Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi mu Rwanda ariko bitanu nibyo bigaragaza ubushobozi

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
Ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi mu Rwanda ariko bitanu nibyo bigaragaza ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rutangaza ko hari ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi ariko ko bitanu ari byo byagaragaje ko bifite imbaraga mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Muri Kamena 2021 hasohotse Iteka rya Minisitiri No 003/MoH/2021 ryo ku wa 25/06/2021 ryerekeye ihingwa n’itunganywa ry’urumogi n’ibikomoka ku rumogi.

Iteka ryerekeye ihingwa ry’urumogi, ryagaragazaga ko abazemererwa guhinga urumogi bagomba kugaragaza uburyo bazajya bacungira umutekano imirima y’urumogi ndetse n’ibindi bisabwa.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko Leta y’u Rwanda yamaze kugena hegitari 134 zizahingwaho urumogi ndetse ko ubwo butaka bwatangiye gutegurwa.

Ubutumwa bw’iki Kigo, bugaragaza ko kompanyi nyinshi zagaragaje ubushake bwo guhinga urumogi, kurutunganya no kurujyana hanze.

Ubu butumwa bukomeza bugaragaza RDB yakomeje gukorana n’abafatanyabikorwa ba Leta  mu kwakira ubwo busabe ariko ko Guverinoma y’u Rwanda yagerageje gutoranya ibiko bifite ubushobozi bwo guhinga urumogi rwo gutunganyamo imiti.

RDB igira iyi “Inyigo yakozwe mu byiciro bitandukanye. Kugeza ubu Kompanyi eshanu ni zo zigeze ku rwego rushimishije.”

Gusa kugeza ubu nta kigo mu Rwanda kirahabwa icyangombwa cyo guhinda, gutunganya cyangwa kohereza urumogi kuko RDB itaragira icyo yemerera.

Amakuru avuga ko ibigo byasabye ubu burenganzira bwo guhinga urumogi mu Rwanda, ari ibyo mu bice binyuranye ku Isi, gusa hakabamo n’ibyo mu Rwanda.

Ubwo Guverinoma y’u Rwanda yemezaga iteka ryo guhinga ibihingwa birimo urumogi byifashishwa mu gutunganya imiti, bamwe mu Banyarwanda ntibahise babyumva kuko iki kiyobyabwenge kiri mu bikomeye, gisanzwe kiri mu bishyirwamo ingufu nyinshi mu kubirwanya.

Guverimoma y’u Rwanda itangaza ko n’ubwo iri teka rihari ariko urumogi rukiko mu biyobyabwenge bikomeye ndetse ko n’imbaraga zo kukirwanya zizakomeza gukazwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 17 =

Previous Post

Kiyovu ikoza imitwe y’intoki ku gikombe yongeye guhana Rayon iyitsinda 2-0 birimo icyaciye incundura

Next Post

Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.