Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Kuba mpagaze aha ni gihamya ko mu Ijuru hari Imana.”

Perezida William Ruto warahiriye kuyobora Kenya, yavuze ko kuba yarakuriye mu buzima buciriritse akaba ageze kuri uru rwego rwo kuyobora Igihugu, bigaragaza imbaraga z’Imana ndetse n’icyizere cyuko ntacyo umuntu atageraho agiharaniye.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo yari amaze kurahirira kuyobora Kenya mu muhango witabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo abo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida William Ruto yatangiye ashimira Abanyakenya ku cyizere bamugiriye bakamutorera kubayobora muri manda y’imyaka itanu.

Ati “Uyu munsi, ni umunsi utagereranywa. Mu buntu bw’Imana turashyize tubigezeho. Munyemerere mvuge ko guhagarara aha uyu munsi, ni gihamya ko hari Imana mu Ijuru ikindi kandi uyu munsi ndagira ngo nshimire Imana kuko umuhungu w’umunyacyaro yamaze kuba Perezida wa Kenya.”

William Ruto wakuriye mu buzima bushaririye, usanzwe ari n’umukristu ukomeye, yaboneyeho gushimira umuryango we kuba waramusengeye we ndetse n’abo bafatanyije muri ibi bikorwa byo kurahira.

Yavuze kandi ko ashimira buri wese wamubaye inyuma muri ibi bihe byose ati “Benshi banyuze mu bihe bigoye kuko bemeye kugendana nanjye, ndashaka kubabwira ngo mwarakoze cyane.”

Yaboneyeho kandi gushimira abakuru b’Ibihugu bo muri aka karere baje kwifatanya n’Abanyakenya muri uyu muhango w’irahira rye.

Perezida Paul Kagame witabiriye irahira rya William Ruto, nyuma y’uyu muhango, yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yishimiye kwifatanya n’Abanyakenya muri ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda waraye anabonanye na William Ruto ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yari ageze i Nairobi, yagize ati “Ni iby’agacuro kwifatanya n’Abanyakenya n’abandi bayobozi mu birori by’irahira n’ihererekanya-butegetsi by’Umuvandimwe wanjye William Ruto ndetse n’uwo asimbuye Perezida Uhuru Kenyatta.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe ashimira aba bayobozi bombi ndetse n’Abanyakenya ku bwo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, aboneraho kwizeza ko Ibihugu byombi bizarushaho gutsimbataza umubano usanzwe uri hagati yabyo.

William Ruto yabaye Perezida wa Kenya
Yahererekanyije ububasha na Uhuru Kenyatta
Perezida Kagame yari muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Next Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.