Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in SIPORO
0
Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Emmauel Hafashimana bakundaga kwita Kunde wari usanzwe ari umukunzi wa siporo by’umwihariko Football, witabye Imana, urupfu rwe rwababaje benshi barimo abakunzi b’ikipe ya Arsenal yari asanzwe afana.

Urupfu rwa Dr. Emmauel Hafashimana rwamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 ubwo bamwe mu bakunzi ba Siporo bavugaga ko yitabye Imana.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukora ibiganiro bya Siporo, uri mu babanje kuvuga iby’urupfu rwa Dr Hafashimana, mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ababaye cyane.

Yagize ati “Mbega inkuru Mbi…Wari IMFURA wari umuntu ukunda abantu, wari uzi ubwenge kandi ukatugira inama kenshi. Wakunze Sports uranayitangira Dr. ruhukira mu mahuro nshuti yanjye.”

Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa Rwanda Arsenal Fan Club (RAFC), na bo batangaje ko babajwe n’urupfu rw’umunyamuryango wabo Dr. Emmauel Hafashimana.

Aba bakunzi b’ikipe ya Arsenal yo mu bwongereza ariko baba mu Rwanda, babinyujije kuri Twitter banditse bati “Tubabajwe no kubamenyesha ko inshuti yacu umunyamurwango, umubyeyi akaba ni umwarimu Dr. Emmauel Hashimana (Kunde) yitabye Imana kuri uyu wa mbere. Azahora mu mitima yacu.”

Dr Emmanuel yari asanzwe ari umufana wa Arsenal

Dr. Emmauel Hafashimana wari usanzwe ari umunyamuryango w’abakunzi ba Arsenal, yabaye umwarimu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, nyuma ajya kwiga mu Bububiligi aho yaje kuva aba umuyobozi ushinzwe imari n’abakozi muri Kaminuza ya INATEK aho yagiye agaragara mu bikorwa byinshi byo gukunda umupura birimo gushyigikira ikipe ya INATEK.

Mu kiganiro yagiranye na TV10 muri 2018, Dr. Emmauel Hafashimana alias Kunde yavuze ko uretse kuba ari umukunzi wa Football, yanawukinnye yewe akanakina mu cyiciro cya mbere ndetse ko ari na ho yakuye akazina ka Kunde wari umukinnyi ukomeye wa Cameroon mu myaka y’ 1980.

Imana iguhe iruhuko ridashira Dr Wangu Kunde Emmanuel..

Imana yagukunze kuturusha ikwakire, Twizera ko Tuzongera guhura! Umuryango mwihangane. pic.twitter.com/GvsZY1YmIj

— IMFURAYACU Jean Luc (@imfuraluc01) April 4, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500
MU RWANDA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

How to Choose What Matters Most in Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.