  Umunyamerika wakinaga imikino ngororamubiri, uyu yamamaye mu mikino Olempike cyane ko mu 1924, yatwaye umudali wa zahabu mu kujugunya ingasire no gutera intosho, hanyuma mu 1928 yegukana umudali wa zahabu Olempike mu kujugunya ingasire, yitabye Imana afite imyaka 93.

American discus-thrower Bud Houser, 1928. Creator

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1661: hatangiye umukino wo gusiganwa mu mato, mu Bwongereza umwami Charles wa kabiri yatsinze murumuna we James, mu isiganwa ryavaga  Greenwich rijya  Gravesend.

1889: HFC Harlem, ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Buholandi yarashinzwe, iyi kipe yegukanye shampiyona mu 1946, muri 2010 igira ibibazo by’ubukungu, ihitamo kwihuza na HFC Kennemerland, birangira ihindutseclub Haarlem Kennemerland.

1975: Mohamed Ali yisubije ikamba ry’uhiga abandi mu iteramakofe ry’abafite ibiro byinshi akubise Joe Frazier bisabye uduce 14, umurwano wabereye mu gace ka  Quezon, i Manila mu cyo bari bise “The Thrilla in Manila”

Donegal boxer recalls being on same bill as Ali at Croke Park - Highland  Radio - Latest Donegal News and Sport

1977: Imbere y’abafana ibihumbi 75, bari kuri Giants Stadium, umunya-Brazil Edison Arantes Donascimento “Pelé” yakinnye umukino we wa nyuma muri New York Cosmos, uyu mugabo bivugwa ko yatsinze ibitego 1,281 mu mikino 1,363.

The trilogy of a king: Pelé in the Camp Nou

1988: Umudagekazi Steffi Graf Yegukanye umudali wa zahabu Olempike muri Tennis atsinze Gabriela Sabatini amutsinze amaseti 2-0.

1988: Igitego cyo mu minota 30′ y’inyongera cya  Yuri Savichev cyafasjij I Leta zunze ubumwe z’abasoviyete kwegukana Umudali wa zahabu Olempike mu mupira w’amaguru butsinze Brazil ibitego 2.

2000: Ubwo hasozwaga imikino Olempike ya 27 yabereye mu mujyi wa Sydney muri Australia, Juan Antonio Samaranch wari Prezida wa komite mpuzamahanga Olempike yavuze ko iyo ariyo mikino Olempike myiza ibayeho.

2000: Mu mikino Olempike yabereye i Sydney muri Australia, Leta zunze ubumwe za Amerika zasaruye imidali 97 harimo 40 ya zahabu.

2000: Mu mikino Olempike yabereye i Sydney, batatu ba mbere mu kwirukanka Marathon baje ari abanyafurika gusa, umunya-Ethiopia Gezahegne Abera yaje ku mwanya wa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 10′ n’amasegonda 11″ (2:10:11), akurikirwa n’umunya Kenya Erick Wainaina, mwenewabo w’umunya-Ethiopia aza ku mwanya wa Gatatu.

Photos - Athletisme - abera gezahegne - SportQuick

2000 : Ikipe y’igihugu ya Leta zunze ubumwe za Amerika y’umukino wa Basketball yegukanye umudali wa zahabu Olempike itsinze u Bufaransa amanota 85-75, Ray Allen na Vince Carter buri umwe yatsinze amanota 13.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

GMO irasaba abikorera kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

Next Post

Polisi y’u Rwanda ifatanyije na RIB berekanye abantu 13 bafashwe bategura ibitero mu mujyi wa Kigali

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda ifatanyije na RIB berekanye abantu 13 bafashwe bategura ibitero mu mujyi wa Kigali

Polisi y’u Rwanda ifatanyije na RIB berekanye abantu 13 bafashwe bategura ibitero mu mujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.