Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in MU RWANDA
0
I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu,haraturuka inkuru ibabaje y’abana babiri barimo uw’imyaka itanu n’undi w’itandatu bamaze kumenyekana ko bishwe n’inkangu y’umusozi watengutse ukabagwira.

Uyu musozi wa Huye uherereye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka watengutse usanga hari abana bari kuvoma ku iriba riri munsi yawo.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze butangaza ko hamaze kumenyekana ko abana babiri bishwe n’iyi nkangu, barimo umwe w’umukobwa w’imyaka itanu (5) n’undi w’umuhungu w’imyaka itandatu (6).

Kagina Diogene usanzwe ari umukozi ushinzwe ubuhinzi uri kuyobora by’agateganyo Umurenge wa Nyundo, yavuze ko bikekwa ko iyi nkangu yahitanye abandi bana babiri bivugwa n’ababyeyi babo ko bashobora kuba bahitanywe n’iyi nkangu.

Uyu muyobozi avuga ko iyi nkangu yari ifite uburemere kuko itaka ryamanutse ryageze ahangana na Metero ziri hagati ya 300 na 500.

Ati “Kandi noneho igiteye inkeke ni uko byagiye bisimbuka [ibitaka] tunakeka ko byabasimbukiye noneho bikabatabamo.”

Uyu mukozi usanzwe ashinzwe iby’ubuhinzi avuga ko iyi nkangu yabaye nta mvura yaherukaga kugwa muri aka gace.

Ati “Umurenge wa Nyundo ufite ubutaka bw’inombe ariko bufite amazi cyane. Nta mvura yaraye iguye, yaherukaga kugwa mu minsi ibiri ishize ariko turakeka ko ubutaka bwamaze gusoma noneho n’aho hantu hatengutse bigaragara ko ubutaka buri ku rutare bikaba ari byo bayeteye kuba bugenda bwimuka mu buryo bworoshye.”

Avuga ko inzego zinyuranye zirimo iz’umutekano batangiye gukorana kugira ngo hakomeze gushakishwa n’abandi bana bikekwa ko bagwiriye n’uyu musozi.

Ni inkangu ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Mageragere: Ababyariye muri Gereza bahembwa nk’abandi babyeyi bose n’igikoma kikabageraho

Next Post

Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.